Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

radiotv10by radiotv10
22/07/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nishimwe Naomie wabaye Nyampinga w’u Rwanda wa 2020, uri mu bari baherutse kugaragaza ibibazo bagiriye muri Hoteli Château le Marara ubu yamaze gufungwa by’agateganyo, yavuze ko abantu nubwo bari babibasiye ubwo bavugaga ibyabayeho, biboneye ko yakoraga itanafite uruhushya.

Miss Naomie ni umwe mu bari batashye ubukwe bwa Uwera Bonnette na Hajj. Shadadi Musemakweri uyobora Gorilla Motors Ltd, bwabereye muri iyi hoteli Château le Marara, aho ari mu bagaragaje ikibazo cya serivisi zitanoze baherewemo.

Mu butumwa yari yanditse tariki 13 Nyakanga 2025, Miss Naomie yagize ati “Birababaje cyane mu gihe abantu bafite ubucuruzi batanga serivisi mbi ariko ntibigarukire aho ahubwo bakanga no kubazwa inshingano. Aho kwemera amakosa yabo, bakagerageza kwirengera.”

Nyuma y’icyumweru kimwe Miss Naomi n’abandi bagaragaje iki kibazo cya serivisi zitanoze baherewe muri iriya Hoteli, kuri uyu wa Mbere tariki 21 Nyakanga 2025, Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwasohoye itangazo rifunga by’agateganyo iyi hoteli ku bwo gukora idafite uruhushya rwemewe, aho iki cyemezo cyatangiye kubahirizwa kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Nyakanga 2025.

Uyu wabaye Nyampinga w’u Rwanda, mu gutanga igitekerezo kuri iki cyemezo cya RDB, yagaragaje ko yababajwe n’abantu bari babibasiye ubwo bavugaga iki kibazo bababwira ko batari bakwiye guhindanya isura ya ririya shoramari, nyamara baravugaga ukuri.

Yagize ati “Twavuze ibyatubayeho abantu baratwibasira, ariko nyuma bikaba bigaragaje ko iyi Hoteli yanakoraga itanafite uruhushya rwemewe.”

Miss Naomie yakomeje agira ati “Ibi ntabwo ari iby’igikorwa kimwe gusa ahubwo ni no kwemera kubazwa inshingano ndetse no gukorera ibyiza abantu bakugiriye icyizere.”

Bimwe mu byo aba bakoreye ibirori muri iriya Hoteli bayinengaga, harimo amafunguro yabagaburiye, ahavuzwe ko mu ya mu gitondo hari ayagaragayemo udusimba, ndetse n’amata atari ameze neza, yanywewe n’umwe muri bo akayagarura.

Harimo kandi kuba umuriro waragendaga ubura mu bihe bitandukanye, bakavuga ko bisanzwe bizwi ko muri kariya gace umuriro w’amashanyarazi ukunze kugenda, bityo ko bari bakwiye kuba bafite imashini iwutanga (Generator) mu gihe undi wagiye.

Hoteli Château le Marara yamaze gufungwa by’agateganyo
Miss Naomie yavuze ko abantu bari babihaye biboneye ko ibyo bavugaga ari ukuri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

Next Post

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

Related Posts

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

by radiotv10
30/01/2026
0

Muri gahunda nshya yiswe KGL Cine Corner yo kwerekana filimi ziba zigezweho, hagiye kwerekanwa iyitwa The RIP iri kubica bigacika...

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces
AMAHANGA

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.