Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Abarokotse Jenoside bongeye kugaragaza ikikibatera agahinda

radiotv10by radiotv10
08/04/2025
in MU RWANDA
0
Huye: Abarokotse Jenoside bongeye kugaragaza ikikibatera agahinda
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu Karere ka Huye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuga ko kuba hari imibiri ya bamwe mu babo itaraboneka, bibatera agahinda, bagasaba ko abafite amakuru y’aho iri bakaba baranze kuyatanga, bakwemera bakayatanga kugira ngo bashyingurwe mu cyubahiro.

Byatangajwe kuri uyu wa 07 Mata 2025 ubwo hatangizwaga icyumweru cy’Icyunamo n’iminsi ijana yo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Huye mu murenge wa Karama, hunamiwe abarenga ibihumbi 75 bashyinguye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Karama hanagarukwa ku mateka yaganishije igihugu kuri Jenoside yakorewe Abatutsi no ku rugendo rutoroshye rwa bamwe mu barokokeye muri aka gace.

Bamwe mu barokokeye mu Murenge wa Karama bavuga ko bitari biborohere kugira ngo barokoke kuko muri aka gace hishwe Abatutsi benshi bari baturutse mu makomini atandukanye ya Peregitura ya Butare n’iya Gikongoro bari barahahungiye.

Ruzindana Jean Damascene yavuze ko kuva tariki 07 Mara 1994 muri aka gace, ibintu byari bimeze nabi, ariko ko byaje kurushaho tariki 21 Mata.

Ati “Ni bwo haje ibitero byitwaje intwaro zica Abatutsi bari bari hamwe muri Kiliziya ya Karama ndetse no ku kibuga barabica nyuma nabwo haza amakamyo apakiye intwaro ku buryo kurokoka bitari byoroshye.”

Uyu muturage avuga ko yabonye bikomeye ahungira mu Gihugu cy’u Burundi, bigatuma arokoka, ariko ko abo yasize aha bari bari, bose bishwe.

Perezida wa Ibuka mu kKrere Huye, Theodate Siboyintore anenga abagitsimbaraye ku kuterekana ahari imibiri y’abishwe muri Jenosode ngo ishyingurwe mu cyubahiro

Ati “Hari abagitsimbaraye ku kutavugisha ukuri ku hajugunywe imibiri y’abishwe muri Jenoside, ibi bitera ibikomere abarokotse. Twasaba ko abazi ahari imibiri itarashyingurwa bahagaraza igashyingurwa mu cyubahiro.”

Abantu barenga ibihumbi 75 ni bo bashyinguwe mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Karama, bari baturutse muri za Kominizi zitandukanye zo mu cyahoze ari Perefegitura ya Butare na Gikongoro.

Abaturage baje kwifatanya mu gikorwa cyo Kwibuka
Ruzindana Jean Damascene avuga ko kurokoka muri aka gace bitari byoroshye

Urwibutso rwa Karama ruruhukiyemo abarenga ibihumbi 75

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 4 =

Previous Post

Ubutumwa Perezida w’u Bufaransa yageneye Abanyarwanda bujyanye no Kwibuka31

Next Post

Babiri bafashwe mu gicuku bakekwaho igikorwa kibangamira uwarokotse Jenoside ku nshuro ya kabiri

Related Posts

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

by radiotv10
11/07/2025
0

Mu Murenge wa Muhura mu Karere ka Gatsibo, haravugwa umusore ukekwaho kwica umubyeyi we (Nyina) amuhoye kuba yamubuzaga gutereta umugore...

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

by radiotv10
11/07/2025
0

In today’s world, parents get so busy with work which makes it hard to spend quality time and raise their...

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo rwo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, uregwa gushaka kuroga abo babanaga, yemeye icyaha,...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

The Government of Rwanda has announced that, in partnership with Hashemite Kingdom of Jordan, it has donated 40 tons of...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ku bufatanye n’Ubwami bw’Aba-Hashemite ba Jordan, muri iki cyumweru, yatanze toni 40 z’ubufasha bwo kugoboka...

IZIHERUKA

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye
MU RWANDA

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

by radiotv10
11/07/2025
0

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

11/07/2025
Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

10/07/2025
Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwigeze gufungwa akabanza kubura n’ubu abaturage baramutangira ubuhamya

Babiri bafashwe mu gicuku bakekwaho igikorwa kibangamira uwarokotse Jenoside ku nshuro ya kabiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.