Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari icyizere abantu bagira ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo?

radiotv10by radiotv10
20/06/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hari icyizere abantu bagira ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo?
Share on FacebookShare on Twitter

Abasesenguzi mu bya Politiki bavuga ko kuba u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bigiye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro, ari intambwe ya mbere itanga icyizere mu kubona umuti w’ibibazo bimaze igihe hagati y’Ibihugu byombi.

Mu ijoro ryo ku ya 18 Kamena 2025 Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yashyize hanze itangazo rivuga ko inzobere z’u Rwanda n’iza DRC zamaze iminsi mu biganiro ku bikubiye mu masezerano y’amahoro azashyirwaho umukono n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga.

Iri tangazo ryagaragaje zimwe mu ngingo zikubiye muri aya masezerano, nko kuba Ibihugu byombi byaremeranyijwe kubaha ubusugire bwa buri kimwe, ndetse no gufatanya kurandura imitwe yitwaje intwaro.

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bumaze igihe mu mikoranire n’umutwe wa FDLR uhungabanya u Rwanda unagizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse bukaba bwarasabwe kenshi guhagarika imikoranire na wo, dore ko ari na wo muzi w’ibibazo biri mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Aya masezerano y’amahoro ategerejwe gushyirwamo umukono ku rwego rw’Abaminisitiri azaba mu cyumweru gitaha tariki 27 Kamena 2025 muri Leta Zunze Ubumwe za America, azakurikirwa n’ibiganiro bizahuza Abakuru b’Ibihugu byombi.

Me Gasominari Jean Baptiste avuga ko isinywa ry’ariya amasezerano “Bitanga icyizere kuko habayeho imishyikirano hagati y’Ibihugu byombi baganira ku bibazo biri hagati yabyo noneho urwego rw’impuguke z’ibyo Bihugu rwashoboye kwiga ku masezerano azashyirwaho umukono n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Abakuru b’Ibihugu. Twavuga ko ari intambwe ya mbere kuko impuguke z’Ibihugu byombi zashoboye kumvikana ku bizashyirwaho umukono.”

Ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bwakunze kugaragaza ko budafite ubushake bwa politiki mu gushaka umuti binyuze mu nzira z’amahoro, ndetse imyanzuro yagiye ifatwa kenshi, bukagenda buyirengaho, bugashyira imbere inzira z’intambara.

Me Gasominari avuga ko nubwo Congo yakunze kwitwara muri buriya buryo, ariko ibi byagezweho ari “intambwe kuko nibaza gusanga amahoro afite akamaro kurusha intambara bagasanga bashobora kurangiza intambara biciye mu biganiro kandi intambara zose zo ku Isi zijya zirangira uku biciye ku meza y’ibiganiro. Ubwo ibiganiro byatangiye reka twitege yuko hazaboneka n’igisubizo cyava i Doha, cyava i Washington… icy’ingenzi abaturage bakeneye ni uko haba umutekano.”

Me Aloys Mutabingwa we avuga ko amasezerano ubwayo adashobora kuzarangiza ibibazo, ahubwo ko igikenewe kurusha ibindi ari ubushake bwa politiki, ku buryo niyo hasinywa ayo masezerano ariko hatari ubwo bushake, nta muti waboneka.

Ati “Igisubizo ku kibazo ni icyitwa amahoro. Kugira ngo amahoro aboneke, ni ubushake bugomba kubanza. Hari n’inyandiko zikunda gusinywa, hari izasinywe nyinshi imyaka myinshi ariko mu byukuri ntabwo zatanze amahoro kuko abazisinya iyo badafite ubushake bwo kugarura amahoro, zihinduka inyandiko gusa.”

Icyakora aba basesenguzi bavuga ko kuba ibi biganiro byarinjiwemo n’abahuza barimo Leta Zunze ubumwe za America na Qatar, na byo bishobora kugira uburemere mu gushaka umuti w’ibi bibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 13 =

Previous Post

Pasiteri yafunzwe nyuma yo kurarana n’umugore w’abandi wari wamusuye yakoze urugendo rurerure apfiriye iwe

Next Post

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda umaze imyaka 10 hanze yatangaje inkuru ishimishije

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda umaze imyaka 10 hanze yatangaje inkuru ishimishije

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda umaze imyaka 10 hanze yatangaje inkuru ishimishije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.