Ubuyobozi bwa APR FC bwemeje abakinnyi baguzwe n’iyi kipe ndetse n’abo isigaje kugura, barimo abanyamahanga babiri isigaje kongera mu bo yamaze gusinyisha.
Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa, yavuze ko iyi kipe isigaje kugura abanyamahanga babiri b’abanyamahanga biyongera kuri Ronald Ssekiganda wavuye muri SC Villa yo muri Uganda yari abereye Kapiteni.
Abakinnyi bagomba kugurwa na APR FC, barimo rutahizamu w’imbere n’undi mukinnyi umukina inyuma ahazwi nko kuri nimero 10.
Brig Gen Deo Rusanganwa yemeje ko kandi bari mu biganiro na Omborenga Fitina ariko atarasinya nubwo hari amakuru yemeza ko uyu musore yamaze kumvikana n’iyi kipe nyuma y’umwaka ayivuyemo.
Nyuma yuko APR FC iri kwitegura imikino mpuzamahanga ya CAF Champions League ariko ikaba idafite Umutoza Mukuru kuko Darko Novic na bagenzi be basezerewe Shampiyona itararangira, Chairman wa APR FC yavuze ko umutoza mushya azamenyekana namara gusinya.
Gusa yavuze ko ubuyobozi bw’iyi kipe bwamaze kumvikana n’umutoza nk’uko bimeze no ku bazamwungiriza. Uvugwa ko ashobora kuba umutoza w’iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda, ni Umunya-Maroc Abderrahim Talib watoje amakipe 13 arimo RS Berkane, AS FAR na Wydad Athletic Club.
Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10