Monday, October 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Hafunzwe ibirombe by’amabuye y’agaciro by’umushoramari wakoreshagamo abana

radiotv10by radiotv10
15/07/2025
in MU RWANDA
0
Kigali: Hafunzwe ibirombe by’amabuye y’agaciro by’umushoramari wakoreshagamo abana
Share on FacebookShare on Twitter

Ibirombe bicukurwamo amabuye y’agaciro biherereye mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, byakoreshwagamo abarimo abana bataruzuza imyaka y’ubukure, byafunzwe.

Ibi birombo by’umushoramari witwa Ntakirutimana Thacien, biherereye ku musozo wa Samuduha mu Kagari ka Mbandazi mu Murenge wa Rusororo.

Ni ibirombe by’amabuye y’agaciro ndetse n’umucanga, byakorwagamo n’abo mu byiciro byose; abagore, abagabo ndetse n’abana bigaragara ko bakiri bato batarageza imyaka yo gukoreshwa imirimo ivunanye nk’iyi.

Bavuga ko nubwo bakorera uyu mushoramari ariko atigeze abaha ubwishingizi, ku buryo hari n’abahagirira ibibazo ariko bikarangirira aho.

Uwitwa Tuyizere Aphrodice wakomerekeye muri aka kazi, yagize ati “Nagiye gusaba akazi kwa Ntakirutimana Thacien ko gucukura amabuye y’agaciro arakampa, nza gukoreramo ikirombe kinsangamo kirangwira, nza gusaba ubufasha arabunyima, umuryango wanjye ni wo wamvuje.”

Undi na we utifuje ko amazina ye atangazwa, yagize ati “Ntakirutimana Thacien ni we waduhaye akazi, nta bwishingizi yaduhaye, iyo umuntu akomeretse yirwanaho.”

Ni mu gihe uyu Ntakirutimana Thacien ahakana ko ari we ukoresha aba baturage, ndetse ko yamaze kwiyambaza inzego.

Ati “Icyatumye ntabaza, bavuze ko nshobora kuzabyitirirwa kuko ari we ugura umusozi, mpamagara izo nzego ndavuga ngo nimutabare ibintu bitaragera kure, baraza bati abo bantu birutse.”

Ni mu gihe Abakuru b’imidugudu muri aka gace gacukurwamo Aya mabuye y’agaciro n’imicanga, bagiye bagaragaza ko batazi abihishe inyuma y’ubu bucukuzi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars avuga ko bamaze gufunga ibi birombe bya gasegereti n’imicanga kuko ntabyangombwa uwo mushoramari yari afite.

Yagize ati “Byaragaragaye ko bacukuraga aho babonye. Ikibazo rero kikimara kumenyekana, inzego za Polisi n’iz’Ibanze muri ako gace bagaragaje ko habayemo amakosa, biba ngombwa ko uwo muntu wacukuraga aba ahagaritswe kugeza igihe aboneye icyangombwa. Ni umuntu witwa Ntakirutimana Thacien yahawe icyangombwa kirimo amakosa kigaragaza ko yacukura Umurenge wose.”

Ubu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’imicanga kuri uyu musozi wa Samuduha bwari bafunzwe mu mwaka ushize, ariko nyuma y’uko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Agakari utari ubishyigikiye amaze kwimurwa, bwahise bwongera gukorwa.

Ibi birombe byakorwagamo n’abarimo abana bato

Uwahakomerekeye avuga ko yasabye ubufasha akabwima akirwanaho

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − five =

Previous Post

Hatangajwe ibyaha bikekwa ku mukozi mu buyobozi bw’Umujyi wa Kigali ufunze

Next Post

Rwanda and Turkmenistan establish diplomatic relations for the first time

Related Posts

Do men really want independent women, or just the idea of them?

Do men really want independent women, or just the idea of them?

by radiotv10
06/10/2025
0

Today, many men say they want an independent woman, someone who is confident, hardworking, and not fully dependent on them....

Musanzwe: Amazi meza begerejwe yabaye imbonekarimwe none amaburakindi yabasubije mu bishanga

Musanzwe: Amazi meza begerejwe yabaye imbonekarimwe none amaburakindi yabasubije mu bishanga

by radiotv10
06/10/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze bavuga ko, nubwo begerejwe ivomero ry’amazi meza, ariko bakomeje...

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

by radiotv10
06/10/2025
3

  Rwanda is preparing to roll out a modern digital identity system that is expected to transform how citizens and...

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare b’Abofisiye barenga 600

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare b’Abofisiye barenga 600

by radiotv10
04/10/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n'Umugaba w'Ikirenga w'Ingabo z'u Rwanda, yazamuye mu mapeti abasirikare b'Abofisiye bato, 632 abaha ipeti...

Kayonza: Igikekwa ku rupfu rw’umugabo, umugore n’umwana wabo basanzwe mu nzu barapfuye

Kayonza: Yicishijwe amabuye n’abacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo butemewe

by radiotv10
03/10/2025
0

Mu Kagari ka Rukara mu Murenge wa Rukara Karere ka Kayonza, abacukura amabuye y'agaciro mu buryo butemewe n’amategeko, birukankanye umushumba...

IZIHERUKA

BREAKING: Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bufaransa yeguye ataramara n’ukwezi
AMAHANGA

BREAKING: Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bufaransa yeguye ataramara n’ukwezi

by radiotv10
06/10/2025
0

Ubutumwa Gen.Makenga yagejeje ku bakomando 9.000 binjiye muri AFC/M23 batumye yakira 16.000 mu kwezi kumwe

Ubutumwa Gen.Makenga yagejeje ku bakomando 9.000 binjiye muri AFC/M23 batumye yakira 16.000 mu kwezi kumwe

06/10/2025
Do men really want independent women, or just the idea of them?

Do men really want independent women, or just the idea of them?

06/10/2025
Musanzwe: Amazi meza begerejwe yabaye imbonekarimwe none amaburakindi yabasubije mu bishanga

Musanzwe: Amazi meza begerejwe yabaye imbonekarimwe none amaburakindi yabasubije mu bishanga

06/10/2025
Urunturuntu muri Rayon nyuma yo kunganya na Gasogi n’umukino wa gatatu nta ntsinzi

Urunturuntu muri Rayon nyuma yo kunganya na Gasogi n’umukino wa gatatu nta ntsinzi

05/10/2025
Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

06/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda and Turkmenistan establish diplomatic relations for the first time

Rwanda and Turkmenistan establish diplomatic relations for the first time

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bufaransa yeguye ataramara n’ukwezi

Ubutumwa Gen.Makenga yagejeje ku bakomando 9.000 binjiye muri AFC/M23 batumye yakira 16.000 mu kwezi kumwe

Do men really want independent women, or just the idea of them?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.