Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagaragaje ko ikomeje kunguka abarwanyi bashya

radiotv10by radiotv10
20/03/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje ko ikomeje kunguka abarwanyi bashya
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umutwe wa M23, bwavuze ko urubyiruko rubarirwa mu ijana rwo muri Teritwari ya Masisi, rwifuje kwinjira mu gisirikare cy’uyu mutwe umaze igihe uhanganye na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Byatangajwe n’Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 20 Werurwe 2025, mu butumwa yatambukije ku rubuga nkoranyambaga rwa X.

Muri ubu butumwa, Lawrence Kanyuka, yagize ati “Urubyiruko rubarirwa mu ijana rwo muri Bweremana muri Sheferi ya Buhunde muri Teritwari ya Masisi, bagaragaje ubushake bwo kwinjira mu gisirikare cya ARC/M23.”

Lawrence Kanyuka yavuze ko ubu bushake bw’uru rubyiruko rwabugaragaje ku wa Kabiri w’iki cyumweru, tariki 17 Werurwe 2025 mu biganiro Guverineri Wungirije w’Intara, Shadrak Amani Bahati yari yagiranye n’abaturage bo muri aka gace ka Bweremana.

Muri ibi biganiro, Guverineri Wungirije, Shadrak Amani Bahati wari uhagarariye Guverineri, yasabye abaturage bo muri aka gace ka Bweramana kugira uruhare mu mutekano wabo, kandi bakunga ubumwe, kugira ngo babashe kugera ku iterambere.

Uyu mutwe wa M23 ukomeje kunguka amaboko mashya y’abarwanyi bari kuwinjiramo, wamaze no gufata umujyi wa Walikare wo mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Iki gikorwa cyo gufata uyu Mujyi wa Walikare cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Werurwe 2025 nyuma yuko wari umaze gufata uduce dutandukanye turimo Ngora, Kisima na Mubanda.

Uyu mutwe ufashe uyu mujyi nyuma yuko wanze no kwitabira ibiganiro byagombaga kuwuhuza n’ubuyobozi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byagombaga kuba ku wa Kabiri tariki 18 Werurwe 2025, ariko uyu mutwe ukaza kwanga kubyitabira ku munota wa nyuma nyuma yuko bamwe mu bayobozi b’ihuriro AFC/M23 bari mu basohotse mu baherutse gufatirwa ibihano n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Haravugwa n’ubukwe: Iby’urukundo rw’abazwi mu myidagaduro y’u Rwanda bikomeje kuvugwaho

Next Post

Hagaragajwe gahunda y’uko abanyeshuri biga bacumbikiwe bazataha

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…
MU RWANDA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe gahunda y’uko abanyeshuri biga bacumbikiwe bazataha

Hagaragajwe gahunda y’uko abanyeshuri biga bacumbikiwe bazataha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.