Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umutingito ukomeye wibasiye Myanmar wahitanye ubuzima bwa bamwe

radiotv10by radiotv10
28/03/2025
in AMAHANGA
0
Umutingito ukomeye wibasiye Myanmar wahitanye ubuzima bwa bamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umutingito ukomeye wibasiye Igihugu cya Myanmar cyo ku Mugabane wa Asia, biravugwa ko wahitanye ubuzima bw’abantu, unangiza ibikorwa remezo, birimo n’inyubako ndende yari ikiri kubakwa i Bangkok muri Thailand, i gihugu gituranye cyane Myanmar.

Abantu batatu ni bo bimaze kwemezwa ko bahitanywe n’uyu mutingito mu mujyi wa Taungoo muri Myanmar ubwo bagwirwaga n’umusigiti nk’uko abatangabuhamya babivuga, mu gihe itangazamakuru ryo muri aka gace rivuga ko abantu bari hagati ya babiri bapfuye abandi 20 bakomeretse nyuma y’aho hoteli imwe yo mu mujyi wa Aung Ban iguye.

Mu gihugu cya Thailand, umuntu umwe ni we bimaze kumenyekana ko yahitanywe n’isenyuka ry’inyubako ndende yari ikiri kubakwa i Bangkok, mu gihe ibikorwa by’ubutabazi bigikomeje, nkuko byatangajwe n’ubuyobozi bw’umujyi wa Bangkok.

Kugeza ubu mu mujyi wa Bangkok, abaturage bahiye ubwoba, ari nako abenshi bajya mu mihanda, nyuma yo kubona inyubako ndende zihirima, abenshi bakaba ari bamucyerarugendo basuye iki Gihugu, bari muri hoteli zitandukanye muri uyu mujyi.

Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe ubushakashatsi ku miterere y’isi (USGS) kivuga ko umutingito wari  ku gipimo cya 7.7, ukaba watangiriye mu bilometero 17.2 uvuye mu mugi wa Mandalay muri Myanmar, utuwe n’abaturage basaga miliyoni 1.5.

Ubutegetsi bwa gisirikare muri Myanmar bwahise butangaza ibihe bidasanzwe mu turere twibasiwe muri iki Gihugu, ndetse hatangira ibikorwa byo gutabara abagwiriwe n’inyubako, no guha ubufasha abagizweho ingaruka n’uyu mutingito.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + nineteen =

Previous Post

Umukobwa uzwi ku mbuga nkoranyambaga yamennye amabanga y’ibiteye agahinda yakorewe n’umukunzi we w’umukobwa

Next Post

Umuhanzi w’ikirangirire yatumye hagaragara bwa mbere isura y’umwana wa mugenzi we w’Umunyarwanda

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe
IMYIDAGADURO

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi w’ikirangirire yatumye hagaragara bwa mbere isura y’umwana wa mugenzi we w’Umunyarwanda

Umuhanzi w’ikirangirire yatumye hagaragara bwa mbere isura y’umwana wa mugenzi we w’Umunyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.