Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagaragaje ko ikomeje kunguka abarwanyi bashya

radiotv10by radiotv10
20/03/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje ko ikomeje kunguka abarwanyi bashya
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umutwe wa M23, bwavuze ko urubyiruko rubarirwa mu ijana rwo muri Teritwari ya Masisi, rwifuje kwinjira mu gisirikare cy’uyu mutwe umaze igihe uhanganye na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Byatangajwe n’Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 20 Werurwe 2025, mu butumwa yatambukije ku rubuga nkoranyambaga rwa X.

Muri ubu butumwa, Lawrence Kanyuka, yagize ati “Urubyiruko rubarirwa mu ijana rwo muri Bweremana muri Sheferi ya Buhunde muri Teritwari ya Masisi, bagaragaje ubushake bwo kwinjira mu gisirikare cya ARC/M23.”

Lawrence Kanyuka yavuze ko ubu bushake bw’uru rubyiruko rwabugaragaje ku wa Kabiri w’iki cyumweru, tariki 17 Werurwe 2025 mu biganiro Guverineri Wungirije w’Intara, Shadrak Amani Bahati yari yagiranye n’abaturage bo muri aka gace ka Bweremana.

Muri ibi biganiro, Guverineri Wungirije, Shadrak Amani Bahati wari uhagarariye Guverineri, yasabye abaturage bo muri aka gace ka Bweramana kugira uruhare mu mutekano wabo, kandi bakunga ubumwe, kugira ngo babashe kugera ku iterambere.

Uyu mutwe wa M23 ukomeje kunguka amaboko mashya y’abarwanyi bari kuwinjiramo, wamaze no gufata umujyi wa Walikare wo mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Iki gikorwa cyo gufata uyu Mujyi wa Walikare cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Werurwe 2025 nyuma yuko wari umaze gufata uduce dutandukanye turimo Ngora, Kisima na Mubanda.

Uyu mutwe ufashe uyu mujyi nyuma yuko wanze no kwitabira ibiganiro byagombaga kuwuhuza n’ubuyobozi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byagombaga kuba ku wa Kabiri tariki 18 Werurwe 2025, ariko uyu mutwe ukaza kwanga kubyitabira ku munota wa nyuma nyuma yuko bamwe mu bayobozi b’ihuriro AFC/M23 bari mu basohotse mu baherutse gufatirwa ibihano n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Haravugwa n’ubukwe: Iby’urukundo rw’abazwi mu myidagaduro y’u Rwanda bikomeje kuvugwaho

Next Post

Hagaragajwe gahunda y’uko abanyeshuri biga bacumbikiwe bazataha

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe gahunda y’uko abanyeshuri biga bacumbikiwe bazataha

Hagaragajwe gahunda y’uko abanyeshuri biga bacumbikiwe bazataha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.