• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

radiotv10by radiotv10
22/07/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nishimwe Naomie wabaye Nyampinga w’u Rwanda wa 2020, uri mu bari baherutse kugaragaza ibibazo bagiriye muri Hoteli Château le Marara ubu yamaze gufungwa by’agateganyo, yavuze ko abantu nubwo bari babibasiye ubwo bavugaga ibyabayeho, biboneye ko yakoraga itanafite uruhushya.

Miss Naomie ni umwe mu bari batashye ubukwe bwa Uwera Bonnette na Hajj. Shadadi Musemakweri uyobora Gorilla Motors Ltd, bwabereye muri iyi hoteli Château le Marara, aho ari mu bagaragaje ikibazo cya serivisi zitanoze baherewemo.

Mu butumwa yari yanditse tariki 13 Nyakanga 2025, Miss Naomie yagize ati “Birababaje cyane mu gihe abantu bafite ubucuruzi batanga serivisi mbi ariko ntibigarukire aho ahubwo bakanga no kubazwa inshingano. Aho kwemera amakosa yabo, bakagerageza kwirengera.”

Nyuma y’icyumweru kimwe Miss Naomi n’abandi bagaragaje iki kibazo cya serivisi zitanoze baherewe muri iriya Hoteli, kuri uyu wa Mbere tariki 21 Nyakanga 2025, Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwasohoye itangazo rifunga by’agateganyo iyi hoteli ku bwo gukora idafite uruhushya rwemewe, aho iki cyemezo cyatangiye kubahirizwa kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Nyakanga 2025.

Uyu wabaye Nyampinga w’u Rwanda, mu gutanga igitekerezo kuri iki cyemezo cya RDB, yagaragaje ko yababajwe n’abantu bari babibasiye ubwo bavugaga iki kibazo bababwira ko batari bakwiye guhindanya isura ya ririya shoramari, nyamara baravugaga ukuri.

Yagize ati “Twavuze ibyatubayeho abantu baratwibasira, ariko nyuma bikaba bigaragaje ko iyi Hoteli yanakoraga itanafite uruhushya rwemewe.”

Miss Naomie yakomeje agira ati “Ibi ntabwo ari iby’igikorwa kimwe gusa ahubwo ni no kwemera kubazwa inshingano ndetse no gukorera ibyiza abantu bakugiriye icyizere.”

Bimwe mu byo aba bakoreye ibirori muri iriya Hoteli bayinengaga, harimo amafunguro yabagaburiye, ahavuzwe ko mu ya mu gitondo hari ayagaragayemo udusimba, ndetse n’amata atari ameze neza, yanywewe n’umwe muri bo akayagarura.

Harimo kandi kuba umuriro waragendaga ubura mu bihe bitandukanye, bakavuga ko bisanzwe bizwi ko muri kariya gace umuriro w’amashanyarazi ukunze kugenda, bityo ko bari bakwiye kuba bafite imashini iwutanga (Generator) mu gihe undi wagiye.

Hoteli Château le Marara yamaze gufungwa by’agateganyo
Miss Naomie yavuze ko abantu bari babihaye biboneye ko ibyo bavugaga ari ukuri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 13 =

Previous Post

Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

Next Post

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.