Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo umunyapolitiki Ingabire Victoire avuga ku guhamagazwa mu rubanza rw’abaregwa gushaka guhirika ubutegetsi

radiotv10by radiotv10
18/06/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Icyo umunyapolitiki Ingabire Victoire avuga ku guhamagazwa mu rubanza rw’abaregwa gushaka guhirika ubutegetsi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Urukiko Rukuru rutumije Ingabire Victoire Umuhoza mu rubanza ruregwamo itsinda ry’abaregwa ibyaha birimo gushaka guhirika ubutegetsi, uyu munyapolitiki yemeye ko yahamagajwe koko, ariko ko ategereje ibaruwa inyuze mu mucyo kandi igaragaza ibisobanuro birambuye.

Uyu wiyita umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, yahamagajwe mu rubanza ruregwamo abantu icyenda, bivugwa ko ari abambari b’ishyaka DALFA-Umurinzi [ntiryemewe] ryashinzwe na Ingabire.

Mu rubanza rwabo, hakunze kugarukwa kuri uyu munyapolitiki, aho Ubushinjacyaha bwavuze kenshi ko aba bantu bagiye bagirana ibiganiro na we.

Ubushinjacyaha kandi bwavuze ko Ingabire Victoire, yagiye atera inkunga aba bantu mu buryo butandukanye burimo n’amafaranga ndetse n’inyigisho zatangirwaga mu mahugurwa agamije kwigisha uburyo bwo gukuraho ubutegetsi hadakoreshejwe intwaro.

Mu iburanisha ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Kamena 2025, Umucamanza w’Urukiko Rukuru yabajije Ubushinjacyaha impamvu uyu Ingabire Victoire bigaragara ko yagize uruhare runini muri ibi byaha biregwa aba aba bantu, ariko akaba adakurikiranywe muri uru rubanza, busubiza ko bufite ububasha bwo guhitamo kuba bwakurikirana umuntu cyangwa kutamukurikirana.

Bwanatanze urugero rw’undi witwa Assoumpta na we wagize uruhare mu mitegurire y’ibikorwa bigize ibyaha biregwa aba bantu, ariko ko na we atigeze ahamagazwa cyangwa ngo abazwe n’Ubushinjacyaha, kuko butazi neza aho aherereye ku Mugabane w’u Burayi.

Ni mu gihe Umunyamategeko Me Gatera Gashabana wunganira abaregwa, yavuze ko ubushinjacyaha bwahisemo gukurikirana abantu boroshye, bugasiga abandi kandi bose bwari bukwiye kubakurikirana.

Abaregwa muri uru rubanza, barimo umunyamakuru Théoneste Nsengimana, bahakana ibyaha baregwa, ndetse uwitwa Sylvain Sibomana uregwa kuba ari we wateguye ariya mahugurwa, agahakana ko atari abayoboke b’ishyaka DALFA-Umurinzi rya Ingabire Victoire.

Urukiko rwanzuye ko mu iburanisha ryo kuri uyu wa Kane tariki 19 Kamena 2025 ubwo uru rubanza ruzaba rwasubukuwe, Ingabire Victoire azitaba Urukiko kugira ngo abazwe ku byo agarukwaho.

Mu butumwa uyu munyapolitiki yatanze nyuma yuko hatangajwe iby’ihamagazwa rye, yavuze ko koko yahamagajwe n’urukiko.

Yagize ati “Uyu munsi nahamagajwe ngo nzitabe Urukiko ku wa Kane tariki 19 Kamena 2025. Ntegereje ibaruwa inyuze mu nzira zemewe n’amategeko inagaragaza ibisobanuro birambuye.”

Ingabire Victoire Umuhoza amaze imyaka irindwi arekuwe ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika, aho yafunguwe muri Nzeri 2018, nyuma yuko mu mpera za 2013 Urukiko rw’Ikirenga rwari rwamukatiye igifungo cy’imyaka 15.

Iki gihano cy’igifungo cy’imyaka 15 yari yagikatiwe nyuma yuko we n’Ubushinjacyaha bajuririye icy’imyaka umunani (8) yari yakatiwe n’Urukiko Rukuru nyuma yo kumuhamya ibyaha birimo kugambanira Igihugu agamije kukivutsa umudendezo ndetse n’icyo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 6 =

Previous Post

Icyatumye umuhanzi uzwi mu Rwanda yinjira mu bukomisiyoneri

Next Post

Agezweho ku ntambara hagati ya Iran na Israel ikomeje kugana ahateye inkeke

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Agezweho ku ntambara hagati ya Iran na Israel ikomeje kugana ahateye inkeke

Agezweho ku ntambara hagati ya Iran na Israel ikomeje kugana ahateye inkeke

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.