Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari icyizere abantu bagira ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo?

radiotv10by radiotv10
20/06/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hari icyizere abantu bagira ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo?
Share on FacebookShare on Twitter

Abasesenguzi mu bya Politiki bavuga ko kuba u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bigiye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro, ari intambwe ya mbere itanga icyizere mu kubona umuti w’ibibazo bimaze igihe hagati y’Ibihugu byombi.

Mu ijoro ryo ku ya 18 Kamena 2025 Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yashyize hanze itangazo rivuga ko inzobere z’u Rwanda n’iza DRC zamaze iminsi mu biganiro ku bikubiye mu masezerano y’amahoro azashyirwaho umukono n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga.

Iri tangazo ryagaragaje zimwe mu ngingo zikubiye muri aya masezerano, nko kuba Ibihugu byombi byaremeranyijwe kubaha ubusugire bwa buri kimwe, ndetse no gufatanya kurandura imitwe yitwaje intwaro.

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bumaze igihe mu mikoranire n’umutwe wa FDLR uhungabanya u Rwanda unagizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse bukaba bwarasabwe kenshi guhagarika imikoranire na wo, dore ko ari na wo muzi w’ibibazo biri mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Aya masezerano y’amahoro ategerejwe gushyirwamo umukono ku rwego rw’Abaminisitiri azaba mu cyumweru gitaha tariki 27 Kamena 2025 muri Leta Zunze Ubumwe za America, azakurikirwa n’ibiganiro bizahuza Abakuru b’Ibihugu byombi.

Me Gasominari Jean Baptiste avuga ko isinywa ry’ariya amasezerano “Bitanga icyizere kuko habayeho imishyikirano hagati y’Ibihugu byombi baganira ku bibazo biri hagati yabyo noneho urwego rw’impuguke z’ibyo Bihugu rwashoboye kwiga ku masezerano azashyirwaho umukono n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Abakuru b’Ibihugu. Twavuga ko ari intambwe ya mbere kuko impuguke z’Ibihugu byombi zashoboye kumvikana ku bizashyirwaho umukono.”

Ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bwakunze kugaragaza ko budafite ubushake bwa politiki mu gushaka umuti binyuze mu nzira z’amahoro, ndetse imyanzuro yagiye ifatwa kenshi, bukagenda buyirengaho, bugashyira imbere inzira z’intambara.

Me Gasominari avuga ko nubwo Congo yakunze kwitwara muri buriya buryo, ariko ibi byagezweho ari “intambwe kuko nibaza gusanga amahoro afite akamaro kurusha intambara bagasanga bashobora kurangiza intambara biciye mu biganiro kandi intambara zose zo ku Isi zijya zirangira uku biciye ku meza y’ibiganiro. Ubwo ibiganiro byatangiye reka twitege yuko hazaboneka n’igisubizo cyava i Doha, cyava i Washington… icy’ingenzi abaturage bakeneye ni uko haba umutekano.”

Me Aloys Mutabingwa we avuga ko amasezerano ubwayo adashobora kuzarangiza ibibazo, ahubwo ko igikenewe kurusha ibindi ari ubushake bwa politiki, ku buryo niyo hasinywa ayo masezerano ariko hatari ubwo bushake, nta muti waboneka.

Ati “Igisubizo ku kibazo ni icyitwa amahoro. Kugira ngo amahoro aboneke, ni ubushake bugomba kubanza. Hari n’inyandiko zikunda gusinywa, hari izasinywe nyinshi imyaka myinshi ariko mu byukuri ntabwo zatanze amahoro kuko abazisinya iyo badafite ubushake bwo kugarura amahoro, zihinduka inyandiko gusa.”

Icyakora aba basesenguzi bavuga ko kuba ibi biganiro byarinjiwemo n’abahuza barimo Leta Zunze ubumwe za America na Qatar, na byo bishobora kugira uburemere mu gushaka umuti w’ibi bibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − thirteen =

Previous Post

Pasiteri yafunzwe nyuma yo kurarana n’umugore w’abandi wari wamusuye yakoze urugendo rurerure apfiriye iwe

Next Post

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda umaze imyaka 10 hanze yatangaje inkuru ishimishije

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda umaze imyaka 10 hanze yatangaje inkuru ishimishije

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda umaze imyaka 10 hanze yatangaje inkuru ishimishije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.