Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igihingwa ‘Pacuri’ bahinze bizezwa imari ishyushye ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

radiotv10by radiotv10
03/04/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Igihingwa ‘Pacuri’ bahinze bizezwa imari ishyushye ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Mirenge ya Nzahaha na Rwimbogo mu Karere ka Rusizi bahinze igihingwa kizwi nka ‘Pacuri’ kivamo imibavu, baravuga ko batangiye kukirandura kuko bakiburiye isoko, mu gihe bagihinze nyuma yo kubishishikarizwa bizezwa kuzakirigita ifaranga bigashyira cyera.

Aba baturage bavuga ko bari babwiwe ko Pacuri yari kuzatuma babona amafaranga bityo bitabira kuyitera mu ntoki no mu mirima y’ikawa, ariko bigeze mu isarura babura isoko.

Habineza Theoneste usanzwe ari Umujyanama w’Ubuhinzi agira ati “Twashishikarije abaturage guhinga Pacuri barabiyoboka pe, zimaze kwera abaturage batangira kungeraho bambaza aho kuzishora nanjye negereye abari bazidushishikarije baravuga ngo tube turetse.”

Tuyishime Alex na we ati “Babidukanguriye bavuga ko haje umuzungu uzajya agura umusaruro wa Pacuri, natwe twitabira kuzitera kuko njye nateye ibiti ibihumbi bitatu ariko nyuma yo kwera twabuze isoko, ubu ndi hafi kubirandura.”

Mu gihe bakundishwaga iki gihingwa ngo babwirwaga ko bazajya bagurirwa ku mafaranga 500 Frw ku kilo kibisi ariko bigatuma bizera ko bazabonamo amafaranga ashimishije ariko aho baburiye isoko bamwe ngo batangiye kuzirandura bateramo indi myaka.

Theoneste ati “Ikilo cy’ikawa ni 900 ikiro cy’urusenda ubu ni 1600, icy’ibishyimbo ni 800 n’aho icya Pacuri batubwiraga ko kizaba 500, nyuma bavuga 80 ariko na yo twabuze aho tuyigurishiriza, ubwo se Pacuri urumva yafasha iki umuturage?”

Nyirazaninka Olive na we ati “Ndumva nta gaciro nshobora kubirandura nkihingira ibindi.”

umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Habimana Alfred we atemeranya n’aba bahinzi ku kuba barabuze isoko kuko avuga ko hari ikompanyi igura umusaruro wa Pacuri kandi ko hagiye no kubakwa ubwanikiro bwayo.

Agira ati “Ni igihingwa kibazanira amafaranga. Isoko ntabwo ryigeze ribura, dufite ikompanyi yitwa e-soil ibagurira umusaruro, tugiye no kubaka ubwanikiro muri Rwimbogo. Nta soko ryabuze ahubwo uwo muturage batubwiye wabiranduye twaramuganirije kuko yari yabyumvise ukundi ngo ashaka guteramo ibindi.”

Igihingwa cya Pacuri byari biteganyijwe ko umusaruro wacyo uzajya ukorwamo umubavu, ubwo abaturage bashishikarizwaga kugihinga, hashyizweho abatuburaga imbuto yacyo ndetse yegerezwa abaturage na bo batera imbuto yacyo ku bwinshi mu ntoki no mu ikawa, icyakora hamwe mu ho Umunyamakuru yageze yasanze hari abaturage barambiwe barazirandura kubera kubura aho bagurishiriza umusaruro.

Igihingwa cya Pacuri bagiteye ku bwinshi bizezwa gukirigita ifaranga
Ubu bamwe batangiye kukirandura kubera kubura isoko

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    1 year ago

    none urujijo rubaye urujijo. kuki mutabajije nyiri campany e-soil ari nawr washishikaje guhinga pacuri ngo nawr afate responsibility? mu kuri inkuru ntiyuzuye. mumubaze n’ivuguruzanya mu biciro niba aribyo cyangwa atari byo. murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 9 =

Previous Post

Ikipe imwe mu Rwanda irishyuza 4.000.000Frw ikeka ko yakagombye kuba yarinjije

Next Post

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwitabiriye imurika ry’ibikoresho n’ikoranabuhanga mu bya gisirikare muri Brazil

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwitabiriye imurika ry’ibikoresho n’ikoranabuhanga mu bya gisirikare muri Brazil

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwitabiriye imurika ry’ibikoresho n’ikoranabuhanga mu bya gisirikare muri Brazil

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.