Saturday, June 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

radiotv10by radiotv10
09/05/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa
Share on FacebookShare on Twitter

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu biro by’aka Kagari hatahuwe ko hari umubiri w’uwazize Jenoside yakorewe Abatutsi, umaze imyaka itanu ubitsemo utarashyingurwa mu cyubahiro.

Uwatawe muri yombi ni Ntakobanzangira Theogene asanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Mpinga, ariko akaba yarayoboraga aka Kizura muri 2020 ubwo uyu mubiri wajyanwaga mu Biro by’Akagari.

Mu minsi ishize Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi, bwari bwabwiye RADIOTV10 ko uwagize uruhare mu gutuma uwo mubiri umara imyaka itanu mu Biro by’Akagari, agomba kubiryozwa.

Amakuru yageze kuri RADIOTV10, yemeza ko Ntakobanzangira Theogene yatawe muri yombi tariki 05 Gicurasi 2025.

Ni nyuma yuko uriya mubiri wabonetse hakabanza kwegeranywa amakuru niba ari uw’uwazize Jenoside, bikaza kumenyekana ko ari wo, ariko uyu wari Gitifu wa kariya Kagari ntabimenyekanishe, bigatuma umara imyaka itanu ubitse mu Biro by’Akagari.

Ntakobazangira bivugwa ko atigeze abitangaho amakuru nubwo we yavugaga ko yabimenyesheje inzego zitandukanye kuri telefone ariko ntabikorere inyandiko.

Banyangiriki Alphonse basimburanye mu kuyobora aka Kagari nawe yari yavuze ko yari ahamaze hafi imyaka 2 atazi ko uwo mubiri ubitsemo kuko atigeze abimenyeshwa ubwo habaga ihererekanyabubasha, ahubwo ko yabibwiwe na Ntakobazangira bari mu nama itegura Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Banyangiriki Alphonse yari yagize ati “Ubwo rero kuri izo tariki ebyiri z’ukwezi kwa 4 k’uyu mwaka, ni ho yambwiye ati ‘uzi ko mu Kagari dufite umubiri ukekwa ko ari uw’umuntu wazize Jenoside’.”

Gitifu Banyangiriki akimara kumva aya makuru yahise ayageza ku buyobozi bw’Umurenge wa Gikundamvura hahita hatangira kwegeranywa amakuru ndetse aho wari wabonetse mu butaka bw’umuturage hakorwa umuganda wo gushaka ibindi bice by’uyu mubiri na byo bishyirwa hamwe n’ibyari bibitse mu Biro by’Akagari.

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi Sindayiheba Phanuel yari yabwiye RADIOTV10 ko hatangiye gushakishwa amakuru kugira ngo hamenyekane uwagize uruhare mu kudatanga aya makuru bigatuma uwakabaye ashyingurwa mu cyubahiro umubiri we umara imyaka itanu mu bubiko bw’Akagari kandi ko uwo byari kugaragara ko yabigizemo uruhare yagombaga kubihanirwa byaba ku buryo bw’akazi ndeste n’amategeko.

Kuva ku wa kabiri w’iki cyumweru kugeza ubu, Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry ntarahakanira cyangwa ngo yemerere umunyamakuru niba amakuru y’itabwa muri yombi rya Ntakobazangira ari yo ndeste niba ryaba rifitanye isano n’uwo mubiri yabitse mu Kagari ntabitangeho amakuru, gusa amakuru yizewe dufite ni uko uyu Muyobozi yatawe muri yombi, ndetse Umunyamakuru yayahamirijwe n’umwe mu bamusuye.

Uwamusuye aho afungiye, yagize ati “Yego ni byo, namusuye hano kuri Police station ya Muganza.”

Bivugwa ko Ntakobazangira Theogene yafatanywe n’abandi bantu barimo babiri bafite aho bahuriye n’ubutaka uyu mubiri wabonetsemo ndetse n’abari baraye irondo ku munsi uyu nyakwigendera yiciweho nk’uko bavuzwe n’uwitwa Bola Uzima Zakariya wafungiwe icyaha cya Jenoside wari wavuze ko yabonye uyu musore bamuboshye.

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Phanuel Sindayiheba na we yirinze kugira byinshi abwira umunyakakuru ku bijyanye n’iri tabwa muri yombi kuko akimara gusoma ubutumwa yamwoherereje bubimusabaho amakuru yabaye nk’ubigendera kure.

Mu butumwa yasubije umunyamakuru, uyu Muyobozi yamusabye ko yabaza amakuru arambuye Urwego rwataye muri yombi uriya Muyobozi.

Byaje kumenyekana ko umubiri wamaze imyaka itanu mu Biro by’Akagari ari uw’umusore witwaga Muhawenimana Callyope wiciwe mu Murenge wa Gikundamvura mu gihe cya Jenoside aho yari yabashije kurokoka ubwicanyi bwabereye kuri kiliziya ya Mibilizi akahava agerageza guhungira i Burundi ariko interahamwe zikamwicira hafi y’aho umubiri we wabonetse.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Next Post

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.