Saturday, November 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

radiotv10by radiotv10
03/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya
Share on FacebookShare on Twitter

Abacururiza imbuto n’imboga mu isoko rya Kariyeri riherereye mu mjyi wa Musanze, bataka ibihombo bavuga ko baterwa n’uko bashyizwe mu isoko rishya ariko irishaje ryo muri Gare ya Musanze rigakomeza gukorerwamo, ku buryo bo nta bakiliya babona.

Dusengiyaremye Innocent ucururiza muri iri soko riherereye mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, avuga ko kuva muri Nyakanga umwaka ushize wa 2024, bakorera mu bihombo.

Ati “Ibintu by’imboga n’imbuto twagize ibihombo cyane kubera ko abantu barigezemo bakajya batandika ibicuruzwa bikabura abaguzi.”

Uko kubura abakiliya, bamwe mu bakorera muri iri soko cyane cyane abacuruza imboga n’imbuto bakavuga ko byaba bituruka ku kuba hari amasoko abiri kandi yegeranye yose acururizwamo ibicuruzwa bimwe nyamara ngo bari bijejwe n’ubuyobozi ko abacururiza mu isoko rya Gare na bo bagomba kuza muri iri soko.

Ayingeneye Drocella ati “Hano muri iri soko harimo abantu benshi bafite ibisima ariko bagumye muri gare kandi barabisorera. Twe dutegereje ko na bo babazana kuko tubona isoko rya gare ari ryo ridutera ibihombo.”

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nsengimana Claudien avuga ko hari ibyabanje gukorwa mu isoko rishya rya Kariyeri ariko ko bitarenze uku kwezi kwa Nyakanga abacururiza muri Gare na bo bazaba bamaze kugera mu isoko rishya.

Yagize ati “Ubu haribyo turi kongera mu isoko rya Kariyeri kugira ngo abacururiza muri gare na bo bazabone aho bakorera kandi ndatekereza ko bizarangirana n’uku kwezi kwa gatandatu ku buryo mu ntangiriro z’ukwa 07 batangira kwimuka mu byiciro ndetse n’abacuruza amabutike bazaze mu gihe kitarenze amezi abiri.”

Isoko rishya rya Kariyeri rigiye kuzuza umwaka ritangiye gukorerwamo rifite ubushobozi bwo gukoreramo abacuruzi basaga 2 000 kuko rifite ibisima bigera ku 2053.

Ni isoko rigezweho
Bavuga ko umwaka wihiritse bakorera mu bihombo
Baba bafite n’ibicuruzwa byiza

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − thirteen =

Previous Post

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Next Post

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Related Posts

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

by radiotv10
01/11/2025
0

There’s a growing buzz and growing worry about internships in Rwanda that pay little or nothing. For many graduates, internships...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
01/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
01/11/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

by radiotv10
31/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Gen Júlio dos Santos Jane wasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu mujyi wa wa...

Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Uko hatahuwe umukobwa ukekwaho kwihekura wabyaye umwana agahita amuta mu musarani

by radiotv10
31/10/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha mu Karere ka Rubavu, rwataye muri yombi umukobwa w’imyaka 18 ukekwaho kubyara umwana wari ugejeje igihe cyo...

IZIHERUKA

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?
MU RWANDA

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

by radiotv10
01/11/2025
0

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

01/11/2025
Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

01/11/2025
Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

31/10/2025
Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.