Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari abacyumvikanaho imyumvire byari bizwi ko yamaze gukendera mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
05/03/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hari abacyumvikanaho imyumvire byari bizwi ko yamaze gukendera mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe ubushakashatsi bwakozwe umwaka ushize bwagaragaje ko Abanyarwanda bagera kuri 96% bagerwaho na serivisi z’imari, hari abatuye mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu bavuga ko batazi uko umuntu abitsa kuri banki kuko batabona icyo babitsayo kubera ubukene, bamwe bakanavuga ko ibyo kubitsa kuri Banki ari iby’abifite.

Ni mu gihe ubushakashatsi bwa FinScope bwo muri 2024, bwagaragahe ko Abanyarwanda 96% bagerwaho na Serivisi z’imari.

Bamwe mu bo mu Murenge wa Shyira, bagaruka ku mibereho babayemo, bavuga ko itabemerera gukurikirana izi serivisi zo kubitsa muri za Banki.

Mukandayisenga yagize ati “Sinzi no kubitsa ibyo ari byo, ntabwo ari ugukabya, none se wakorera igihumbi ukarihira umunyeshuri, ugahaha ibyo kurya, ukabona n’ayo kubitsa? Muri banki nzabitsamo iki se, rwose sinzi uko babitsa.”

Uwimbabazi Drocella na we yagize ati “Ntabwo tubitsa, keretse mu kibina ho usanga ukotiza 200 buri cyumweru, ayo yo ntabwo wayabura. None se ku gatabo wajyanayo maganabiri?”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Shyira, Marcel Ndandu yasobanuye ko ntawabura icyo abitsa kuko byose biva mu bushake, ari na yo mpamvu ubuyobozi bw’uyu Murenge bukomeza gushishikariza abaturage umuco wo kwizigamira.

Ati “Ni yo mpamvu SACCO yatwegereye, iyo ufite amafaranga naho cyaba igiceri cy’ijana ukakibikaho biguhesha amahirwe yo kugira ngo ube wabona inguzanyo. Hari n’inguzanyo Leta igenera abatishoboye ariko ntiwayibona udafite konti muri banki, kandi na nyirubwite mu gihe runaka ayo yizigamiye aramugoboka.”

Ubushakashatsi bwakozwe na Access to Finance Rwanda (AFR) ku bufatanye na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR), igaragaza ko abakoresha serivisi z’imari z’ibigo byanditswe nka banki n’ibindi bigo by’imari byanditswe, bagera kuri 92%, naho 4% bakaba bakoresha uburyo butanditswe.

Ubu bushakashatsi bugaragaza kandi ko abatagerwaho na serivisi z’imari bavuye kuri 7% muri 2020 bagera kuri 4% muri 2024, ndetse abakoresha serivisi z’imari binyuze kuri telefone, izwi nka Mobile Money, bava kuri 60% bagera kuri 77%, mu gihe abakoresha serivisi za SACCO, kugeza ubu ari 51%.

Mu Murenge wa Shyira hari abavuga ko batazi kubitsa muri Banki n’uko bikorwa

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + sixteen =

Previous Post

Mu buryo butunguranye igitaramo cyari gitegerejwe mu Rwanda cyasubitswe kibura iminsi micye

Next Post

UPDATE: Hatanzwe umucyo ku makuru yari yatangajwe kuri General Omega wa FDLR

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

by radiotv10
04/11/2025
0

Abantu 11 bakekwaho ubujura barimo abategeraga abantu banyura ahahoze irimbi ry’i Nyamirambo, bafatiwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda...

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

by radiotv10
04/11/2025
0

Perezida Paul Kagame uri i Doha muri Qatar, yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bagirana...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

by radiotv10
04/11/2025
1

At just 31, Tuyishime Clementine is redefining what strength looks like. A single mother to a 10-year-old boy now in...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi
IBYAMAMARE

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Hatanzwe umucyo ku makuru yari yatangajwe kuri General Omega wa FDLR

UPDATE: Hatanzwe umucyo ku makuru yari yatangajwe kuri General Omega wa FDLR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.