Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwibasiye Umukozi w’Imana Pastor Julienne yagarukanye ubundi butumwa bwumvikanamo kwicuza

radiotv10by radiotv10
29/04/2025
in MU RWANDA
0
Uwibasiye Umukozi w’Imana Pastor Julienne yagarukanye ubundi butumwa bwumvikanamo kwicuza
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga wanditseho ubutumwa bwibasira Pastor Julienne Kabanda Kabirigi akamwita ‘Intumwa ya Satani ku Isi’ yasabye imbabazi; avuga ko yabitewe no kuyobywa n’amarangamutima.

Ni nyuma yuko uwitita Bakame ku rubuga nkoranyambaga rwa X yanditseho ubutumwa bwamaganywe na benshi, aho yibasiraga uyu mukozi w’Imana Pastor Julienne.

Mu butumwa yari yabanje kwandika, yari yagize ati “Reka mwite intumwa ya Satani ku Isi Mama w’ikinyoma. Uyu ni mushiki wa Apostle Gitwaza mu kwitwaza Ijambo ry’Imana bagatuburira Abanyarwanda, uwampuza na we isi yose itureba nkamubaza ikibazo 1 cyo muri Bibiliya abeshya ko yigisha.”

Ubu butumwa bwanenzwe na benshi, bagaya uyu wihandagaje akandagaza Umukozi w’Imana ufite benshi banyurwa n’ubutumwa bwe, ndetse bamwe bagasaba inzego kubikurikirana.

Nyuma yo kugawa, mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Mbere tariki 28 Mata 2025, uyu wiyita Bakame yongeye kwandika ubundi butumwa asaba imbabazi.

Yagize ati “Muri aka kanya nanditse nsaba imbabazi umuryango Nyarwanda imbabazi by’umwihariko umuryango wa Pastor KABANDA Julienne bitewe n’igikorwa nakoze kubera amarangamutima yanjye yanyobeje bityo nkagwa mu cyaha kibangamira imibereho bwite ya muntu dusanga mu ngingo ya 39 y’itegeko No 60/2018 ryo ryerekeye gukumira no Guhana ibyaha bikoreshejwe ikoranabuhanga.”

Uyu wiyita Bakame, yakomeje ubutumwa bwe agira inama urubyiruko, ati “dukoresha imbuga nkoranyambaga bityo nubwo dufite uburenganzira bwo kwisanzura ariko bigomba no kujyana n’inshingano zo kubaha uburenganzira bw’abandi bantu nk’uko tubibona mu ihame rivuga ko uburenganzira bujyana inshingano “le droit s’accompagne de la responsabilité”.”

Arongera ati “Muryango wanjye Gihugu cyacu mbasabye amahirwe ya nyuma nkuko muri Yohani 8:1–11 tubona urugero rwaho “Yesu yakijije

umugore wafashwe asambana abandi bari bamaze kumucira urubanza” mu mpaye ayo mahirwe naharanira kuba mudahusha mu rugamba rwo kubaka Igihugu cyacu nkuko H.E na First Lady bahora babidushishikariza.”

Uyu witwa Bakame kuri X, yasabye imbabazi, nyuma yuko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwari rwatangaje ko rwatangiye gusuzuma niba ibyo yatangaje bigize ibyaha, kugira ngo abikurikiranweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − ten =

Previous Post

Abakunzi ba Hip Hop mu Rwanda bagiye kongera kujya ibicu

Next Post

Ibitero by’indege z’igisirikare cya Israel muri Gaza byahitanye benshi

Related Posts

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

by radiotv10
08/07/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, rwasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo kurema umutwe...

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ rwasohowemo umugore we bikamubabaza

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ rwasohowemo umugore we bikamubabaza

by radiotv10
08/07/2025
0

Mu rubanza rw’ubujurire ku cyemezo cyo gufungwa by’agateganyo cyafatiwe Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, uruhande rw’uregwa, rwagaragaje ibimenyetso buheraho...

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Eng.-Why is DRC bringing in more mercenaries, drones, and heavy weapons? Peace Deal raises concerns

Eng.-Why is DRC bringing in more mercenaries, drones, and heavy weapons? Peace Deal raises concerns

by radiotv10
08/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Olivier Nduhungirehe mentioned that even though Rwanda has a hope on the...

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

by radiotv10
08/07/2025
0

Abatujwe mu Mudugudu w’Icyitegererezo bise ‘Shimwa Paul’ uherereye mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko ibikorwa by’iterambere...

IZIHERUKA

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends
FOOTBALL

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

by radiotv10
08/07/2025
0

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

08/07/2025
Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ rwasohowemo umugore we bikamubabaza

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ rwasohowemo umugore we bikamubabaza

08/07/2025
Ubutumwa Mitsutsu yageneye umukunzi nyuma yo kumuterera ivi mu gikorwa yafatiwemo n’amarangamutima

Ubutumwa Mitsutsu yageneye umukunzi nyuma yo kumuterera ivi mu gikorwa yafatiwemo n’amarangamutima

08/07/2025
Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

08/07/2025
Eng.-Why is DRC bringing in more mercenaries, drones, and heavy weapons? Peace Deal raises concerns

Eng.-Why is DRC bringing in more mercenaries, drones, and heavy weapons? Peace Deal raises concerns

08/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibitero by’indege z’igisirikare cya Israel muri Gaza byahitanye benshi

Ibitero by’indege z’igisirikare cya Israel muri Gaza byahitanye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ rwasohowemo umugore we bikamubabaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.