Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uwayoboye isinywa ry’inyandiko hagati y’u Rwanda na DRCongo yahawe inshingano nshya muri America yandika amateka

radiotv10by radiotv10
02/05/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibyasinywe si amasezerano- Menya iby’inyandiko yasinywe hagati y’u Rwanda na DRCongo n’impamvu byakozwe na America
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yahaye inshingano nshya Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio zo kumubera Umujyanama mu by’umutekano, inshingano azabangikanya zombi, ibintu byaherukaga mu myaka 50 ishize.

Marco Rubio wahawe izi nshingano by’agatetanyo, ni we uherutse kuyobora isinywa ry’inyandiko y’amahame azagenda ibigomba kuganirwaho hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gikorwa cyabaye tariki 25 Mata, aho yari kumwe na bagenzi be, Amb. Olivier Nduhungirehe w’u Rwanda, na Thérèse Kayikwamba Wagner wa DRC.

Izi nshingano nshya, Marco Rubio yazihawe na Perezida Donald Trump kuri uyu wa Kane tariki 01 Gicurasi 2025, nyuma yo kwirukana Mike Waltz wajyanye n’uwari umwungirije Alex Wong.

Amakuru avuga ko Mike Waltz na Alex Wong, bavuye muri izi nshingano, bashyizweho igitutu kubera gutakarizwa icyezere ku miyoborere yabo.

Mike Waltz yari amaze iminsi ari ku gitutu kidasanzwe kuva hasinywa amasezerano atavugwaho rumwe, ndetse n’amakuru y’ibanga yaba yaraganirije umunyamakuru ku bijyanye n’igitero cya Leta Zunze Ubumwe za America muri Yemen.

Marco Rubio wamusimbuye by’agateganyo, asanzwe ari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, aho agiye kubangikanya izi nshingano zombi, ibintu byaherukaga gukorwa na Henry Kissinger wigeze kuba Umujyanama mu by’umutekano ndetse n’Umunyamabanga wa Leta icyarimwe mu 1973.

Marco Rubio wigeze guhatana na Donald Trump mu matora y’ibanze ry’Aba- Republican ya 2016, abaye umwe mu bayobozi bakomeye muri Guverinoma ya Perezida Trump.

Rubio yari aherutse kuyobora isinywa ry’inyandiko hagati y’u Rwanda na DRC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 3 =

Previous Post

Volleyball: Amakipe aherutse guhagararira u Rwanda mu mikino nyafurika agiye guhurira mikino y’ishiraniro

Next Post

Hamenyekanye igihe Perezida Kagame na Tshisekedi bashobora kuzasinyira amasezerano n’aho bizakorerwa

Related Posts

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
22/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rikomeje kwakira ubuhamya bw’Abanyekongo benshi bari mu nkambi y’impunzi ya Gatumba mu Burundi, bavuga ko bakomeje...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi 1.900 barimo 330 b’igitsinagore
MU RWANDA

Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi 1.900 barimo 330 b’igitsinagore

by radiotv10
22/12/2025
0

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye igihe Perezida Kagame na Tshisekedi bashobora kuzasinyira amasezerano n’aho bizakorerwa

Hamenyekanye igihe Perezida Kagame na Tshisekedi bashobora kuzasinyira amasezerano n’aho bizakorerwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi 1.900 barimo 330 b’igitsinagore

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.