Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayonza: Haracyari urujijo ku biciwe i Midiho muri Jenoside yakorewe Abatutsi

radiotv10by radiotv10
12/04/2025
in MU RWANDA
0
Kayonza: Haracyari urujijo ku biciwe i Midiho muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gace ka Midiho mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayonza, hiciwe Abatutsi babarirwa hagati ya 200 na 500, ariko imyaka ikaba ibaye 31 hataraboneka imibiri yabo, ku buryo abaharokokeye bavuga ko batumva icyabuze ngo ababa bazi amakuru y’aho iri ngo bayatange.

Aka gace gaherereye hafi y’ahahoze Paruwasi ya Nyagatovu mu Itorero ry’Abangirikani Diyosezi ya Kibungo, mu gihe Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, hiciwe Abatutsi benshi, ariko na n’ubu habuze imibiri yabo.

Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuga ko batumva ukuntu ababo bari kwicirwa muri aka gace ngo imibiri yabo ihite ajyanwa ahandi mu gihe cy’umwe gusa.

Bavuga ko hakwiye ubufatanye n’Akarere hagashakwa ubushobozi ku buryo n’ahari ikibuga n’inyubako nshya hacukurwa mu rwego rwo gukomeza gushakisha.

Didas Ndindabahizi ni Perezida w’Umuryango IBUKA mu Karere ka Kayonza, yavuze ko umwaka ushize hari uwatanze amakuru y’aho yakekaga ko hari imibiri, ndetse hagakorwa ibikorwa byo kuyishakisha ariko ikabura.

Ati “Ubwo igisigaye ubu ngubu ni ugukomeza gushakisha dushakira aho tutabashije kugera. Hari ahari ikibuga n’ahubatse Kompasiyo n’inkengero zaho.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco avuga ko aha habereye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, hafite umwihariko.

Ati “Umwihariko waho ni uko kuva bishwe ntabwo twari twamenya aho bajugunywe kugira ngo bashyingurwe mu cyubahiro. Icyo dusaba abaturage cyangwa n’ababa bazi aha hantu ni ukuba batanga amakuru kugira ngo na bo bazashyingurwe mu cyubahiro. Hano hamaze gucukurwa inshuro zirenze enye igihe cyose ubuyobozi (IBUKA) batwegereye bakaduha amakuru yaho bakeka iyo mibiri, n’ubu mu gihe twaba tubonye amakuru ahantu hose haba hakekwa ko haba hari imibiri ibyo birakorwa.”

Ubuyobozi bw’Umuryango Uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi IBUKA mu Karere ka Kayonza, bushimira ubuyobozi bwite bwa Leta mu kubafasha mu bikorwa binyuranye by’iterambere, gusa abarokokeye muri aka gace ka Midiho bakavuga ko bizabashimisha kurushaho igihe bazaba babonye imibiri y’ababo bishwe bagashyingurwa mu cyubahiro.

Umwaka ushize hakozwe ibikorwa byo gushakisha aho iyi mibiri iherereye ariko irabura
Umuyobozi w’Akarere avuga ko hazakomeza ibikorwa byo gushakisha

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + eighteen =

Previous Post

Umukobwa ukekwaho kwicana ubugome uruhinja yari amaze kubyara hasobanuwe uko yabigenje

Next Post

Kwibuka31: Ubutumwa bwa bamwe mu byamamare Nyarwanda

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwibuka31: Ubutumwa bwa bamwe mu byamamare Nyarwanda

Kwibuka31: Ubutumwa bwa bamwe mu byamamare Nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.