Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

radiotv10by radiotv10
30/07/2025
in MU RWANDA
0
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bikekwa ko yaba yahubutse mu muhanda n’ubundi yaganjijwe n’inzoga agahita ahasiga ubuzima.

Uyu mugabo witwa Mutabazi Fidel yabonetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Nyakanga 2025 mu Mudugudu wa Cyapa mu Murenge wa Gihundwe.

Amakuru yamenyekanye mu gitondo cya kare ubwo ababa mu nzu nyakwigendera yaguye hafi yayo babyukaga bajya mu kazi bagasanga umurambo we haruguru yayo bagahita batabaza.

Uwitwa Francine yagize ati “Mu gitondo saa kumi n’imwe twabyutse tugiye mu kazi, mugenzi wacu ageze haruguru abona umuntu uryamye agira ubwoba agaruka mu nzu gutabaza noneho twese turaza dusanga umuntu aryamye yavuye amaraso tumwitegereje dusanga atakiri mu mubiri, duhita duhamagara abayobozi.”

Umuyobozi w’Umudugudu wa Cyapa, Kanamugire Octave wahise atabara mu ba mbere, avuga ko bikekwa ko uyu mugabo yaba yahubutse ku muhanda akitura hasi biturutse ku businzi.

Ati “Bigaragara ko umutwe wamenetse, ku buryo umuntu yakeka ko yahubutse hejuru. Yari afite agacupa gapfundikiye kavuyemo energy drink bigaragara ko ari inzoga yari yashyizemo. Mu busanzwe ni umuntu wari uzwiho gukunda inzoga cyane ku buryo yayinywaga agataka umutwe.”

Mu gihe atari ubwa mbere muri uyu mukingo uri mu muri metero imwe uvuye ku muhanda nyabagendwa haguyemo umuntu, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gihundwe, Jean Pierre Iyakaremye wagarutse ku businzi nk’icyateye uru rupfu, yanavuze ko uyu mukingo waba ugiye gushyirwaho uruzitiro kugira ngo abantu badakomeze kuhatakariza ubuzima.

Ati “Urwego rw’Ubugenzacyaha ruri kubikurikirana, ariko amakuru y’ibanze arerekana ko yaba yahurudutse hejuru ku mukingo biturutse ku businzi. Twamenye ko saa tanu z’ijoro yari ari hano ku cyapa yasinze, njyewe nahise mpamagara nyiri izi nzu ambwira ko ari gutegura umushinga wo kuhubaka ku buryo azashyiraho uruzitiro.”

Umurambo wa Mutabazi Fidel ubuzima wahise ujyanwa mu buruhukiro bw’ibitaro bya Gihundwe.

Bibaye incuro ya kabiri muri uyu mukingo hagwamo umuntu nyuma yuko hari undi mugore wigeze kugwamo atezwe n’itiyo iri ku muhanda ariko we akagira amahirwe ntahatakarize ubuzima.

Aha hantu ni harehare ku buryo hatagize igikorwa hari abandi bashobora kuzahaburira ubuzima
Umubiri we wahise ujyanwa mu buruhukiro bw’ibitaro bya Gihundwe

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Next Post

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w'igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.