Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Burera: Amayobera ku cyarandura udusimba twona imyaka tukanibasira abambaye imyambaro y’amabara amwe

radiotv10by radiotv10
15/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Burera: Amayobera ku cyarandura udusimba twona imyaka tukanibasira abambaye imyambaro y’amabara amwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu Mirenge ya Rugarama na Cyanika mu Karere ka Burera, bavuga ko bamaze imyaka ibiri bugarijwe n’udusimba tuzwi nk’isazi z’umweru, twirara mu myaka yabo nk’ibirayi n’ibishyimo tukayona ntibagire icyo basarura, tukanabasanga mu ngo tukibasira abambaye imyambaro y’icyatsi n’umuhondo.

Niyonzima Bonaventure agira ati “Twatangiriye mu gice bita I Murera ku ka Rebe tugenda tuza, none iyo uhinze ibishyimbo ntacyo ukuramo none abaturage turi mu bukene kubera ako gasimba.”

Aba baturage bavuga ko imyaka yibasiwe n’utu dusimba byumwihariko ibishyimbo, itera ku buryo aho twageze, batirirwa basubira mu mirima ngo bajye gusarura.

Mukasine Claudine ati “Birayanga nk’aho byakazanye agateja ugasanga byazanye ibintu by’ibivuta wajya gusarura ugasanga ntakirimo. Rero inzara irahari, none se nk’uwahinga ibishyimbo akeza ntabyo, ibirayi nabyo ni uko.”

Bakomeza bavuga ko kugeza ubu badafite uburyo bwizewe bwo kurwanya iki cyonnyi kuko umuti bahawe n’inzego z’ubuyobozi ku rwego rw’Utugari ntacyo wabafashije bityo bagasaba ko inzego zishinzwe ubuhinzi zabashakira umuti w’utu dukoko tumaze kuba indahiro muri aka gace.

Ndayambaje Faustin ati “Baherutse kuzana imiti y’igerageza bateye twihisha munsi y’amababi bamaze gutera turagaruka bivuze ngo rwaratuyobeye ahubwo mwatuvuganira mu rwego rwo hejuru mukadusabira imiti tukareba ko twahangana narwo.”

Mugiraneza Dieudonne, Umuyoyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza Imbere Ubuhinzi n’Ubworozi RAB, ishami rya Rwerere avuga ko hari uburyo buri kwigishwa aba baturage bahangana n’utu dusimba.

Yagize ati “Icyo turimo turwana na cyo ni ugutera imiti kugira ngo tugabanuke kuko ubwinshi bwatwo ntabwo byakorohera abaturage kubona imiti mu gihe iyo uteye duhita tuguruka tukajya mu ishyamba kandi ntitwatera imiti mu ishyamba. Ni ukuvuga ngo rero muri aka gace kegereye ishyamba biragoye ariko tuzakomeza gutera imiti twica amagi kugira ngo turinde kwiyongera cyane bityo buhoro buhoro tuzashira burundu.”

Uyu muyobozi akomeza avuga ko utu dukoko tuzwi nk’isazi y’umweru [Whiteflies] mu ndimi z’amahanga ngo twiyongera bitewe n’ubushyuhe mu butaka n’ikinyabutabire cya Potassium nyinshi iva mu magufa ngo tugaragara cyane mu Mirenge ya Cyanika, Rugarama na Gahunga yo mu karere ka Burera.

Utu dusimba tuba ari twinshi
Ibishyimbo twagezemo ntawirirwa ajya gusarura

Basaba ko bahabwa umuti udukuraho burundu

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Ntibanyurwa n’ibikorerwa abajura babarembeje iyo babifatiye kandi barabujijwe kwihanira

Next Post

Hatangajwe ibyaha bikekwa ku mukozi mu buyobozi bw’Umujyi wa Kigali ufunze

Related Posts

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

by radiotv10
30/01/2026
0

In Kigali, many young people are working hard to build their future, and that alone is something positive. Even though...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces
AMAHANGA

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ibyaha bikekwa ku mukozi mu buyobozi bw’Umujyi wa Kigali ufunze

Hatangajwe ibyaha bikekwa ku mukozi mu buyobozi bw’Umujyi wa Kigali ufunze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.