Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma y’amasezerano y’amahoro y’u Rwanda na DRC n’Amahame ya AFC/M23 hazakurikiraho iki?

radiotv10by radiotv10
22/07/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nyuma y’amasezerano y’amahoro y’u Rwanda na DRC n’Amahame ya AFC/M23 hazakurikiraho iki?
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanga muri politiki mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y’amahoro yasinywe hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, n’amahame yasinywe hagati ya DRC na AFC/M23, yuzuzanya, ndetse ko byombi bitanga icyizere ku muti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa Congo, icyakora ko hakiri urugendo rurerure.

Mu mpera z’icyumweru gishize tariki 19 Nyakanga 2025, i Doha muri Qatar Guverinoma ya DRC n’Ihuriro AFC/M23, bashyize umukono ku mahame azagena amasezerano izi mpande zombi zigomba kuzasinya.

Aya mahame yaje akurikira amasezerano y’amahoro yasinyiwe i Washington DC hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC tariki 27 Kamena 2025.

Aya mahame aherutse gushyirwaho umukono hagati ya DRC na AFC/M23 azakurikirwa n’amasezerano azasinywa tariki 18 Kanama 2025.

Umunyamabanga muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Qatar, Dr. Mohammed bin Abdulaziz Al-Khulaifi yavuze ko aya mahame yasinywe, yuzuzanya n’amasezerano y’i Washington DC yayobowe na Leta Zunze Ubumwe za America.

Yagize ati “Intego yacu ni imwe. Nyuma y’aho Abakuru b’Ibihugu bagiranye inama i Doha; twashyizeho inzira yo gushaka amahoro. Twahagaritse ibibazo byari hagati y’Ibihugu byombi, ku bw’amahirwe umufatanyabikorwa wacu ukomeye yatumye amasezerano y’i Washington ashyirwaho umukono, nyuma y’ayo masezerano twakomeje iyi nzira ya Doha kugira ngo dukemure ibibazo by’imbere mu Gihugu cya Congo. Izi nzira zombi ziruzuzanya mu gushaka amahoro, iterambere, n’uburumbuke bw’abatuye mu burasirazuba bwa Congo.”

Uko kuzuzanya bigaragara no mu nyandiko, ingingo ya kabiri yo mumasezerano y’u Rwanda na DRC; ivuga ko abarwanyi bagomba gushyira intwaro hasi, bamwe bakajya mu buzima busanzwe, abandi bagashyirwa mu nzego zishinzwe umutekano za Congo Kinshasa.

Naho ingingo ya kane mu mirongo ngenderwaho Kinshasa na M23 basinyiye i Doha; ivuga ko ubutegetsi bw’Igihugu cyose bugomba kujya mu biganza bya Guverinoma.

Dr Ismael Buchanan umuhanga muri politiki na we yemeza ko ariya mahame n’amasezerano, byombi byuzuzanya, ariko ko hakiri urugendo rurerure.

Ati “Ariko abantu bari gukora ikosa ryo gusesengura aya masezerano bakabigira nk’aho byarangiye, ariko tuzatungurwa no kubona hari abatazubahiriza ibyemejwe mu mahame. Ntabwo ugiye kumbwira ko M23 nisaba Guverinioma ya Kinshasa kwegura; ko aka kanya izabikora. Ubu ka kanya amagambo yararangiye, ariko nk’uko abivugaga icyizere kirahari. Dutegereze turebe ibikorwa bigiye gutandukana n’amagambo basinyiye muri Qatar niba agiye gushyirwa mu bikorwa kubera ko dufite gihamya ko habayemo kugenda biguruntege no kwinangira ku ruhande rumwe n’urundi.”

Gusa Umunyamabanga muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Qatar, Dr. Mohammed bin Abdulaziz Al-Khulaifi avuga ko hari itandukanire ry’ibiriho bikorwa n’ibyabanje.

Ati “Igitandukanya aya masezerano n’andi yabanje; ni uko amahanga ayitayeho cyane yifuza ko bishyirwa mu bikorwa, ni yo mpamvu tuzakomeza kuyakurikirana. Nyuma y’iki gikorwa; hari byinshi tuzakomeza gukurikiranira hafi kandi tuzabikomeza kugeza kumunsi impande zombie zizasinyana amasezerano.”

Dr Massad Boulos, Umujyanama wa Perezida Donal Trump; akaba n’intuma ye idasanzwe ku Mugabane wa Africa, yatangaje ko iki Gihugu kizakomeza gufatanya na Qatar mu gutegura amasezerano ya nyuma ashobora gushyirwaho umukono bitarenze ku taliki 18 Kanama 2025.

Ati “Birumvikana ko iyi mirongo ngenderwaho ari intambwe ibanza. Ariko ni ingenzi cyane, harimo ingingo z’ibanze ariko zishyize imbere inzira yo gukemura amakimbirane binyuze mu biganiro by’amahoro.

Twizeye umusaruro w’iyi mikorere ya Qatar, kandi ubu tugiye guhita twicarana na bagenzi bacu ba Qatar dutegure amasezerano ya nyuma. Twizeye ko bizagerwaho vuba aha.”

Leta ya Congo Kinshasa n’Ihuriro AFC/M23 bemeranyije ko ibyo basinyiye imbere ya Qatar bagomba guhita babyubahiriza bitarenze tariki 29 Nyakanga 2025. Nyuma y’aho impande zombi zisabwe kugirana ibiganiro bitarenze ku italiki 08 Kanama 2025. Ibyo baganira byose bigomba kuba biri mu mujyo umwe n’Amasezerano y’Amahoro u Rwanda na DRC basinye tariki tariki 27 Kamena 2025.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 10 =

Previous Post

Nyuma y’isinywa ry’amahame hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya DRCongo hahise hagaragazwa icyifuzwa

Next Post

Hoteli Château le Marara iherutse kugarukwaho cyane yafunzwe hatangazwa n’impamvu

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano
IBYAMAMARE

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hoteli Château le Marara iherutse kugarukwaho cyane yafunzwe hatangazwa n’impamvu

Hoteli Château le Marara iherutse kugarukwaho cyane yafunzwe hatangazwa n'impamvu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.