Umuhanzi Ruhumuriza James uzwi nka King James, yongeye kubazwa igihe azashingira urugo, avuga ko igihe kitaragera, ariko ko nikigera azabikora ntakabuza.
Umuhanzi King James yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Kamena 2025 mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, ubwo yari yitabiriye ikiganiro cyagarukaga ku iserukiramuco MTN Iwacu Muzika Festival rigiye kuzenguruka Igihugu cyose, aho na we azaba ari mu bahanzi bazaririmbamo akaba ari na we muhanzi mukuru.
Ubwo ikiganiro yari ari kugirana n’abanyamakuru cyarimo gihumuza, umwe mu banyamakuru yamubwiye ko hari ikibazo abafana be bakunze kwibaza cy’igihe azashakira, kandi ko banabimwifuriza cyane ko babona igihe cyabyo cyarageze.
Uyu muhanzi uri mu bafite abakunzi benshi kubera indirimbo ze zinyura abatari bacye wahise akubitwa agatwenge, yagize ati “Ni ubwa mbere iki kibazo nari ngiye ngicitse, biranze.”
King James yakomeje agira ati “Muri rusange igihe kizagera, ahubwo wenda buriya ni igihe kiba kitaragera, ariko buriya igihe kizagera.”
Abajijwe niba afite umukunzi baba bateganya kuzarushingana, King James, yagize ati “Igihe kizagera na byo mbibabwire.”
Uyu muhanzi uri kwitegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 amaze muri muzika, aherutse gushyira hanze indirimbo yise Mowana iri mu zigezweho muri iyi minsi mu muziki w’u Rwanda.
RADIOTV10