Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo Umugaba Mukuru wa M23 avuga ku biganiro bivugwa hagati yabo na Congo

radiotv10by radiotv10
13/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Icyo Umugaba Mukuru wa M23 avuga ku biganiro bivugwa hagati yabo na Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba M23, General Sultani Makenga aravuga ko biteguye kuganira n’ubutegetsi bwa DRC, ariko ko nubwo Angola yatangaje ibyo biganiro, ubutegetsi bwa Kinshasa butaragira icyo bubivugaho.

General Makenga yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Alain Destexhe wigeze kuba Umusenateri muri Sena y’u Bubiligi, cyagiye hanze mu buryo bw’inyandiko gishyizwe hanze n’uyu Munyapolitiki.

Ni ikiganiro uyu munyapolitiki yabajijemo Makenga ibibazo binyuranye, birimo aho yageze no ku ngingo y’ibiganiro byatangajwe na Guverinoma ya Angola ko noneho ubutegetsi bwa Kinshasa bwemeye kuganira n’uyu mutwe wa M23.

General Makenga abajijwe niba biteguye kwitabira ibi biganiro, yasubije uyu munyapolitiki agira ati “Cyane rwose, turifuza kuganira, ariko kugeza ubu tuzi ibyatangajwe n’uruhande rumwe rwa Angola, ariko ntiturumva ibya Kinshasa.”

Uyu munyapolitiki Alain Destexhe yahise akomeza amwibutsa ko mu ijoro ryatambutse, ubutegetsi bwa Kinshasa bwatangaje ko bwamenye iby’ibi biganiro, ndetse n’ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Angola bikaba byatangaje ko ibi biganiro by’imishyikirano bizatangira mu cyumweru gitaha tariki 18 Werurwe 2025.

 

Imibereho y’abasirikare ba Afurika y’Epfo bari i Goma

Alain Destexhe yakomeje amubaza imibereho y’abasirikare ba Afurika y’Epfo, aba Malawi n’aba Tanzania bari mu butumwa bwa SADC baherutse gutsindirwa i Goma, niba koko babayeho nk’imfungwa, General Makenaga amusubiza abihanaka.

Yagize ati “Bashobora kwidegembya ariko badafite intwaro. Twabaye tubaretse. Turifuza ko basubira iwabo kandi bazagenda igihe bazabishakira.”

Ku bacancuro b’abanyaburayi, Alain Destexhe yamubajije niba mu bo bahanganye hakirimo aba barwanyi bo muri Romania, nyuma yuko hari abafatiwe ku rugamba bakoherezwa iwabo, Makenga amusubiza agaragaza ko bitari binakwiye ko hari abacancuro baza kurwanya abantu baharanira uburenganzira bwabo.

Ati “Nta nubwo byumvikana kuba abantu bava i Burayi bakaza iwacu kwica abaturage barwanira uburenganzira bwabo. Isi yose yari ikwiye guterwa impungenge na byo, ariko ikigaragara ni uko itabyitayeho.”

Makenga kandi akomeza avuga ko ubwo bafataga Goma, MONUSCO yabanje kubabwira ko hari abasirikare 2000 ba FARDC bahungiye mu birindiro byayo, ariko ubu ikaba ivuga ko ari 1 200, ku buryo hibazwa aho abandi 800 bagiye.

Gusa avuga ko hari n’abandi basirikare ba FARDC, abarwnayi ba Wazalendo ndetse n’aba FDLR bakihishe mu baturage, ndetse ko ari bo ntandaro y’ibikorwa bihungabanya umutekano bijya byumvikana muri uyu mujyi wa Goma.

Abajijwe ku birego baherutse gushinjwa byo kugaba igitergo mu Bitaro bya Heal Africa, Makenga yavuze ko abarwanyi ba FARDC bigize abarwayi bakajya kwihishayo, ari na yo mpamvu bagiye kuhabakura, ndetse ko batahuyeyo n’intwaro 14, kandi ko bari babisabwe n’ubuyobozi bw’ibi Bitaro.

 

Tshisekedi ni ibandi

Alain Destexhe yabajije General Makenga icyo atekereza kuri Perezida Félix Tshisekedi, amusubiza agira ati “Nta rukundo afitiye Igihugu, ni ibandi.

Félix Tshisekedi yahise yongera kubaza Makenga, ati “None se yaribaye aho atorewe kuba Perezida?” amusubiza agira ati “Ntekereza ko ari ko yahoze.”

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame aherutse kugirana na Mario Nawfal, Umukuru w’u Rwanda yagarutse ku myitwarire ivugwa kuri Tshisekedi n ambere yuko ajya ku butegetsi itari ikwiye gutuma ubundi ayobora Igihugu.

Perezida Kagame yavuze ko hari amakuru yanagiye hanze agaragaza ko ubwo Tshisekedi yatwaraga Taxi Voiture anagemura Pizza z’Umutaliyani wari waramuhaye akazi mu Bubiligi, na bwo yari afite imyitwarire mibi.

Umukuru w’u Rwanda kandi yagarutse ku byatangajwe n’uwo Mutaliyani wari umukoresha wa Tshisekedi, ubwo yari akimara kumva ko yabaye Perezida, akavuga ko atabyiyumvisha kuba umuntu wari ufite imyitwarire nk’iye yaba Umukuru w’Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Ubutumwa bwa M23 nyuma yuko ubutegetsi bwa Congo buvuye ku k’ejo bukemera ko baganira

Next Post

BREAKING: Bidasubirwa hafashwe icyemezo ku basirikare ba SADC bari baragiye gufasha FARDC

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

IZIHERUKA

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World
IMIBEREHO MYIZA

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

by radiotv10
18/12/2025
0

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

18/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

18/12/2025
Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri S.Africa yagaragaje igikwiye gukorerwa Abasirikare b’iwabo bari muri DRCongo

BREAKING: Bidasubirwa hafashwe icyemezo ku basirikare ba SADC bari baragiye gufasha FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.