• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Isomo abantu bakwiye gukura ku byabaye kuri ‘Burikantu’ n’uko yagombaga kubyitwaramo ntatabwe muri yombi

radiotv10by radiotv10
23/07/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Isomo abantu bakwiye gukura ku byabaye kuri ‘Burikantu’ n’uko yagombaga kubyitwaramo ntatabwe muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, avuga ko abantu badakwiye kugendera ku byababangamiye ngo bafate ibyemezo bishobora kuvamo ibyaha nk’uko byagendekeye Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ watawe muri yombi nyuma yo gufungirana abakobwa kuko hari ibyo batari bumvikanyeho.

Itabwa muri yombi rya ‘Burikantu’ ryamenyekanye hirya y’ejo hashize tariki 21 Nyakanga 2025, mu gihe yafashwe ku Cyumweru, akurikiranyweho icyaha cy’Itwarwa n’ifungiranwa ry’umuntu bitemewe n’amategeko.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwatangaje ko uyu musore yatawe muri yombi nyuma yo gufungirana mu nzu abamo abakobwa bari baje kumureba, abishyuza amafaranga y’ibyo yavugaga ko yari yabatanzeho.

Amakuru avuga ko hari abakobwa bari bagiye kureba ‘Burikantu’ ngo abafashe kujya bakora ibiganiro ku mbuga nkoranyambaga, ubundi asaba umwe muri bo kumusanga mu cyumba, akabyanga, bikamurakaza, agahita afata icyemezo cyo kubafungirana.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry avuga ko mu Rwanda nta muntu n’umwe ufite uburenganzira bwo gufungirana undi mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ati “Ndetse iyo aza kuba yumva ko bagomba kumwishyura izo Fanta ze n’izo tike ze, ni cyo inzego ziberaho, yagombaga gutanga ikirego bakabibazwa. Iri ni ryo somo abantu batwumva bari bakwiye gukuramo.”

Dr Murangira akomeza anenga uburyo uriya musore yitwaye yitwaje ko ari icyamamare. Ati “Ntabwo bikwiye ko kwitwaza ko ngo uri icyamamare, ko abantu bagukunda bakwemera, ngo wumve ko wafatirana umuntu mu ntege nke ugire ibyo umutegeka cyangwa ngo ugire ibyo umuryoza.”

Umuvugizi wa RIB avuga ko ubwo umwe muri abo bakobwa bari basuye Mwitende alias Burikantu yanze ko bajya kuganirira mu cyumba, yahise abasaba ko bamusubiza 7 000 Frw ahwanye n’ibyo yari yabishyuriye birimo 5 000 Frw y’amatike y’urugendo ndetse na 2 000 Frw bya Fanta yari yabaguriye, bayabura akaba ari bwo afata icyemezo cyo kubafungirana, ubundi akigendera.

Ati “Barayabuze, arababwira ati ‘murasohoka hano ari uko munyishyuye amafaranga yanjye’. Bivugwa ko yabafungiranye guhera saa cyenda n’iminota mirongo itatu (15:30’) ariko baza kuvamo saa kumi n’imwe (17:00’).”

Aba bakobwa bafashe icyemezo cyo kwiyambaza Polisi y’u Rwanda nyuma yo kubona ko ibyo babwirwaga na Burikantu nta mikino yari irimo, bakaza kwiyambaza uru rwego baruhamagaye ku murongo utishyurwa warwo, ubundi na rwo rurahagoboka, ari na bwo uyu musore yahise atabwa muri yombi.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ruvuga ko rukiri kwegeranya ibimenyetso ari na ko hari gukorwa dosiye ikubiyemo ikirego cye, kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 1 =

Previous Post

I Goma hatahuwe ibisasu n’imbunda byahishwe n’uruhande ruhanganye na AFC/M23 ihagenzura

Next Post

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

Related Posts

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Next Post
Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.