• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Imana ntiba mu mazi, iy’aba yumva itinze,…-Impaka ku bagore basengera mu mazi bamwe bayaryamyemo

radiotv10by radiotv10
29/11/2021
in Uncategorized
0
Imana ntiba mu mazi, iy’aba yumva itinze,…-Impaka ku bagore basengera mu mazi bamwe bayaryamyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Amashusho y’abagore bari gusengera mu mazi barimo n’abayaryamyemo bumvikana nk’abatakamba, akomeje guteza impaka, aho bamwe bavuga ko kugira ngo Imana ikumve bidasaba kujya mu mazi cyangwa ahandi hadasanzwe.

Aya mashusho yatangiye gucicikana ku mbuga nkoranyambaga mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje.

Bamwe mu basangizaga abandi aya mashusho yumvikanamo amajwi y’Ikinyarwanda, bagaragazaga ko banenga uburyo bariya bantu basenga bari mu mazi ko bitari bikwiye kuko Imana iba hose bityo ko atari ngomba kujya kuyishakira mu mazi.

Umunyamakuru Samuel Baker Byansi washyize kuri Twitter aya mashusho, yashyizeho ubutumwa bugira buti “Imana y’aba Bantu yumva nabi kandi itinze pe!!”

Bamwe mu batanze ibitekerezo kuri ubu butumwa, barimo n’abanenze imvugo yakoreshejwe n’uyu munyamakuru. Nk’uwitwa Rameck Gisanintwari wagize ati “Maze Samweli we nibigera ku Mana ujye uvuga uziga.”

Simple Man na we yagize ati “Imana yo iradukunda kandi itwumva vuba si ngombwa kwibabaza kuko ntacyo byayifasha kuko niba ari umubyeyi wacu nta mubyeyi wambwira umwana ko azamugaburira cyangwa ibindi ari uko yiyicishije inzara cyangwa yinyagije.”

Undi witwa Gasana Emmy na we yagize ati “None se mu by’ukuri hagati y’amazi, ubutayu, ubuvumo, icyumba cy’amasengesho ni he twasanga Imana? Ariko mu mirongo micye nzi harimo uvuga ko nushaka gusenga uziherera mu nzu yawe ugafunga inzugi n’amadirishya. Naho ibindi ubanza Ari innovations z’abakirisitu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Inkura 30 z’umweru zaturutse muri Afurika y’Epfo zamaze gusanga iz’umukara muri Pariki y’Akagera

Next Post

Ni Messi cyangwa Robert Lewandowski- Ballon d’Or 2021 irarara mu maboko yande?

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Ni Messi cyangwa Robert Lewandowski- Ballon d’Or 2021 irarara mu maboko yande?

Ni Messi cyangwa Robert Lewandowski- Ballon d’Or 2021 irarara mu maboko yande?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.