• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igisubizo cyahawe ushinja ubuyobozi kumuteza ubukene cyumvikanamo ko akwiye gukurayo ijisho

radiotv10by radiotv10
18/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Igisubizo cyahawe ushinja ubuyobozi kumuteza ubukene cyumvikanamo ko akwiye gukurayo ijisho
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, uvuga ko ubuyobozi bwamutwariye umusaruro w’ikawa wari kuvamo agera miliyoni 1 Frw nyuma yo kuwutunganyiriza no kuwubika iwe, arasaba kuwusubizwa, mu gihe Ubuyobozi buvuga ko bidashoboka kuko yakoze ibitemewe, ahubwo ko amafaranga azawuvamo agomba kujya mu isanduku ya Leta.

Uyu muturage witwa Hakizimana Lambert utuye mu Mudugudu wa Remera, Akagari ka Nganzo mu Murenge wa Kivumu, avuga ko yahisemo kubika umusaruro wa kawe ye iwe mu rugo kuko uruganda rwa RWACOOF rwari rusanzwe ruwugura rwari rwatangaje rutazabagurira kuko imashini zarwo zapfuye.

Ati “Nari nasoromesheje ikawa mbona ko zitapfa ubusa ndazihera, maze kuzumutsa abantu baraza nagiye gusoromesha izindi bapakira ikawa zanjye ari iziheze n’izidaheze kandi uruganda rwatangaga itangazo n’abandi baturage barabizi.”

Uyu muturage avuga ko umuraruro we watwawe n’ubuyobozi buvuga ko kuzibika mu rugo bitemewe, mu gihe we avuga ko yabonaga ntayandi mahitamo yari afite kuko uruganda rwagombaga kuwugura rwari rwabamenyesheje ko bitagishobotse, none ubu yugarijwe n’ubukene.

Ati “None abana banjye bagiye kwicwa n’inzara, ejobundi barampamagaye ngo umwana yabuze minerivari, narirutse nageze no ku Karere nararushye.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rutsiro ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Uwizeyimana Emmanuel avuga ko ibyo gusubiza ikawa uyu muturage cyangwa kumuha amafaranga bidashoboka, ahubwo ko itegeko riteganya ko amafaranga azavamo azashyirwa mu isanduku ya Leta.

Ati “Nta muturage wemerewe guherera ikawa mu rugo kuko iyo ubikoze iyo kawa iratwarwa n’ibikoresho yakoreshaga, ni yo mpamvu nubwo icyo kibazo ntari nkizi.”

Uyu muyobozi avuga ko ahubwo agiye gukurikirana iby’iki kibazo kugira ngo amenye ko amafaranga yavuye muri uyu musaruro w’umuturage warenze ku mategeko yageze kuri konti y’Akarere.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 11 =

Previous Post

Building a strong career foundation: A guide for Rwandan youth

Next Post

Rayon Sports nyuma yo kuregwa n’uwari kapiteni wayo hari undi mukinnyi wayitangiye ikirego

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Rayon Sports nyuma yo kuregwa n’uwari kapiteni wayo hari undi mukinnyi wayitangiye ikirego

Rayon Sports nyuma yo kuregwa n’uwari kapiteni wayo hari undi mukinnyi wayitangiye ikirego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.