Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hakomeje kumvikana intambara y’amagambo hagati y’abakinnyi babiri b’amakipe ayoboye andi mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
12/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hakomeje kumvikana intambara y’amagambo hagati y’abakinnyi babiri b’amakipe ayoboye andi mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’umunsi umwe kapiteni wa Rayon Sports FC, Muhire Kevin ahaye ubutumwa Niyibizi Ramadhan wa APR FC amusaba kwirebaho aho guta umwanya asuzugura Rayon, uyu mukinnyi w’Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda yamusubije, amubwira ko atari umukinnyi ukaze wo kujora abandi.

Intambara y’amagambo y’aba basore yatangiye mu kwezi Ukuboza 2024 tariki 14, ubwo APR FC yari imaze gutsinda Mukura VS ibitego bine kuri bibiri, nyuma y’umukino Niyibizi Ramadhan akabwira RADIOTV10 ko umwanya wa mbere Rayon Sports FC yicayeho ari intizanyo, ari ikibazo cy’igihe gusa ubundi APR FC ikawisubiza.

Taliki 06 Werurwe 2025, ubwo APR FC yiteguraga umukino wa Shampiyona w’umunsi wa 20 na Rayon Sports FC, Niyibizi Ramadhan yongeye gutangaza ko kudatsinda Rayon Sports cyaba ari igisebo n’igihombo, kuko bayirusha muri byose, kandi bazayitsinda bagahita bafata umwanya wa mbere.

Ku wa Gatandatu tariki 08 werurwe 2025, habura umunsi umwe ngo iyi Derby ikinwe, kapiteni wa Rayon Sports FC, Muhire Kevin na we yamuhaye ubutumwa, amubwira ko ibyo ari nk’inzozi bitazabaho ko babatsinda kandi ko anatangazwa no kumva bamaze gutsinda umukino bakiyicaza ku mwanya wa mbere.

Uyu mukino wabaye ku Cyumweru tariki 09 werurwe 2025, warangiye amakipe yombi aguye miswi (0-0), Rayon Sports FC ikomeza kwicara ku mwanya wa mbere muri Shampiyona n’amanota 43 aho irusha APR FC ya kabiri amanota abiri.

Bidatinze nyuma y’iminsi ibiri umukino ubaye, Muhire Kevin yagiranye ikiganiro n’ikinyamakuru cyitwa Inyarwanda agitangariza ko Niyibizi Ramadhan yakagombye kwirebaho, adafite n’uruvugiro, kuko atari umukinnyi ubanzamo muri APR FC, wenda hakavuze nka kapiteni Niyomugabo Claude.

Agendeye ku byo yari yatangaje ko kudatsinda Rayon Sports FC byaba ari igihombo kuri bo, Muhire Kevin yabwiye Niyibizi Ramadhan ko ahubwo igihombo ari we kuko atabanzamo, ndetse no kuri uwo mukino yakinnye iminota 3’ cyangwa 2’ (yinjiyemo asimbuye ku munota wa 83’).

Muhire Kevin, Kapiteni wa Rayon Sports

Nyuma y’umunsi umwe atangaje ibi, Niyibizi Ramadhan mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yageneye ubutumwa Mubire Kevin ko na we nta gitego aratsinda kuri iyi Derby.

Yagize ati “Kuvuga ko uri umukinnyi ukomeye utaratsinda igitego muri Derby ntabwo bivuze ko ukomeye. Njyewe mfite ibitego bitanu (5) muri uyu mwaka w’imikino kandi ndizere ko nzatsinda n’ibindi, kuba we afite assists 11 ibyo ntabwo mbizi.”

Niyibizi Ramadhan ntahuza n’umutoza we Darko Novic, na we wari wavuze ko abona Muhire Kevin ashobora kuba ari umukinnyi wa mbere muri shampiyona y’u Rwanda.

Ati “Kuba umutoza avuga ko Muhire Kevin ari we mwiza mu Rwanda ubwo we ni ko abibona, gusa njyewe si ko mbibona, dufite ba nimero 10 benshi kandi beza mu Rwanda, urugero nka Muhadjiri.”

Uyu mukinnyi avuga ko ibi yavuzweho na Kapiteni wa Rayon, atazi inkomoka yabyo kuko ntakindi bapfa yaba hanze y’umwuga wabo ndetse n’imbere.

Ati “Njyewe ntacyo mpfa na Muhire Kevin, ntabwo tuvugana nta bintu byinshi nzi kuri Muhire Kevin, niba nkina muri APR FC ngomba kuvuga ndengera ikipe yanjye, ibyo ntashyigikiye ni ukuvuga ibintu udafitiye ibimenyetso.”

Aba basore bahanganye nk’uko amakipe yabo akomeje guhanganira igikombe cya shampiyona ya 2025, aho ubu akurikirana ku rutonde rw’agateganyo ndetse akaba arushanwa amanota atanuzuye ayo ikipe imwe ishobora kubona mu mukino umwe.

Kuri uyu wa Gatanu APR FC izasura Gasogi United, mu gihe bucyeye bwaho Rayon Sports FC izakira As Kigali mu mukino na wo wimuriwe saa 18h00.

Nyuma y’uyu munsi wa 21 wa shampiyona, abakinnyi bazahita bajya mu ikipe y’Igihugu Amavubi, mu mwiherero wo kwitegura imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Niyibizi Ramadhan

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Igisubizo cyahawe umuyobozi mu Burayi wasabye ko Ikibuga cy’Indege cya Goma gifungurwa byihuse

Next Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Related Posts

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

by radiotv10
09/05/2025
0

Abazitabira imikino nyafurika ya BAL 2025, bazasusurutswa n’abahanzi barimo uzwi ku Mugabane wa Afurika, King Promise wamenyekanye mu ndirimbo nka...

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

by radiotv10
08/05/2025
0

Ikipe ya AS Muhanga yaherukaga mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu Rwanda muri 2014 na Gicumbi FC yagiherukagamo muri...

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

by radiotv10
08/05/2025
0

Ubuyozi bw’Umujyi wa Kigali, bugiye gukuraho inkunga bwahaga andi makipe azwi muri ruhago nyarwanda nka Kiyovu Sports na Gasogi United,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

by radiotv10
07/05/2025
0

Myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na Rayon Sports, Ombolenga Fitina yandikiye iyi kipe iherutse kumugura, ayisaba ko basesa amasezerano kubera kutubahiriza...

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

by radiotv10
07/05/2025
0

Ndayishimiye Thierry wakinaga mu bwugarizi bw’ikipe ya AS Kigali, yahagaritse gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, aho yerecyeje ku Mugabane w’u...

IZIHERUKA

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi
AMAHANGA

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
09/05/2025
0

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

09/05/2025
Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

09/05/2025
Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z'INGENZI Z'IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.