Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi Abagaba Bakuru b’Ingabo zo muri EAC na SADC baganiraho mu nama y’ibya Congo

radiotv10by radiotv10
24/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi Abagaba Bakuru b’Ingabo zo muri EAC na SADC baganiraho mu nama y’ibya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Abagaba Bakuru b’Ingabo z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uw’ubukungu w’Afurika y’Amajyepfo (SADC), barahurira mu nama yiga ku ngingo zinyuranye zo gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, zirimo ibijyanye no kongera gufungura ikibuga cy’Indege cya Goma.

Ni amakuru dukesha Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe nk’uko yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 24 Gashyantare 2025.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe yabitangaje ubwo yagarukaga ku nama zigamije gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC zirimo iziteganyijwe muri iki cyumweru.

Yavuze ko hari “Inama ihuriweho na EAC-SADC y’Abagaba Bakuru b’Ingabo, iba uyu munsi i Dar es Salaam, igaragaza umurongo wo gushyira mu bikorwa guhagarika imirwano, ku kongera gusubukura ibikorwa by’Ikibuga cy’Indege cya Goma, ndetse n’ibijyanye n’ibikorwa by’ubutabazi.”

Minisitiri Nduhungirehe, yavuze kandi ko mu mpera z’iki cyumweru, hazaba inama n’ubundi ihuriweho ya EAC na SADC yo ku rwego rw’Abaminisitiri, izasuzumirwamo raporo y’ibyemezo bizaba byavuye muri iyi nama y’Abagaba Bakuru b’Ingabo, ikanategura mu buryo bwa politiki ibiganiro by’i Luanda n’i Nairobi.

Yakomeje agaragaza ko umuti w’ibibazo bya Afurika, ugomba kuva muri bo ubwabo, aho kugira ngo Ibihugu by’amahanga nk’iby’i Burayi bikomeje kumva ko ari byo bizatanga ibisubizo.

Ati “Ibiganiro biyobowe n’Abanyafurika biri mu murongo w’intego twiyemeje, igira iti ‘Ibisubizo by’Abanyafurika, bituruka mu Banyafurika’ kandi dutekereza ko kwivanga kw’Abanyaburayi gushobora kubisubiza inyuma.”

Ibi Nduhungirehe yabitangaje ubwo yagaragazaga ko ashyigikiye igitekerezo cy’uwanengaga uburyo Igihugu cy’u Bubiligi gikomeje kwivanga mu bibazo bya Congo, aho yagiye anagaruka ku zindi nama zagiye zibaho ku rwego rwa Afurika zigamije kwishakira umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Ahereye ku nama idasanzwe yahuje Abakuru b’Ibihugu byo muri EAC na SADC yabaye tariki 08 Gashyantare 2025 i Dar es Salaam, Amb. Nduhungirehe yavuze ko yakurikiwe n’izindi nama, zirimo Inteko y’Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe yabereye Addis Ababa tariki 14 Gashyantare, ikanashyigikira imyanzuro yari yafatiwe muri iriya y’i Dar es Salaam.

Nanone kandi tariki 15 na 16 Gashyantare 2025, habaye Inteko Rusange y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma byo mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, na yo yongera gushyigikira imyanzuro y’inama ihuriweho ya EAC na SADC.

Kimwe n’indi y’Abagaba Bakuru b’Ibihugu byo muri EAC no muri SADC, yabaye tariki 21 Gashyantare 2025, yariho itegura uburyo-ngiro bwo ku rwego rwa gisirikare bwo gushaka umuti w’ibibazo byo muri DRC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 15 =

Previous Post

Amakuru agezweho avugwa ku Ngabo zagiye gufasha FARDC ziri i Goma

Next Post

Tshisekedi mu ijambo ryumvikanamo gutangira gucisha macye

Related Posts

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Tshisekedi mu ijambo ryumvikanamo gutangira gucisha macye

Tshisekedi mu ijambo ryumvikanamo gutangira gucisha macye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.