Tuesday, October 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Uvuga ko amaranye imyaka 16 isasu mu kuguru yasobanuye uko byamugendekeye

radiotv10by radiotv10
24/07/2025
in MU RWANDA
0
Rusizi: Uvuga ko amaranye imyaka 16 isasu mu kuguru yasobanuye uko byamugendekeye
Share on FacebookShare on Twitter

Uwitije Elie wo mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi, wasezerewe n’Ikigo cya Mutobo kinyuzwamo abahoze mu mitwe yitwaje intwaro, avuga ko amaranye imyaka 16 isasu mu kaguru kuko yabuze ubushobozi bwo kwivuza ngo arikurwemo.

Uyu wasezerewe n’ikigo cya Mutobo muri 2009, avuga ko ubwo yasezererwaga we na bagenzi be babwiwe ko bazavurirwa mu Turere bakomokamo, ariko ahageze asanga izina rye ritari mu yoherejwe, bituma abura ubuvuzi.

Agira ati “Turi i Mutobo abaganga batwoherezaga ku Bitaro bya Ruhengeri uko tugezeyo umuriro tugasanga wagiye biba ngombwa ko batubwira ko tuzavurirwa mu Mirenge, bavuga ko bazohereza raporo izadufashwa kwivuza.”

Akomeza avuga ko akigera mu rugo yatangiye kugenda abaza ndetse aza no kumenya aho inzobere ziri kuvurira abasezerewe mu ngabo ariko agezeyo asanga izina rye ritarimo atahira aho ndetse ikibazo akajya akigeze ku bayobozi batandukanye ariko ntihagire igikorwa.

Ati “Aha mbere nakivuze ni mu Murenge ubwo nari ngiye kureba ko hari raporo yanjye yoherejwe, nsanga ntayahageze, hanabaye inama y’abasezerewe mu ngabo (reserve force) ndakivuga ariko afande wari uhari mbona ntago agikurikiranye.”

Isasu avuga ko riri mu itako ngo rituma atabasha guhagarara umwanya munini cyangwa ngo yambare inkweto zifunze, bikamubera imbogamizi zo kugira icyo yakora ngo yiteze imbere.

Ati “Hari igihe akaguru kabyimba simbashe kugenda, ubundi nakoraho nkaryumva, icyo nsaba ni uko nanjye bamfasha nkavurwa nk’uko bagenzi banjye bavurwa.”

Sebagabo Marcelin ushinzwe ubuvuzi muri Komisiyo y’Igihugu yo gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu Ngabo, avuga ko bidakunze kubaho ko bene aba bibura ku rutonde, icyakora ko hari abagera mu bice batuyemo ntibabashe kumenya aho kubariza.

Ati “Iyo tumumenye nk’uwo uba waraburiye mu giturage hasi aho tumuvanayo tukamufasha rwose. Ikibazo kiba ari uko bamwe baba barahuye n’ibibazo bikabacanga mu mutwe ntibamenye aho gukurikiranira, ugasanga nta n’undi ubitayeho.”

Sebagabo Marcelin avuga ko uyu wahoze mu Ngabo agiye gufashwa ku buryo azahabwa ubuvuzi bukenewe.

Kutibona ku rutonde rwoherejwe na Komisiyo y’Igihugu yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe Abahoze mu ngabo, uretse kuba byaramubujije amahirwe yo kuvurwa, anavuga ko binatuma kugeza ubu nta nyunganizi cyangwa inkunga igenerwa abademobe iramugeraho.

Uwitije Elie avuga ko amaranye imyaka 16 isasu mu kaguru
Asaba gufashwa ngo avuzwe

Ni umwe mu basezerewe nyuma yo kunyuzwa mu kigo cya Mutobo
Yanahawe icyangombwa

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 19 =

Previous Post

Eng.-Dr. Ngirente thanks President Kagame after 8 years as Prime Minister

Next Post

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

Related Posts

A century of faith and change: The Anglican church of Rwanda at 100

A century of faith and change: The Anglican church of Rwanda at 100

by radiotv10
28/10/2025
0

It has been a hundred years since the Anglican Church of Rwanda established its first roots on the hills of...

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

by radiotv10
28/10/2025
0

Umugabo w’Umunyarwanda w’imyaka 39 y’amavuko, arakekwaho kwicisha icyuma umugore we na we w’Umunyarwandakazi w’imyaka 38, babanaga mu Bufaransa, ubwo yahengeraga...

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

by radiotv10
28/10/2025
0

Inzego z’iperereza mu Rwanda zemeje ko nyiri uruganda rukora inzoga izwi nka ‘Be One Gin’ ari mu maboko y’inzego z’ubutabera,...

Inkuru nziza iraturuka mu muryango wo muri Huye uherutse gutabaza

Inkuru nziza iraturuka mu muryango wo muri Huye uherutse gutabaza

by radiotv10
28/10/2025
0

Umuryango wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, urashimira ubuvugizi wakorewe bwatumye umubyeyi wawo wari umaze igihe arembeye...

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

by radiotv10
27/10/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Igorora-RCS rwavuze ko ku Igororero rya Nyamasheke mu Karere ka Nyamasheke, harashwe amasasu mu kirere ubwo bamwe...

IZIHERUKA

A century of faith and change: The Anglican church of Rwanda at 100
IMIBEREHO MYIZA

A century of faith and change: The Anglican church of Rwanda at 100

by radiotv10
28/10/2025
0

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

28/10/2025
Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

28/10/2025
Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

28/10/2025
Igihe ikoranabuhanga rya VAR rizatangira gukoresherezwa mu Rwanda cyamenyekanye

Igihe ikoranabuhanga rya VAR rizatangira gukoresherezwa mu Rwanda cyamenyekanye

28/10/2025
Inkuru nziza iraturuka mu muryango wo muri Huye uherutse gutabaza

Inkuru nziza iraturuka mu muryango wo muri Huye uherutse gutabaza

28/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

A century of faith and change: The Anglican church of Rwanda at 100

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.