• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayonza: Haracyari urujijo ku biciwe i Midiho muri Jenoside yakorewe Abatutsi

radiotv10by radiotv10
12/04/2025
in MU RWANDA
0
Kayonza: Haracyari urujijo ku biciwe i Midiho muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gace ka Midiho mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayonza, hiciwe Abatutsi babarirwa hagati ya 200 na 500, ariko imyaka ikaba ibaye 31 hataraboneka imibiri yabo, ku buryo abaharokokeye bavuga ko batumva icyabuze ngo ababa bazi amakuru y’aho iri ngo bayatange.

Aka gace gaherereye hafi y’ahahoze Paruwasi ya Nyagatovu mu Itorero ry’Abangirikani Diyosezi ya Kibungo, mu gihe Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, hiciwe Abatutsi benshi, ariko na n’ubu habuze imibiri yabo.

Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuga ko batumva ukuntu ababo bari kwicirwa muri aka gace ngo imibiri yabo ihite ajyanwa ahandi mu gihe cy’umwe gusa.

Bavuga ko hakwiye ubufatanye n’Akarere hagashakwa ubushobozi ku buryo n’ahari ikibuga n’inyubako nshya hacukurwa mu rwego rwo gukomeza gushakisha.

Didas Ndindabahizi ni Perezida w’Umuryango IBUKA mu Karere ka Kayonza, yavuze ko umwaka ushize hari uwatanze amakuru y’aho yakekaga ko hari imibiri, ndetse hagakorwa ibikorwa byo kuyishakisha ariko ikabura.

Ati “Ubwo igisigaye ubu ngubu ni ugukomeza gushakisha dushakira aho tutabashije kugera. Hari ahari ikibuga n’ahubatse Kompasiyo n’inkengero zaho.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco avuga ko aha habereye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, hafite umwihariko.

Ati “Umwihariko waho ni uko kuva bishwe ntabwo twari twamenya aho bajugunywe kugira ngo bashyingurwe mu cyubahiro. Icyo dusaba abaturage cyangwa n’ababa bazi aha hantu ni ukuba batanga amakuru kugira ngo na bo bazashyingurwe mu cyubahiro. Hano hamaze gucukurwa inshuro zirenze enye igihe cyose ubuyobozi (IBUKA) batwegereye bakaduha amakuru yaho bakeka iyo mibiri, n’ubu mu gihe twaba tubonye amakuru ahantu hose haba hakekwa ko haba hari imibiri ibyo birakorwa.”

Ubuyobozi bw’Umuryango Uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi IBUKA mu Karere ka Kayonza, bushimira ubuyobozi bwite bwa Leta mu kubafasha mu bikorwa binyuranye by’iterambere, gusa abarokokeye muri aka gace ka Midiho bakavuga ko bizabashimisha kurushaho igihe bazaba babonye imibiri y’ababo bishwe bagashyingurwa mu cyubahiro.

Umwaka ushize hakozwe ibikorwa byo gushakisha aho iyi mibiri iherereye ariko irabura
Umuyobozi w’Akarere avuga ko hazakomeza ibikorwa byo gushakisha

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − one =

Previous Post

Umukobwa ukekwaho kwicana ubugome uruhinja yari amaze kubyara hasobanuwe uko yabigenje

Next Post

Kwibuka31: Ubutumwa bwa bamwe mu byamamare Nyarwanda

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Kwibuka31: Ubutumwa bwa bamwe mu byamamare Nyarwanda

Kwibuka31: Ubutumwa bwa bamwe mu byamamare Nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.