Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Burera: Amayobera ku cyarandura udusimba twona imyaka tukanibasira abambaye imyambaro y’amabara amwe

radiotv10by radiotv10
15/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Burera: Amayobera ku cyarandura udusimba twona imyaka tukanibasira abambaye imyambaro y’amabara amwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu Mirenge ya Rugarama na Cyanika mu Karere ka Burera, bavuga ko bamaze imyaka ibiri bugarijwe n’udusimba tuzwi nk’isazi z’umweru, twirara mu myaka yabo nk’ibirayi n’ibishyimo tukayona ntibagire icyo basarura, tukanabasanga mu ngo tukibasira abambaye imyambaro y’icyatsi n’umuhondo.

Niyonzima Bonaventure agira ati “Twatangiriye mu gice bita I Murera ku ka Rebe tugenda tuza, none iyo uhinze ibishyimbo ntacyo ukuramo none abaturage turi mu bukene kubera ako gasimba.”

Aba baturage bavuga ko imyaka yibasiwe n’utu dusimba byumwihariko ibishyimbo, itera ku buryo aho twageze, batirirwa basubira mu mirima ngo bajye gusarura.

Mukasine Claudine ati “Birayanga nk’aho byakazanye agateja ugasanga byazanye ibintu by’ibivuta wajya gusarura ugasanga ntakirimo. Rero inzara irahari, none se nk’uwahinga ibishyimbo akeza ntabyo, ibirayi nabyo ni uko.”

Bakomeza bavuga ko kugeza ubu badafite uburyo bwizewe bwo kurwanya iki cyonnyi kuko umuti bahawe n’inzego z’ubuyobozi ku rwego rw’Utugari ntacyo wabafashije bityo bagasaba ko inzego zishinzwe ubuhinzi zabashakira umuti w’utu dukoko tumaze kuba indahiro muri aka gace.

Ndayambaje Faustin ati “Baherutse kuzana imiti y’igerageza bateye twihisha munsi y’amababi bamaze gutera turagaruka bivuze ngo rwaratuyobeye ahubwo mwatuvuganira mu rwego rwo hejuru mukadusabira imiti tukareba ko twahangana narwo.”

Mugiraneza Dieudonne, Umuyoyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza Imbere Ubuhinzi n’Ubworozi RAB, ishami rya Rwerere avuga ko hari uburyo buri kwigishwa aba baturage bahangana n’utu dusimba.

Yagize ati “Icyo turimo turwana na cyo ni ugutera imiti kugira ngo tugabanuke kuko ubwinshi bwatwo ntabwo byakorohera abaturage kubona imiti mu gihe iyo uteye duhita tuguruka tukajya mu ishyamba kandi ntitwatera imiti mu ishyamba. Ni ukuvuga ngo rero muri aka gace kegereye ishyamba biragoye ariko tuzakomeza gutera imiti twica amagi kugira ngo turinde kwiyongera cyane bityo buhoro buhoro tuzashira burundu.”

Uyu muyobozi akomeza avuga ko utu dukoko tuzwi nk’isazi y’umweru [Whiteflies] mu ndimi z’amahanga ngo twiyongera bitewe n’ubushyuhe mu butaka n’ikinyabutabire cya Potassium nyinshi iva mu magufa ngo tugaragara cyane mu Mirenge ya Cyanika, Rugarama na Gahunga yo mu karere ka Burera.

Utu dusimba tuba ari twinshi
Ibishyimbo twagezemo ntawirirwa ajya gusarura

Basaba ko bahabwa umuti udukuraho burundu

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + fifteen =

Previous Post

Ntibanyurwa n’ibikorerwa abajura babarembeje iyo babifatiye kandi barabujijwe kwihanira

Next Post

Hatangajwe ibyaha bikekwa ku mukozi mu buyobozi bw’Umujyi wa Kigali ufunze

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ibyaha bikekwa ku mukozi mu buyobozi bw’Umujyi wa Kigali ufunze

Hatangajwe ibyaha bikekwa ku mukozi mu buyobozi bw’Umujyi wa Kigali ufunze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.