Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyabihu: Barashinja umuyobozi kubabwira amagambo abakomeretsa abaziza kubaza ibyo bizejwe bakabyimwa

radiotv10by radiotv10
24/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyabihu: Barashinja umuyobozi kubabwira amagambo abakomeretsa abaziza kubaza ibyo bizejwe bakabyimwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu, bavuga ko bashyizwe ku rutonde rw’abazahabwa inkunga yo kunganira imirire y’abana babo, ariko ntibayihabwa, bajya no kubibaza, Umuyobozi Ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage akababwira ko bajya kwishyuza aho batahinze, kandi ko batazajya babyara ngo Leta ibarerere.

Aba babyeyi bafite abana bari munsi y’imyaka ibiri, biganjemo abo mu Kagari ka Kimanzovu, Umurenge wa Shyira, bavuga ko mu bihe bitandukanye bagiye bashyirwa ku rutonde rw’abagore batwite n’abonsa bagenerwa amafaranga yo kubunganira mu ndyo yuzuye ariko ngo bamwe bayabona inshuro imwe, ariko bagakomeza gusohoka ku rutonde, ariko batahawe iyo nkunga.

Umwe yagize ati “Nayafashe inshuro ebyiri ariko ku, yindi nshuro nsohoka ku rutonde bambwira gutanga ‘Ejo Heza’ ariko mu gihe cyo kujya kuyafata batubwira ko tutari ku rutonde kandi badusomye mu nama ku rutonde rwari ruvuye ku Karere.”

Undi ati “Tukavuga ngo ese ko badusohoye ku rutonde n’umubare w’amafaranga uhari kandi baradusomeye mu nteko bakadutumiza ngo tuzane amakonti, bakadukoresha n’imihigo ndetse bakadutegeka ko tugomba kujya twitabira inama tugasinyisha, byagenze bite?”

Bavuga ko ikibabaza kurushaho, ari amagambo asesereza babwirwa n’Umuyobozi Ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage.

Umwe ati “ASSOC yaratubwiye ngo turi kwishyuza aho tutahinze, ngo mbese tuzajya tubyara maze tujye kwishyuza? Yaraducumuje.”

Umuyobozi Ushinzwe Imibereho Myiza mu Murenge wa Shyira, Hakizimana Alphonse ushyirwa mu majwi n’aba baturage bavuga ko ababwira amagambo mabi, abihakana yivuye inyuma.

Ati “Ibyo ntabwo ari byo rwose, ntabwo turi kubyemeranya kuko umuturage ni umuntu twubaha kandi duha agaciro.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Shyira, Marcel Ndandu avuga ko umuyobozi aba agomba gusobanurira umuturage mu gihe agaragaje ikibazo ndetse akaboneraho kugaruka ku mpamvu ishobora gutuma aba babyeyi batabona amafaranga y’ingoboka.

Ati “Ntabwo inkunga rero iza ku muntu wishoboye, urumva rero umuturage iyo abonye atwite cyangwa akabona uri konsa umwana uri munsi y’imyaka ibiri kandi umwe afite ubushobozi undi ntabwo bijyanye n’amakuru baba baratanze muri system ‘imibereho’ akumva ko na we yakabaye ayabona.”

Ubushakashatsi bw’lkigo cy’lgihugu cy’lbarurishamibare (NISR) ku buzima n’imibereho by’abaturage, bwerekanye ko 33% by’abana bari munsi y’imyaka itanu mu Rwanda bafite ikibazo cyo kugwingira, mu gihe Akarere ka Nyabihu kari ku mwanya wa kabiri n’abana bagwingiye bangana na 46,7%.

Bavuga ko bamwe batakibona inkunga kandi basohoka ku rutonde
Bavuga ko bababazwa n’amagambo adashimishije babwirwa n’umuyobozi

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 9 =

Previous Post

Rwamagana: Barashinja ubuyobozi bwa Koperative kutuzuza isezerano ry’ibyo bemeranyijweho mu myaka 15 ishize

Next Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z'INGENZI Z'IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.