• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hoteli Château le Marara iherutse kugarukwaho cyane yafunzwe hatangazwa n’impamvu

radiotv10by radiotv10
22/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hoteli Château le Marara iherutse kugarukwaho cyane yafunzwe hatangazwa n’impamvu
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego Rushinzwe Irerambere mu Rwanda RDB rwafashe icyemezo cyo gufunga by’ahateganyo Hoteli Château le Marara nyuma y’iminsi micye hari abagaragaje ko baherutse guherwamo serivisi zitanoze, aho uru rwego rwatangaje ko iperereza ryagaragaje ko iyi Hoteli yakoraga idafite uruhushya.

Icyemezo cyo gufunga iyi hoteli iherere mu Karere ka Karongi, cyatangajwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 21 Nyakanga, kigatangira kubahirizwa kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Nyankanga 2025.

RDB ivuga ko gufunga iki cyemezo bishingiye ku itegeko ryo muri 2014 rigena imitunganyirize y’Ubukerarugendo mu Rwanda, by’umwihariko ingingo ziteganya ko buri kigo gikora mu rwego rw’ubukerarugendo kigomba kuba gifite uruhushya rwemewe rwo gukora.

Itangazo rikubiyemo iki cyemezo, rigakomeza rigira riti “RDB itegetse ko ibikorwa bya Hotel Chateau Le Marara bihagarara.”

Rigakomeza rigira riti “Nyuma y’iperereza ryakozwe, byagaragaye ko iyi hoteli ikora nta ruhushya, bityo ikaba itarubahirije amategeko agenga ubukerarugendo mu Rwanda.”

RDB iviuga ko guhera uyu munsi tariki 22 Nyakanga 2025, iyi Hoteli Château le Marara itemerewe kongera gukora.

Iti “Gukomeza ibikorwa nyuma y’iyi tariki bizafatwa nko kwica amategeko Igihugu kigenderaho, bishobora kuvamo ibihano bikomeye.

Kongera gufungura bizasuzumwa ari uko iyi hoteli imaze kuzuza neza ibisabwa ngo ihabwe uruhushya rwo gukora mu rwego rw’ubukerarugendo no kubahiriza byuzuye ibisabwa n’amategeko byose.”

Uru Rwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda kandi rwaboneyeho kwibutsa abantu bose bakora mu rwego rw’ubukerarugendo no kwakira abantu ko bagomba kugira uruhushya rwemewe rwo gukora.

RUB iti “Uru ruhushya rugaragaza ko ibikorwa byujuje ibisabwa by’ibanze ku bijyanye n’umutekano, serivisi nziza n’imikorere, hagamijwe kurinda ababagana ndetse n’urwego rw’ubukerarugendo muri rusange.”

Uru rwego rwasoje rwizeza ko ruzakomeza kurengera ubunyangamugayo, umutekano n’ubunyamwuga mu rwego rw’ubukerarugendo no kwakira abantu mu Rwanda.

Iki cyemezo cyo gufunga iyi Hoteli Château le Marara gifashwe nyuma y’icyumweru hari abaherutse kugaya serivisi baherewemo ubwo bahakoreraga ibirori by’ubukwe.

Mu bazamuye iki kibazo barimo Nishimwe Naomie wabaye Miss Rwanda, uri mu bari batashye ubwo bukwe bwa Uwera Bonnette na Hajj. Shadadi Musemakweri uyobora Gorilla Motors Ltd, akaba n’Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Gorilla FC.

Miss Naomie n’uwitwa Josine Queen, mu butumwa banyujije ku mbuga nkoranyambaga, bagaragaje ko muri serivisi zitanose baherewe muri iyi hoteli, zirimo amafunguro atameze neza, ndetse ko ubwo bakoreragayo ibiro, umuriro wagiye ubura inshuro zinyuranye ndetse iyi hoteli ikaba idafite generator, byaje gutuma bayishakira.

Nyuma y’ibi byari byatangajwe, RDB yari yatangaje iti “Tubabajwe no kumva ibyababayeho. Turakumenyesha ko RDB iri gukurikirana iki kibazo kandi irabizeza kugishakira umuti mu buryo bukwiye.”

Uretse RDB yari yatangaje ko yinjiye muri iki kibazo kandi, Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda, PSF, na rwo rwari rwatangaje ko ruri gukurikirana iby’iki kibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + nineteen =

Previous Post

Nyuma y’amasezerano y’amahoro y’u Rwanda na DRC n’Amahame ya AFC/M23 hazakurikiraho iki?

Next Post

Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

Related Posts

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Next Post
Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.