Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

radiotv10by radiotv10
30/07/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara yatangaje ko aziyamamariza manda ya kane mu matora agiye kuba muri iki Gihugu, kugira ngo gikomeze gutengamara kinahangane n’ibibazo bihari, kandi ko ntawundi ubifitiye uburambe atari we.

Ouattara uri ku butegetsi kuva muri 2010, yatangaje ibi mu ijambo rye ryanyuze kuri televiziyo y’Igihugu uri uyu wa Kabiri tariki 29 Nyakanga 2025.

Yagize ati “Niyamamarije kuba umukandida kuko nshaka ko Côte d’Ivoire dukunda ikomeza kuba Igihugu gitengamaye, kirangwa n’amahoro n’umutekano.”

Perezida Ouattara yakomeje avuga ko ubuzima bwe ndetse n’Itegeko Nshinga ry’Igihugu bimwemerera kongera kwiyamamariza manda nshya.

Perezida Alassane Ouattara w’imyaka 83 y’amavuko, uyobora Côte d’Ivoire kuva mu 2010, yavuze ko Igihugu gihanganye n’ibibazo bikomeye by’umutekano, ubukungu n’imari bitigeze bibaho mbere, bityo ko guhangana n’ibi bibazo bisaba umuntu ufite uburambe mu buyobozi nk’ubwo afite.

Yagize ati “Mu by’ukuri, iterabwoba rikomeje kwiyongera muri aka karere, ndetse n’ibibazo by’ubukungu ku rwego mpuzamahanga ku buryo bishora kugira ingaruka zikomeye ku Gihugu cyacu.”

Ishyaka rye, Rassemblement des Houphouëtistes pour la Démocratie et la Paix (RHDP), ryamutoye ngo yongere arihagararire mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba mu mezi abiri ari imbere, ryamushimye ku byo yagejeje ku Gihugu, mu gihe cyose amaze ku butegetsi, rinamugaragaza nk’umwihariko wo gukomeza gutanga umutekano n’ituze muri aka karere.

Biteganyijwe ko Perezida Ouattara azahangana n’abandi banyapolitiki batavuga rumwe na we mu matora ari imbere, barimo Umuyobozi w’Ishyaka rya Democratic Party of Ivory Coast (PDCI), Tidjane Thiam, ndetse n’uwahoze ari Perezida w’iki Gihugu, Laurent Gbagbo, uyobora ishyaka African People’s Party of Ivory Coast (PPACI), igihe cyose bazaba babonye uburenganzira bwo kwiyamamaza, kuko kugeza ubu bakuwe ku rutonde rw’abemerewe kwiyamamaza.

Ni mugihe aya mashyaka abiri akomeye atavuga rumwe n’ubutegetsi yatangije ubukangurambaga bwo gusaba ko abayobozi bayo bakuwe ku rutonde rw’abemerewe kwiyamamaza basubizwaho mbere yuko amatora ya Perezida aba.

Gutanga ibyangobwa bisaba kwiyamamariza umwanya wa Perezida muri Côte d’Ivoire, bizasozwa mu mpera z’ukwezi kwa Kanama, mbere yuko icyiciro cya mbere cy’Amatora y’Umukuru w’Igihugu gitangira tariki 25 Ukwakira 2025.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Next Post

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.