Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyamakuru ibyangombwa bye byasanganywe umujura warashwe yavuze ibyamubaye

radiotv10by radiotv10
16/06/2025
in MU RWANDA
0
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage ukekwaho ubujura warasiwe na Polisi mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro nyuma yo gushaka gutema umupolisi, yasanganywe ibyangombwa na telefone by’umunyamakuru, wavuze ko yari aherutse gutegwa n’abajura mu masaha y’igicuku bakabimwambura.

Uyu muturage yarashwe mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru tariki 15 Kamena 2025 mu Mudugudu wa Byimana mu Kagari ka Karama mu Murenge wa Kanombe, ahagana saa munani.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire yemeje amakuru y’iraswa ry’uyu muturage, aho yari umwe muri batatu bariho bacukura inzu y’umuturage utuye muri aka gace, ngo bamwibe.

Avuga ko uwo muturage wari ugiye kwibwa, yatabaje irondo ry’umwuga na ryo rikamenyesha Abapolisi bari bari gucunga umutekano, bakihutira kuhagera.

Ati “Bahageze basanga abajura batatu bari gucukura inzu y’uwo muturage, babiri bariruka undi umwe afata umupanga agiye gutema umupolisi mugenzi we ahita amurasa.”

CIP Gahonzire uvuga ko uyu ukekwaho ubujura yari afite icyuma, umuhoro na ferabeto, nta cyangombwa cye yari afite, ahubwo ko yasanganywe iby’umunyamakuru Niyomugabo Léandre wigeze gukorera RADIOTV10.

Yagize ati “Byarimo ikarita y’akazi y’uwitwa Niyomugabo Léandre ukora kuri TV10 [ntagikorera iki gitangazamakuru], ikarita ya Ecobank, na Equity, irangamuntu, permit, visa card na telephone bya Niyomugabo.”

CIP Gahonzire yaboneyeho kuburira abishoye muri ibi bikorwa by’ubujura mu buryo ubwo ari bwo bwose yaba aba bacukura inzu z’abaturage, ababategera mu nzira bakabambura ibyabo, ko Polisi y’u Rwanda yabahagurukiye.

Umunyamakuru Niyomugabo Léandre avuga ko ibi byangombwa yari yabyambuwe n’abajura bamuteze ari nijoro ubwo yari mu nzira ataha.

Yagize ati “Hari ku wa Gatanu nari ndi mu nzira ndi gutaha, nka saa munani, mbere yuko ngera aho ntuye, abajura barantega banyambura telefone, amafaranga,…”

Uyu munyamakuru avuga ko yagiye gutanga ikirego, kuri iki Cyumweru agiye kumva yumva ahamagawe na Polisi y’u Rwanda ikamunyesha ko umuntu wamwibye, yarashwe n’ubundi ari mu bikorwa by’ubujura.

Ati “Bamurashe bagiye kureba ibyangombwa, basanga nta byangombwa afite ahubwo afite ibyanjye, na telefone yanjye, telefone yanjye kubera ko irimo ifoto nambaye umupira wa TV10 bahita babibona, barampamagara.”

Avuga ko ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru ari bwo yagiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kanombe, bakamuha ibyangombwa bye byasanganywe ukekwaho ubujura warashwe. Ati “Ubu byose ndabifite ntakibazo.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − three =

Previous Post

Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Next Post

Amakuru yamenyekanye ku modoka y’umunyamakurukazi yari yibwe muri Kigali

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

by radiotv10
07/04/2026
0

Perezida Paul Kagame avuga ko amateka ashaririye u Rwanda rwanyuzemo ya Jenoside yakorewe Abatutsi, adashobora kongera kubaho ukundi kuko rwubatse...

IZIHERUKA

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23
AMAHANGA

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

Amakuru yamenyekanye ku modoka y’umunyamakurukazi yari yibwe muri Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.