• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Hafunzwe ibirombe by’amabuye y’agaciro by’umushoramari wakoreshagamo abana

radiotv10by radiotv10
15/07/2025
in MU RWANDA
0
Kigali: Hafunzwe ibirombe by’amabuye y’agaciro by’umushoramari wakoreshagamo abana
Share on FacebookShare on Twitter

Ibirombe bicukurwamo amabuye y’agaciro biherereye mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, byakoreshwagamo abarimo abana bataruzuza imyaka y’ubukure, byafunzwe.

Ibi birombo by’umushoramari witwa Ntakirutimana Thacien, biherereye ku musozo wa Samuduha mu Kagari ka Mbandazi mu Murenge wa Rusororo.

Ni ibirombe by’amabuye y’agaciro ndetse n’umucanga, byakorwagamo n’abo mu byiciro byose; abagore, abagabo ndetse n’abana bigaragara ko bakiri bato batarageza imyaka yo gukoreshwa imirimo ivunanye nk’iyi.

Bavuga ko nubwo bakorera uyu mushoramari ariko atigeze abaha ubwishingizi, ku buryo hari n’abahagirira ibibazo ariko bikarangirira aho.

Uwitwa Tuyizere Aphrodice wakomerekeye muri aka kazi, yagize ati “Nagiye gusaba akazi kwa Ntakirutimana Thacien ko gucukura amabuye y’agaciro arakampa, nza gukoreramo ikirombe kinsangamo kirangwira, nza gusaba ubufasha arabunyima, umuryango wanjye ni wo wamvuje.”

Undi na we utifuje ko amazina ye atangazwa, yagize ati “Ntakirutimana Thacien ni we waduhaye akazi, nta bwishingizi yaduhaye, iyo umuntu akomeretse yirwanaho.”

Ni mu gihe uyu Ntakirutimana Thacien ahakana ko ari we ukoresha aba baturage, ndetse ko yamaze kwiyambaza inzego.

Ati “Icyatumye ntabaza, bavuze ko nshobora kuzabyitirirwa kuko ari we ugura umusozi, mpamagara izo nzego ndavuga ngo nimutabare ibintu bitaragera kure, baraza bati abo bantu birutse.”

Ni mu gihe Abakuru b’imidugudu muri aka gace gacukurwamo Aya mabuye y’agaciro n’imicanga, bagiye bagaragaza ko batazi abihishe inyuma y’ubu bucukuzi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars avuga ko bamaze gufunga ibi birombe bya gasegereti n’imicanga kuko ntabyangombwa uwo mushoramari yari afite.

Yagize ati “Byaragaragaye ko bacukuraga aho babonye. Ikibazo rero kikimara kumenyekana, inzego za Polisi n’iz’Ibanze muri ako gace bagaragaje ko habayemo amakosa, biba ngombwa ko uwo muntu wacukuraga aba ahagaritswe kugeza igihe aboneye icyangombwa. Ni umuntu witwa Ntakirutimana Thacien yahawe icyangombwa kirimo amakosa kigaragaza ko yacukura Umurenge wose.”

Ubu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’imicanga kuri uyu musozi wa Samuduha bwari bafunzwe mu mwaka ushize, ariko nyuma y’uko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Agakari utari ubishyigikiye amaze kwimurwa, bwahise bwongera gukorwa.

Ibi birombe byakorwagamo n’abarimo abana bato

Uwahakomerekeye avuga ko yasabye ubufasha akabwima akirwanaho

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − two =

Previous Post

Hatangajwe ibyaha bikekwa ku mukozi mu buyobozi bw’Umujyi wa Kigali ufunze

Next Post

Rwanda and Turkmenistan establish diplomatic relations for the first time

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Rwanda and Turkmenistan establish diplomatic relations for the first time

Rwanda and Turkmenistan establish diplomatic relations for the first time

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.