Nyuma yuko Urukiko Rukuru rutumije Ingabire Victoire Umuhoza mu rubanza ruregwamo itsinda ry’abaregwa ibyaha birimo gushaka guhirika ubutegetsi, uyu munyapolitiki yemeye ko yahamagajwe koko, ariko ko ategereje ibaruwa inyuze mu mucyo kandi igaragaza ibisobanuro birambuye.
Uyu wiyita umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, yahamagajwe mu rubanza ruregwamo abantu icyenda, bivugwa ko ari abambari b’ishyaka DALFA-Umurinzi [ntiryemewe] ryashinzwe na Ingabire.
Mu rubanza rwabo, hakunze kugarukwa kuri uyu munyapolitiki, aho Ubushinjacyaha bwavuze kenshi ko aba bantu bagiye bagirana ibiganiro na we.
Ubushinjacyaha kandi bwavuze ko Ingabire Victoire, yagiye atera inkunga aba bantu mu buryo butandukanye burimo n’amafaranga ndetse n’inyigisho zatangirwaga mu mahugurwa agamije kwigisha uburyo bwo gukuraho ubutegetsi hadakoreshejwe intwaro.
Mu iburanisha ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Kamena 2025, Umucamanza w’Urukiko Rukuru yabajije Ubushinjacyaha impamvu uyu Ingabire Victoire bigaragara ko yagize uruhare runini muri ibi byaha biregwa aba aba bantu, ariko akaba adakurikiranywe muri uru rubanza, busubiza ko bufite ububasha bwo guhitamo kuba bwakurikirana umuntu cyangwa kutamukurikirana.
Bwanatanze urugero rw’undi witwa Assoumpta na we wagize uruhare mu mitegurire y’ibikorwa bigize ibyaha biregwa aba bantu, ariko ko na we atigeze ahamagazwa cyangwa ngo abazwe n’Ubushinjacyaha, kuko butazi neza aho aherereye ku Mugabane w’u Burayi.
Ni mu gihe Umunyamategeko Me Gatera Gashabana wunganira abaregwa, yavuze ko ubushinjacyaha bwahisemo gukurikirana abantu boroshye, bugasiga abandi kandi bose bwari bukwiye kubakurikirana.
Abaregwa muri uru rubanza, barimo umunyamakuru Théoneste Nsengimana, bahakana ibyaha baregwa, ndetse uwitwa Sylvain Sibomana uregwa kuba ari we wateguye ariya mahugurwa, agahakana ko atari abayoboke b’ishyaka DALFA-Umurinzi rya Ingabire Victoire.
Urukiko rwanzuye ko mu iburanisha ryo kuri uyu wa Kane tariki 19 Kamena 2025 ubwo uru rubanza ruzaba rwasubukuwe, Ingabire Victoire azitaba Urukiko kugira ngo abazwe ku byo agarukwaho.
Mu butumwa uyu munyapolitiki yatanze nyuma yuko hatangajwe iby’ihamagazwa rye, yavuze ko koko yahamagajwe n’urukiko.
Yagize ati “Uyu munsi nahamagajwe ngo nzitabe Urukiko ku wa Kane tariki 19 Kamena 2025. Ntegereje ibaruwa inyuze mu nzira zemewe n’amategeko inagaragaza ibisobanuro birambuye.”
Ingabire Victoire Umuhoza amaze imyaka irindwi arekuwe ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika, aho yafunguwe muri Nzeri 2018, nyuma yuko mu mpera za 2013 Urukiko rw’Ikirenga rwari rwamukatiye igifungo cy’imyaka 15.
Iki gihano cy’igifungo cy’imyaka 15 yari yagikatiwe nyuma yuko we n’Ubushinjacyaha bajuririye icy’imyaka umunani (8) yari yakatiwe n’Urukiko Rukuru nyuma yo kumuhamya ibyaha birimo kugambanira Igihugu agamije kukivutsa umudendezo ndetse n’icyo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.
RADIOTV10