• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA POLITIKI

Abanyarwanda baributswa ko kurinda uburenganzira bwa muntu bitareba Leta gusa

radiotv10by radiotv10
01/12/2021
in POLITIKI
0
Abanyarwanda baributswa ko kurinda uburenganzira bwa muntu bitareba Leta gusa
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu (NCHR) yibukije ko kurinda uburenganzira bwa muntu ari inshingano za buri wese aho kuba iza Leta gusa, igasaba Abanyarwanda kugira uruhare mu bikorwa byo kurinda uburenganzira bwa muntu bakajya bagaragaza aho bwahutajwe.

Ibi byagarutsweho na Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu (NCHR). Mukasine Marie Claire, kuri uyu wa Kabiri taliki 30 Ugushyingo 2021 mu kiganiro n’itangazamakuru.

Ni mu gihe hitegurwa igikorwa cyo kwizihiza umunsi w’itangazo mpuzamahanga ryerekeye uburenganzira bwa muntu kiba tariki 10 Ukuboza buri mwaka.

Mukasine uyobora iyi Komisiyo yasabye ko Abanyarwanda gukomeza guteza imbere uburenganzira bwa muntu.

Ati “Nka Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu turasaba Abaturarwanda kurinda no guteza imbere uburenganzira bwa muntu kandi bakagaragariza inzego zibishinzwe aho umuntu yahutajwe.”

Mukasine ashimangira ko itangazo mpuzamahanga ryerekeye uburenganzira bwa muntu ryabaye ivomo mu by’uburenganzira mbonezamubano no mu bya politiki.

Uburenganzira bwagaragajwe ni ubwo gutora no gutorwa, kutagirwa umucakara, kugira imibereho bwite, kugira Igihugu, umutungo n’ibindi.

Taliki 10 Ukuboza, ni umunsi wahawe agaciro ku burenganzira bwa muntu kuko Isi iha agaciro no kutavogerwa kwa muntu.

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yerekana ko kimwe mu biranga uburenganzira bwa muntu ari uko ari bumwe ku bantu bose, ku Isi yose, kandi ngo ntabwo bugabanywa ahubwo buruzuzanya.

Bimwe mu bikorwa bizakorwa mu cyumweru cyahariwe uburenganzira bwa muntu, harimo ko NCHR ifatanyije n’Urwego rw’Umuvunyi, hazatangwa ikiganiro ku rwego rw’Intara by’umwihariko ku kurwanya ruswa n’isano bifitanye n’uburenganzira bwa muntu.

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu izatanga ikiganiro ku nzego z’urubyiruko rw’abakorerabushake.

Umujyanama Mukuru mu biro by’uburenganzira bwa muntu mu Rwanda, Komi Gnondoli, avuga ko umunsi mpuzamahanga w’itangazo ry’uburenganzira bwa muntu ritareba Leta gusa.

Ati “Umunsi Mpuzamahanga w’Itangazo ry’Uburenganzira bwa Muntu ntirireba Guverinoma cyangwa Leta, ahubwo rireba buri wese nk’ikiremwamuntu”.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abantu bafite Ubumuga (NCPD) Ndayisaba Emmanuel ishima NCHR nka komisiyo ifite inshingano zo kureberera abafite ubumuga.

Kuva mu Ukuboza 1948-Ukuboza 2021 hazaba hashize imyaka 73 hubahirizwa uburenganzira bwa muntu.

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti “Kureshya, kugabanya ubusumbane, guteza imbere uburenganzira bwa muntu”.

Komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu itangaza ko kubahiriza uburenganzira bwa muntu bituma habaho kureshya.

Itangazo mpuzamahanga ryashyizweho nyuma y’ibihe bikomeye by’intambara ya Kabiri y’Isi yahitanye abasaga miliyoni 45.

Mu ntambara ya Kabiri y’Isi yose, hangiritse byinshi ndetse ihungabanya bikomeye uburenganzira bwa muntu mu byiciro bitandukanye.

Pacifique NTAKIRUTIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Menya ibiri kuba hamwe na TV10: Tubazaniye amakuru avunaguye ya saa 12:30’

Next Post

Gicumbi: Umupadiri ukurikiranyweho gusambanya umwana yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

Urukundo rw’umuryango ntirukwiye kutubuza gushyira imbere ikizaramira u Rwanda-Madamu J.Kagame abwira urubyiruko

Urukundo rw’umuryango ntirukwiye kutubuza gushyira imbere ikizaramira u Rwanda-Madamu J.Kagame abwira urubyiruko

by radiotv10
30/05/2026
0

Madamu Jeannette Kagame yibukije urubyiriko ko rukwiye gushyira imbere ikizaramira Igihugu cyarwibarutse, arwizeza ko nubwo hari imwe mu miryango igifite...

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi

Uko byagenze ngo ibiganiro by’intumwa za AFC/M23 n’u Busuwisi byari kubera i Goma bibere mu Rwanda

by radiotv10
28/05/2026
0

Intumwa z’u Busuwisi zigenzura ishyirwa mu bikorwa ry’ibyemeranyijweho hagati y’ubutegetsi bwa DRC na AFC/M23 ziherutse kugirira ibiganiro mu Rwanda n’abahagarariye...

Next Post
Gicumbi: Umupadiri ukurikiranyweho gusambanya umwana yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Gicumbi: Umupadiri ukurikiranyweho gusambanya umwana yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.