Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye andi makuru ku Banyamerika bagize uruhare mu kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Congo

radiotv10by radiotv10
10/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hamenyekanye andi makuru ku Banyamerika bagize uruhare mu kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Abanyamerika batatu bari bafungiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bahawe imbabazo na Perezida Tshisekedi ku gihano cy’urupfu bari barakatiwe, basubijwe iwabo, Minisitiri w’Ubutabera wa USA yatangaje ko undi Munyamerika wa kane we yafatiwe muri iki Gihugu.

Aba Banyamerika bane bashinjwa kugira uruhare mu kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, mu gikorwa cyabaye tariki 19 Gicurasi 2024.

Batatu muri bo bari bafungiye muri DRC, ku wa Kabiri w’iki cyumweru basubijwe iwabo, nyuma yo guhabwa imbabazi na Perezida Félix Tshisekedi ku gihano cy’urupfu bari barahawe, bakagumushirizwaho icyo gufungwa burundu.

Marcel Malanga, Tyler Thompson na Benjamin Zalman-Polun, basubijwe iwabo nyuma y’ibiganiro byabaye hagati ya Guverinoma ya DRC n’iya Leta Zunze Ubumwe za America.

Ubwo agatsiko k’abantu barimo aba Banyamerika bigabizaga ibiro by’Umukuru w’Igihugu tariki 19 Gicurasi 2024, bavugaga ko bagiye gukuraho ubutegetsi buriho, bagashyiraho ubwo bari bise ‘New Zaïre’.

Iki gikorwa cyari kiyobowe na Christian Malanga wakiciwemo, cyaguyemo abantu batadantu barimo abapolisi babiri n’umusivile umwe.

Marcel Malanga, umuhungu wa Christian Malanga, ari mu bari barakatiwe igihano cy’urupfu n’Urukiko rwa Gisirikare rwa Gombe i Kinshasa, aho iki gihano cyari cyarabaye itegeko tariki 09 Werurwe 2025, ariko kikaza kuvanwaho n’imbabazi zatangajwe mu ijoro ryo ku ya 02 Mata 2025 za Perezida Félix Tshisekedi. Ni imbabazi kandi zahawe Abanyamerika bagenzi be Benjamin Zalman-Polun na Tyler Thompson.

Aba uko ari batatu, boherejwe muri America, ku bufatanye bwa Ambasade y’iki Gihugu i Kinshasa na Guverinoma ya Congo.

Joseph Peter Moesser, ni Umunyamerika wa kane na we uregwa kugira uruhare muri kiriya gikorwa, aho we yafatiwe muri Leta ya Utah muri leta Zunze Ubumwe za America, akaba asanzwe ari inzobere mu bijyanye n’ibiturika.

Abandi batatu bavuye muri DRC, bagomba kugezwa imbere y’Urukiko rwa Brooklyn mbere yo koherezwa muri Salt Lake City kugira ngo hakurikizwe ibiteganywa n’amategeko, mu gihe Moesser biteganyijwe ko none tariki 10 Mata agomba kugeza imbere y’Urukiko we agezwa imbere y’Urukiko rwo muri uyu mujyi wa Salt Lake City muri Leta ya Utah.

Abanyamerika batatu ubwo bari bagiye koherezwa iwabo bavuye muri Congo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Iperereza ry’ibanze ku rupfu rw’umugabo wasanzwe yapfuye ryagize abo rifata

Next Post

Trump yahise yisubiraho ku cyemezo yari aherutse gufata kikazamura impaka ku Isi

Related Posts

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

by radiotv10
06/01/2026
0

Abarwanyi barenga ibihumbi bitatu barimo abasirikare b’u Burundi, aba DRC, ab’umutwe wa FDLR n’uwa Wazalendo, baravugwaho kwigarurira ishuri riherereye muri...

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

by radiotv10
06/01/2026
0

Nicolás Maduro wahoze ari Perezida wa Venezuela uherutse gufatwa na Leta Zunze Ubumwe za America zimusanze mu Gihugu cye, ubwo...

IZIHERUKA

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo
IBYAMAMARE

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Trump yahise yisubiraho ku cyemezo yari aherutse gufata kikazamura impaka ku Isi

Trump yahise yisubiraho ku cyemezo yari aherutse gufata kikazamura impaka ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.