• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

radiotv10by radiotv10
14/07/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye
Share on FacebookShare on Twitter

Muhammadu Buhari wabaye Perezida wa Nigeria, yitabye Imana ku myaka 82 azize uburwayi yari amaranye igihe, nyuma y’ukwezi kumwe Edgar Lungu wabaye Perezida wa Zambia na we atabarutse.

Itabaruka ry’uyu munyapolitiki wari na General mu Gisirikare, ryemejwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Nigeria yabereye Perezida mu itangaro ryashyizwe hanze mu masaha y’umugoroba wo kuri iki Cyumweru.

Iri tangazo rya Perezidansi ya Nigeria rivuga ko Buhari yitabye Imana saa kumi n’igice z’umugoroba azize “uburwayi yari amaranye igihe kinini.”

Perezida wa Nigeria uriho ubu, Bola Ahmed Tinubu yihanganishije umugore wa Buhari, ndetse asaba Visi Perezida we kwerecyeza mu Bwongerezo guherekeza umubiri wa nyakwigendera ubwo uzaba ugaruwe muri Nigeria.

Bola Ahmed Tinubu yagaragaje Buhari nk’usigiye Igihugu umurage “wo gukura Igihugu, kuba yari umusirikare, ndetse n’umunyapolitiki mwiza” waranze “n’umuhate udasanzwe mu guteza imbere ubumwe n’ubukungu bw’Igihugu.”

Tinubu yakomeje avuga ko Buhari “Yitwaye neza mu bihe by’imidugararo, ayoborana ubushishozi mu buryo bwa bucece, ubunyangamugayo ntagereranywa, ndetse n’imyizerere mizima mu mahirwe ya Nigeria.

Tinubu kandi yavuze ko Buhari yaranzwe n’ikinyabupfura cyihariye mu mirimo yose yakoze ya Leta, akaba yarashyize ingufu mu kurwanya ruswa, ndetse ashyira imbere inyungu rusange.

Nyakwigendera Buhari yatowe bwa mbere nka Perezida muri 2015 nyuma yuko agerageje kwiyamamaza inshuro eshatu zose atsindwa, yongeye gutorerwa indi manda y’imyaka ine muri 2019.

Buhari yitabye Imana nyuma y’ukwezi kumwe, hatabarutse Edgar Lungu wabaye Perezida wa Zambia na we yitabye Imana, aho we yapfiye muri Afurika y’Epfo tariki 05 z’ukwezi gushize kwa Kamena 2025.

RARIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Rusizi: Uzwiho kuvuga nabi ubuyobozi yafatanywe ibendera ry’Igihugu yamanuye ku Kagari izuba riva

Next Post

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.