Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Abarokotse Jenoside bongeye kugaragaza ikikibatera agahinda

radiotv10by radiotv10
08/04/2025
in MU RWANDA
0
Huye: Abarokotse Jenoside bongeye kugaragaza ikikibatera agahinda
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu Karere ka Huye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuga ko kuba hari imibiri ya bamwe mu babo itaraboneka, bibatera agahinda, bagasaba ko abafite amakuru y’aho iri bakaba baranze kuyatanga, bakwemera bakayatanga kugira ngo bashyingurwe mu cyubahiro.

Byatangajwe kuri uyu wa 07 Mata 2025 ubwo hatangizwaga icyumweru cy’Icyunamo n’iminsi ijana yo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Huye mu murenge wa Karama, hunamiwe abarenga ibihumbi 75 bashyinguye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Karama hanagarukwa ku mateka yaganishije igihugu kuri Jenoside yakorewe Abatutsi no ku rugendo rutoroshye rwa bamwe mu barokokeye muri aka gace.

Bamwe mu barokokeye mu Murenge wa Karama bavuga ko bitari biborohere kugira ngo barokoke kuko muri aka gace hishwe Abatutsi benshi bari baturutse mu makomini atandukanye ya Peregitura ya Butare n’iya Gikongoro bari barahahungiye.

Ruzindana Jean Damascene yavuze ko kuva tariki 07 Mara 1994 muri aka gace, ibintu byari bimeze nabi, ariko ko byaje kurushaho tariki 21 Mata.

Ati “Ni bwo haje ibitero byitwaje intwaro zica Abatutsi bari bari hamwe muri Kiliziya ya Karama ndetse no ku kibuga barabica nyuma nabwo haza amakamyo apakiye intwaro ku buryo kurokoka bitari byoroshye.”

Uyu muturage avuga ko yabonye bikomeye ahungira mu Gihugu cy’u Burundi, bigatuma arokoka, ariko ko abo yasize aha bari bari, bose bishwe.

Perezida wa Ibuka mu kKrere Huye, Theodate Siboyintore anenga abagitsimbaraye ku kuterekana ahari imibiri y’abishwe muri Jenosode ngo ishyingurwe mu cyubahiro

Ati “Hari abagitsimbaraye ku kutavugisha ukuri ku hajugunywe imibiri y’abishwe muri Jenoside, ibi bitera ibikomere abarokotse. Twasaba ko abazi ahari imibiri itarashyingurwa bahagaraza igashyingurwa mu cyubahiro.”

Abantu barenga ibihumbi 75 ni bo bashyinguwe mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Karama, bari baturutse muri za Kominizi zitandukanye zo mu cyahoze ari Perefegitura ya Butare na Gikongoro.

Abaturage baje kwifatanya mu gikorwa cyo Kwibuka
Ruzindana Jean Damascene avuga ko kurokoka muri aka gace bitari byoroshye

Urwibutso rwa Karama ruruhukiyemo abarenga ibihumbi 75

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Ubutumwa Perezida w’u Bufaransa yageneye Abanyarwanda bujyanye no Kwibuka31

Next Post

Babiri bafashwe mu gicuku bakekwaho igikorwa kibangamira uwarokotse Jenoside ku nshuro ya kabiri

Related Posts

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwigeze gufungwa akabanza kubura n’ubu abaturage baramutangira ubuhamya

Babiri bafashwe mu gicuku bakekwaho igikorwa kibangamira uwarokotse Jenoside ku nshuro ya kabiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.