Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

radiotv10by radiotv10
30/07/2025
in MU RWANDA
0
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bikekwa ko yaba yahubutse mu muhanda n’ubundi yaganjijwe n’inzoga agahita ahasiga ubuzima.

Uyu mugabo witwa Mutabazi Fidel yabonetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Nyakanga 2025 mu Mudugudu wa Cyapa mu Murenge wa Gihundwe.

Amakuru yamenyekanye mu gitondo cya kare ubwo ababa mu nzu nyakwigendera yaguye hafi yayo babyukaga bajya mu kazi bagasanga umurambo we haruguru yayo bagahita batabaza.

Uwitwa Francine yagize ati “Mu gitondo saa kumi n’imwe twabyutse tugiye mu kazi, mugenzi wacu ageze haruguru abona umuntu uryamye agira ubwoba agaruka mu nzu gutabaza noneho twese turaza dusanga umuntu aryamye yavuye amaraso tumwitegereje dusanga atakiri mu mubiri, duhita duhamagara abayobozi.”

Umuyobozi w’Umudugudu wa Cyapa, Kanamugire Octave wahise atabara mu ba mbere, avuga ko bikekwa ko uyu mugabo yaba yahubutse ku muhanda akitura hasi biturutse ku businzi.

Ati “Bigaragara ko umutwe wamenetse, ku buryo umuntu yakeka ko yahubutse hejuru. Yari afite agacupa gapfundikiye kavuyemo energy drink bigaragara ko ari inzoga yari yashyizemo. Mu busanzwe ni umuntu wari uzwiho gukunda inzoga cyane ku buryo yayinywaga agataka umutwe.”

Mu gihe atari ubwa mbere muri uyu mukingo uri mu muri metero imwe uvuye ku muhanda nyabagendwa haguyemo umuntu, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gihundwe, Jean Pierre Iyakaremye wagarutse ku businzi nk’icyateye uru rupfu, yanavuze ko uyu mukingo waba ugiye gushyirwaho uruzitiro kugira ngo abantu badakomeze kuhatakariza ubuzima.

Ati “Urwego rw’Ubugenzacyaha ruri kubikurikirana, ariko amakuru y’ibanze arerekana ko yaba yahurudutse hejuru ku mukingo biturutse ku businzi. Twamenye ko saa tanu z’ijoro yari ari hano ku cyapa yasinze, njyewe nahise mpamagara nyiri izi nzu ambwira ko ari gutegura umushinga wo kuhubaka ku buryo azashyiraho uruzitiro.”

Umurambo wa Mutabazi Fidel ubuzima wahise ujyanwa mu buruhukiro bw’ibitaro bya Gihundwe.

Bibaye incuro ya kabiri muri uyu mukingo hagwamo umuntu nyuma yuko hari undi mugore wigeze kugwamo atezwe n’itiyo iri ku muhanda ariko we akagira amahirwe ntahatakarize ubuzima.

Aha hantu ni harehare ku buryo hatagize igikorwa hari abandi bashobora kuzahaburira ubuzima
Umubiri we wahise ujyanwa mu buruhukiro bw’ibitaro bya Gihundwe

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Next Post

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Related Posts

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya mbere ya Guverinoma nshya y’u Rwanda yafatiwemo ibyemezo birimo kwemeza Abadipolomate 10 bahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga....

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

by radiotv10
31/07/2025
0

Abacururiza imboga n’imbuto mu isoko rya Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko barembejwe n’umwanda ukabije baterwa n’abantu baza kuhikinga...

Money or Passion: What should we follow in 2025?

Money or Passion: What should we follow in 2025?

by radiotv10
31/07/2025
0

As the world enters deeper into the digital era and economic uncertainty continues to loom in many parts of the...

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we
SIPORO

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

by radiotv10
31/07/2025
0

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

31/07/2025
Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

31/07/2025
Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

31/07/2025
Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

31/07/2025
Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w'igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.