• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Uvuga ko amaranye imyaka 16 isasu mu kuguru yasobanuye uko byamugendekeye

radiotv10by radiotv10
24/07/2025
in MU RWANDA
0
Rusizi: Uvuga ko amaranye imyaka 16 isasu mu kuguru yasobanuye uko byamugendekeye
Share on FacebookShare on Twitter

Uwitije Elie wo mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi, wasezerewe n’Ikigo cya Mutobo kinyuzwamo abahoze mu mitwe yitwaje intwaro, avuga ko amaranye imyaka 16 isasu mu kaguru kuko yabuze ubushobozi bwo kwivuza ngo arikurwemo.

Uyu wasezerewe n’ikigo cya Mutobo muri 2009, avuga ko ubwo yasezererwaga we na bagenzi be babwiwe ko bazavurirwa mu Turere bakomokamo, ariko ahageze asanga izina rye ritari mu yoherejwe, bituma abura ubuvuzi.

Agira ati “Turi i Mutobo abaganga batwoherezaga ku Bitaro bya Ruhengeri uko tugezeyo umuriro tugasanga wagiye biba ngombwa ko batubwira ko tuzavurirwa mu Mirenge, bavuga ko bazohereza raporo izadufashwa kwivuza.”

Akomeza avuga ko akigera mu rugo yatangiye kugenda abaza ndetse aza no kumenya aho inzobere ziri kuvurira abasezerewe mu ngabo ariko agezeyo asanga izina rye ritarimo atahira aho ndetse ikibazo akajya akigeze ku bayobozi batandukanye ariko ntihagire igikorwa.

Ati “Aha mbere nakivuze ni mu Murenge ubwo nari ngiye kureba ko hari raporo yanjye yoherejwe, nsanga ntayahageze, hanabaye inama y’abasezerewe mu ngabo (reserve force) ndakivuga ariko afande wari uhari mbona ntago agikurikiranye.”

Isasu avuga ko riri mu itako ngo rituma atabasha guhagarara umwanya munini cyangwa ngo yambare inkweto zifunze, bikamubera imbogamizi zo kugira icyo yakora ngo yiteze imbere.

Ati “Hari igihe akaguru kabyimba simbashe kugenda, ubundi nakoraho nkaryumva, icyo nsaba ni uko nanjye bamfasha nkavurwa nk’uko bagenzi banjye bavurwa.”

Sebagabo Marcelin ushinzwe ubuvuzi muri Komisiyo y’Igihugu yo gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu Ngabo, avuga ko bidakunze kubaho ko bene aba bibura ku rutonde, icyakora ko hari abagera mu bice batuyemo ntibabashe kumenya aho kubariza.

Ati “Iyo tumumenye nk’uwo uba waraburiye mu giturage hasi aho tumuvanayo tukamufasha rwose. Ikibazo kiba ari uko bamwe baba barahuye n’ibibazo bikabacanga mu mutwe ntibamenye aho gukurikiranira, ugasanga nta n’undi ubitayeho.”

Sebagabo Marcelin avuga ko uyu wahoze mu Ngabo agiye gufashwa ku buryo azahabwa ubuvuzi bukenewe.

Kutibona ku rutonde rwoherejwe na Komisiyo y’Igihugu yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe Abahoze mu ngabo, uretse kuba byaramubujije amahirwe yo kuvurwa, anavuga ko binatuma kugeza ubu nta nyunganizi cyangwa inkunga igenerwa abademobe iramugeraho.

Uwitije Elie avuga ko amaranye imyaka 16 isasu mu kaguru
Asaba gufashwa ngo avuzwe

Ni umwe mu basezerewe nyuma yo kunyuzwa mu kigo cya Mutobo
Yanahawe icyangombwa

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − one =

Previous Post

Eng.-Dr. Ngirente thanks President Kagame after 8 years as Prime Minister

Next Post

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.