Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Ibyitezwe mu giterane gitegerejwe mu Rwanda kibaye bwa mbere mu mateka y’Isi

radiotv10by radiotv10
26/02/2025
in IMYIDAGADURO
0
Ibyitezwe mu giterane gitegerejwe mu Rwanda kibaye bwa mbere mu mateka y’Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Rwanda hagiye kubera igitarerane cyiswe ‘Gather 25’ kizahuza abaturutse ku Isi yose kigamije gufasha abayituye kumenya Yezu Kristo dore abatarakiriye agakiza baruta abakakiriye, aho giterejwemo amasengesho azamara amasaha 25.

Abateguye iki giterane, bavuga Abakristu bari ku Isi ari miliyari ebyiri gusa, mu gihe abatarakiriye Yesu Kristu bagera muri miliyari eshatu, ku buryo hakenewe imbaraga zo gutuma n’aba bandi baba abo mu muryango wa Yezu Kristu.

Iki giterane kizaba ku wa Gatandatu tariki 01 Werurwe 2025, kizajya kiba buri myaka ibiri, nk’uko bitangazwa n’abagiteguye, ndetse ku nshuro yacyo ya mbere kikazabera i Kigali mu Rwanda muri BK Arena.

Charles Mugisha, umushumba w’Itorero ‘New Life Bible Church’ uri muri komite yateguye iki giterane, yavuze ko u Rwanda rwatoranyijwe kugira ngo rwakire iki giterane, kuko ari Igihugu kiri muri Afurika hagati.

Ati “Ariko ukuyemo n’icyo, nari mu bantu bateguye Gather 25 kandi ndi Umunyarwanda mbasaba ko bareka ikabera iwacu mu Rwanda, barabyemera ariko na bo bagenzuye basanga ntakibazo yabera muri BK Arena cyane ko yujuje ibyangombwa.”

Avuga ko hazakoreshwa ikoranabuhanga rigezweho rya AI (Artificial Intelligence) ku buryo umuntu wese aho azaba ari ku isi hose azabasha kumva ibiri kubera mu giterane mururimi rwe.

Biteganyijwe kandi ko hazafatwa amasaha atatu, aho isi yose izaba ireba ibirimo kubera muri BK Arena, na ho andi masaha hakazerekanwa uko bizaba bimeze mu bindi Bihugu n’ahandi hazabera iki giterane mpuzamahanga.

Ati “Itorero ryo ku isi yose rizafata umwanya wo kusenga no kuramya Imana amasaha 25 ariko hazafatwa amasaha atatu guhera saa kumi n’imwe zo kuri uyu wa Gatandatu aho amaso y’Isi yose televiziyo zose bazaba areba ibiri kubera muri BK Arena izaba yabaye nka sitidiyo iri kwereka Isi yose ibiri kuhabera.

Iki giterane kandi kizaririmbamo abahanzi, barimo abasanzwe bafite amazina azwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, barimo Uwimana Aimé, Fabrice and Maya, Chryso Ndasingwa, Kolari True Promises, Apostle Apollinaire & Jeannette, Prosper Nkomezi, New Life Band, Watoto Children’s Choir yo muri Uganda, na Tim Godfrey wo muri Nigeria.

Habaye ikiganiro n’itangazamakuru gitegura iki giterane
Pastor Mugisha avuga ko ari umugisha u Rwanda ruzaba rugize

Esther FIFI UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + three =

Previous Post

U Rwanda rwagize icyo rubwira u Bwongereza ku kugaragaza uruhande bwahisemo mu bya Congo

Next Post

Abantu bataramenyekana biraye mu matungo y’umuturage bayakorera ubugome bukabije

Related Posts

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abantu bataramenyekana biraye mu matungo y’umuturage bayakorera ubugome bukabije

Abantu bataramenyekana biraye mu matungo y’umuturage bayakorera ubugome bukabije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.