• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igihingwa ‘Pacuri’ bahinze bizezwa imari ishyushye ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

radiotv10by radiotv10
03/04/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Igihingwa ‘Pacuri’ bahinze bizezwa imari ishyushye ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Mirenge ya Nzahaha na Rwimbogo mu Karere ka Rusizi bahinze igihingwa kizwi nka ‘Pacuri’ kivamo imibavu, baravuga ko batangiye kukirandura kuko bakiburiye isoko, mu gihe bagihinze nyuma yo kubishishikarizwa bizezwa kuzakirigita ifaranga bigashyira cyera.

Aba baturage bavuga ko bari babwiwe ko Pacuri yari kuzatuma babona amafaranga bityo bitabira kuyitera mu ntoki no mu mirima y’ikawa, ariko bigeze mu isarura babura isoko.

Habineza Theoneste usanzwe ari Umujyanama w’Ubuhinzi agira ati “Twashishikarije abaturage guhinga Pacuri barabiyoboka pe, zimaze kwera abaturage batangira kungeraho bambaza aho kuzishora nanjye negereye abari bazidushishikarije baravuga ngo tube turetse.”

Tuyishime Alex na we ati “Babidukanguriye bavuga ko haje umuzungu uzajya agura umusaruro wa Pacuri, natwe twitabira kuzitera kuko njye nateye ibiti ibihumbi bitatu ariko nyuma yo kwera twabuze isoko, ubu ndi hafi kubirandura.”

Mu gihe bakundishwaga iki gihingwa ngo babwirwaga ko bazajya bagurirwa ku mafaranga 500 Frw ku kilo kibisi ariko bigatuma bizera ko bazabonamo amafaranga ashimishije ariko aho baburiye isoko bamwe ngo batangiye kuzirandura bateramo indi myaka.

Theoneste ati “Ikilo cy’ikawa ni 900 ikiro cy’urusenda ubu ni 1600, icy’ibishyimbo ni 800 n’aho icya Pacuri batubwiraga ko kizaba 500, nyuma bavuga 80 ariko na yo twabuze aho tuyigurishiriza, ubwo se Pacuri urumva yafasha iki umuturage?”

Nyirazaninka Olive na we ati “Ndumva nta gaciro nshobora kubirandura nkihingira ibindi.”

umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Habimana Alfred we atemeranya n’aba bahinzi ku kuba barabuze isoko kuko avuga ko hari ikompanyi igura umusaruro wa Pacuri kandi ko hagiye no kubakwa ubwanikiro bwayo.

Agira ati “Ni igihingwa kibazanira amafaranga. Isoko ntabwo ryigeze ribura, dufite ikompanyi yitwa e-soil ibagurira umusaruro, tugiye no kubaka ubwanikiro muri Rwimbogo. Nta soko ryabuze ahubwo uwo muturage batubwiye wabiranduye twaramuganirije kuko yari yabyumvise ukundi ngo ashaka guteramo ibindi.”

Igihingwa cya Pacuri byari biteganyijwe ko umusaruro wacyo uzajya ukorwamo umubavu, ubwo abaturage bashishikarizwaga kugihinga, hashyizweho abatuburaga imbuto yacyo ndetse yegerezwa abaturage na bo batera imbuto yacyo ku bwinshi mu ntoki no mu ikawa, icyakora hamwe mu ho Umunyamakuru yageze yasanze hari abaturage barambiwe barazirandura kubera kubura aho bagurishiriza umusaruro.

Igihingwa cya Pacuri bagiteye ku bwinshi bizezwa gukirigita ifaranga
Ubu bamwe batangiye kukirandura kubera kubura isoko

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    1 year ago

    none urujijo rubaye urujijo. kuki mutabajije nyiri campany e-soil ari nawr washishikaje guhinga pacuri ngo nawr afate responsibility? mu kuri inkuru ntiyuzuye. mumubaze n’ivuguruzanya mu biciro niba aribyo cyangwa atari byo. murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − four =

Previous Post

Ikipe imwe mu Rwanda irishyuza 4.000.000Frw ikeka ko yakagombye kuba yarinjije

Next Post

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwitabiriye imurika ry’ibikoresho n’ikoranabuhanga mu bya gisirikare muri Brazil

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwitabiriye imurika ry’ibikoresho n’ikoranabuhanga mu bya gisirikare muri Brazil

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwitabiriye imurika ry’ibikoresho n’ikoranabuhanga mu bya gisirikare muri Brazil

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.