Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Mbere n’ubu: Nyuma yo kunenga no kugaragaza ipfunwe ubu ibintu byahindutse

radiotv10by radiotv10
28/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Mbere n’ubu: Nyuma yo kunenga no kugaragaza ipfunwe ubu ibintu byahindutse
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko abaturage bo mu Kagari ka Cyarukamba mu Murenge wa Munyiginya mu Karere ka Rwamagana, bavuze ko baterwa ipfunwe no gusabira serivisi mu biro byo mu nyubako ishaje itanajyanye n’igihe, ubu barishimira ko yavuguruwe.

Mu ntangiriro za Mutarama uyu mwaka, abaturage bo mu Kagari ka Cyarukamba mu Murenge wa Munyiginya bari babwiye RADIOTV10 ko babangamirwa n’inyubako y’Ibiro by’Akagari kabo.

Nyuma yuko abaturage babwiye umunyamakuru iby’ibi Biro by’Akagari akanabitangazaho inkuru, hatangiye imirimo yo kuvugurura iyi nyubako, ndetse umunyamakuru yasubiyeyo asanga kuyivugurura bigeze mu bikorwa bya nyuma.

Ibi byashimishije aba baturage bavugaga ko ibiro by’Akagari kabo byabateraga ipfunwe, bavuga ko noneho ubu batewe ishema n’uburyo iyi nyubako isa.

Uwitwa Murinda Andre yagize ati “Bari baturangaranye kubera ko nta gufasha. Ubu karasa neza cyane twishimye.”

Ntazinda Jean Paul na we yagize ati “Dushimira ko mwakoze ubuvugizi bwo kugira ngo n’uhaciye byonyine hari ibendera ry’Igihugu, rikwiye kuba ahantu hagaragara neza hari isura nziza bikagaragara ko Igihugu gifite intumbero yuko buri Munyarwanda n’umuturage wese utuye agomba kuba heza n’ubuyobozi uje agana ubwo buyobozi bikagaragara neza.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab yasabye aba baturage kuzabungabunga neza ibi biro by’Akagari kabo.

Yagize ati “Ni ibiro bya Leta. Leta ni abaturage. turabasaba yuko bazabungabunga biriya Biro, cyane cyane ni ahantu harimo kubakwa cyane hari kubakwa inganda iruhande rwaho bivuze ko hazajya haza abantu benshi.”

Uyu muyobozi kandi yaboneyeho kwizeza abaturage ko iyi nyubako nziza, izajyana na serivisi nziza zizajya ziyitangirwamo, ku buryo abazajya bagana Ibiro by’Akagari bazajya batahana akanyamuneza kubera guterwa ishema n’ibi biro, ndetse n’uko bakiriwe.

Mbere inyubako yasaga nabi bikanatera ipfunwe bamwe
Bavuga ko Ibiro by’Akagari kabo byakoreraga mu nyubako ibatera ipfunwe
Hahise hakorwa imirimo yo kuyivugurura
Ubu ibintu byarahindutse uwayibonye mbere ubu ntiyapfa kuyimenya

Ni imbere harasa neza

Yossuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Soyinka Elyse says:
    4 months ago

    Bakomereze aho rwose n’ibitari ibyo tuzabigeraho, kd turashimira RadioTV10 uburyo mudahwema kuvuganira rubanda. Imana ibagure muri byose👏👏👏

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 5 =

Previous Post

AGEZWEHO: Hatangajwe ibyavuye mu iperereza ryihuse ku bibombe byarasiwe aho M23 yakoreraga inama n’abaturage

Next Post

Andi makuru ku gitero cya bombe zaturikiye ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage

Related Posts

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

The Government of Rwanda says it is optimistic about the new peace agreement recently signed with the Democratic Republic of...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

IZIHERUKA

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial
MU RWANDA

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Andi makuru ku gitero cya bombe zaturikiye ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage

Andi makuru ku gitero cya bombe zaturikiye ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.