Wednesday, July 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari abacyumvikanaho imyumvire byari bizwi ko yamaze gukendera mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
05/03/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hari abacyumvikanaho imyumvire byari bizwi ko yamaze gukendera mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe ubushakashatsi bwakozwe umwaka ushize bwagaragaje ko Abanyarwanda bagera kuri 96% bagerwaho na serivisi z’imari, hari abatuye mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu bavuga ko batazi uko umuntu abitsa kuri banki kuko batabona icyo babitsayo kubera ubukene, bamwe bakanavuga ko ibyo kubitsa kuri Banki ari iby’abifite.

Ni mu gihe ubushakashatsi bwa FinScope bwo muri 2024, bwagaragahe ko Abanyarwanda 96% bagerwaho na Serivisi z’imari.

Bamwe mu bo mu Murenge wa Shyira, bagaruka ku mibereho babayemo, bavuga ko itabemerera gukurikirana izi serivisi zo kubitsa muri za Banki.

Mukandayisenga yagize ati “Sinzi no kubitsa ibyo ari byo, ntabwo ari ugukabya, none se wakorera igihumbi ukarihira umunyeshuri, ugahaha ibyo kurya, ukabona n’ayo kubitsa? Muri banki nzabitsamo iki se, rwose sinzi uko babitsa.”

Uwimbabazi Drocella na we yagize ati “Ntabwo tubitsa, keretse mu kibina ho usanga ukotiza 200 buri cyumweru, ayo yo ntabwo wayabura. None se ku gatabo wajyanayo maganabiri?”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Shyira, Marcel Ndandu yasobanuye ko ntawabura icyo abitsa kuko byose biva mu bushake, ari na yo mpamvu ubuyobozi bw’uyu Murenge bukomeza gushishikariza abaturage umuco wo kwizigamira.

Ati “Ni yo mpamvu SACCO yatwegereye, iyo ufite amafaranga naho cyaba igiceri cy’ijana ukakibikaho biguhesha amahirwe yo kugira ngo ube wabona inguzanyo. Hari n’inguzanyo Leta igenera abatishoboye ariko ntiwayibona udafite konti muri banki, kandi na nyirubwite mu gihe runaka ayo yizigamiye aramugoboka.”

Ubushakashatsi bwakozwe na Access to Finance Rwanda (AFR) ku bufatanye na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR), igaragaza ko abakoresha serivisi z’imari z’ibigo byanditswe nka banki n’ibindi bigo by’imari byanditswe, bagera kuri 92%, naho 4% bakaba bakoresha uburyo butanditswe.

Ubu bushakashatsi bugaragaza kandi ko abatagerwaho na serivisi z’imari bavuye kuri 7% muri 2020 bagera kuri 4% muri 2024, ndetse abakoresha serivisi z’imari binyuze kuri telefone, izwi nka Mobile Money, bava kuri 60% bagera kuri 77%, mu gihe abakoresha serivisi za SACCO, kugeza ubu ari 51%.

Mu Murenge wa Shyira hari abavuga ko batazi kubitsa muri Banki n’uko bikorwa

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Mu buryo butunguranye igitaramo cyari gitegerejwe mu Rwanda cyasubitswe kibura iminsi micye

Next Post

UPDATE: Hatanzwe umucyo ku makuru yari yatangajwe kuri General Omega wa FDLR

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Hatanzwe umucyo ku makuru yari yatangajwe kuri General Omega wa FDLR

UPDATE: Hatanzwe umucyo ku makuru yari yatangajwe kuri General Omega wa FDLR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.