Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko hamenyekanye amakuru yatumye hatahurwa ukekwaho gusambanya umwana muto arusha imyaka 52

radiotv10by radiotv10
20/02/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 55 y’amavuko wo mu Murenge wa Karengera mu Karere ka Nyamasheke, ari mu maboko ya RIB nyuma yo gukekwaho gusambanya umwana w’imyaka itatu, bikamenyekana nyuma y’ibyumweru bibiri.

Uyu mugabo wo mu Mudugudu wa Mwiyando mu Kagari ka Gashashi, ubu ufungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kamembe mu Karere ka Rusizi, yafashwe tariki 17 Gashyantare 2025, nyuma yuko hamenyekanye amakuru y’uko uyu mugabo akekwaho gusambanya uyu mwana w’imyaka itatu.

Amakuru yamenyekanye tariki 13 Gashyantare 2025, ubwo umubyeyi w’umwana wasambanyijwe yari ari kumwoza, umwana akamubwira ko ababara cyane, yamubaza icyo yabaye akamubwira ko ari ukubera uwo mugabo akamuvuga izina.

Umwe mu baturanyi b’uyu mubyeyi, yavuze ko ubwo yari amaze kumva ibyo yabwirwaga n’uyu mwana we, yahise agira amakenga.

Ati “Yamujyanye ku Kigo Nderabuzima cya Giheke, bahita bamwohereza kuri Isange One Stop Center mu bbitaro bya Gihundwe, basanga koko umwana yarasambanyijwe, umugabo afatwa ku wa 17 Gashyantare.”

Mukarukundo Therese, umubyeyi w’uyu mwana, yabwiye ikinyamakuru cyitwa Imvaho Nshya ko ubwo umwana we yakorerwaga ishyano, yari yagiye mu isoko kugurisha imyaka, amusigira nyirakuru.

Ati “Uriya mugabo na we yari yaje guhingira nyirakuru w’umwana, akorera amafaranga. Ahingutse ageze mu rugo rw’uriya mukecuru yahingiraga, imvura iragwa, umukecuru amusigira umwana yibwira ko ntakibazo, ajya gucyura ihene yari yaziritse ku gasozi, yanga ko zinyagirwa.”

Uyu mubyeyi avuga ko ubwo uwo mukecuru yari agiye, uyu mugabo yahise abwira umwana ngo amujye hejuru, ariko amubwira ko adakwiye kugira uwo azabibwira.

Ati “Natashye nimugoroba njya kuzana umwana nk’uko bisanzwe, umwana arambwira ngo Eugène yamujombye umusumari mu kibuno, nyoberwa ibyo avuga kuko nta gikomere nabonaga ku kibuno, na Eugène yavugaga natekerezaga uwo mugabo kuko asanzwe aza guhingira mama, sinumva ko yamukorera ibya mfura mbi, ngira ngo ni abana bakinishaga umusumari, ndabyihorera.”

Avuga ko umwana yakomeje kumubwira ko ababara mu gitsina, ntabyiteho ariko tariki 13 Gashyantare yaje kugira amakenga ubwo n’ubundi yamwozaga akamubwira ko ababara mu gitsina, ari bwo yahisemo kugana inzego z’ubuzima kugira ngo barebe ikibazo afite, biza kugaragara ko yasambanyijwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + seven =

Previous Post

Dore akayabo k’amafaranga agiye kwishyurwa abari mu ndege yakoze impanuka idasanzwe

Next Post

Beatha wamamaye mu ndirimbo ‘Azabatsinda Kagame’ yasezeranye mu birori nogerajisho (AMAFOTO)

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Beatha wamamaye mu ndirimbo ‘Azabatsinda Kagame’ yasezeranye mu birori nogerajisho (AMAFOTO)

Beatha wamamaye mu ndirimbo 'Azabatsinda Kagame' yasezeranye mu birori nogerajisho (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.