Sunday, August 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida w’Inteko y’u Rwanda yishimiye gusura Pariki yabonyemo inyamaswa zirimo Inkura n’Impalage

radiotv10by radiotv10
22/08/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAFOTO: Perezida w’Inteko y’u Rwanda yishimiye gusura Pariki yabonyemo inyamaswa zirimo Inkura n’Impalage
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, Hon. Kazarwa Gertrude yagaragaje ibyishimo yatewe no gusura Pariki y’Igihugu y’Akagera, akibonera ibyiza biyirimo nk’inyamaswa.

Yabigaragaje mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, aho yagaragaje ari muri Pariki y’Igihugu Akagera iherereye mu Karere ka Kayonza mu Ntara y’Iburasirazuba.

Mu butumwa buherekeje amafoto yasangize abantu agaragaza ari muri iyi Pariki n’inyamaswa yabonyemo, Hon. Kazarwa Gertrude yagize ati “Nishimiye kumara umwanya muri Pariki y’Igihugu Akagera.”

Yakomeje agira ati “Mbega ubwiza buhebuje bw’inyamaswa n’imirambi inogeye ijisho. Ndashimira itsinda ry’abagira uruhare mu kubungabunga uyu murage wihariye w’abo mu bihe bizaza.”

Mu mafoto yagaragajwe na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, arimo agaragaza inyamaswa yabonyemo, zirimo Inkura, ndetse n’Impalage.

Pariki y’Igihugu y’Akagera yashinzwe mu 1934, ifite ubuso bwa kilometero kare 1 122, ikaba ituwemo n’inyamaswa ziri mu zikurura ba mukerarugendo cyane, nk’Intare, n’Inkura, Ingwe, Imbogo n’Inzovu.

Abasura iyi Pariki barushaho kwiyongera uko imyaka ishira indi igataha, aho mu 2024, bageze ku bantu 56 219 bavuye ku 54 141 bayisuye umwaka wari wabanje wa 2023. Ni ukuvuga ko biyongereyeho 3,83%.

Ni na ko kandi amafaranga yinjizwa n’iyi Pariki y’Igihugu na yo yiyongera, aho muri uwo mwaka wa 2024, yinjirije u Rwanda Miliyoni 4,7$, mu gihe mu mwaka wari wabanje wa 2023 yari Miliyoni 4,6$.

Hon. Karazarwa ubwo yari muri Pariki y’Igihugu yitegereza ibyiza biyirimo
Mu nyamaswa yahabonye harimo impalage
N’Inkura
Na Giraffe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Eng.-Rwandan Parliament Speaker enjoys visit to Akagera National Park

Next Post

Nyuma yuko umuhanzi uzwi ku Isi agaragaye mu muhanda yambaye akenda k’imbere hakurikiyeho iki?

Related Posts

Imurikagurisha ry’Intara y’Iburasirazuba ryagarukanye impinduka zashyize igorora abamurika

Imurikagurisha ry’Intara y’Iburasirazuba ryagarukanye impinduka zashyize igorora abamurika

by radiotv10
24/08/2025
0

Imurikagurisha ryo ku rwego rw’Intara y’Iburasirazuba ribaye ku nshuro yaryo ya 14 riri kubera mu Karere ka Rwamagana, ryagarukanye impinduka,...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kugerageza kuroga umugore we n’icyo bapfaga

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kugerageza kuroga umugore we n’icyo bapfaga

by radiotv10
23/08/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gatsata mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, ukurikiranyweho kugerageza kurogera umugore we mu...

With the new Rwandan Digital ID, some services will be available within an hour instead of a month

With the new Rwandan Digital ID, some services will be available within an hour instead of a month

by radiotv10
23/08/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) has announced that the new Digital ID to be given out will not display too...

Hasobanuwe imikorere y’icyaha cya ruswa gishinjwa batanu bakora mu nzego z’Ubutabera mu Rwanda

Amakuru agezweho: Umukozi mu Kigo cy’Igihugu cya WASAC yatawe muri yombi hanatangazwa icyo akurikiranyweho

by radiotv10
22/08/2025
0

Umukozi mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura WASAC ushinzwe ibikorwa by’isanwa ry’umuyoboro w’amazi wa Ruhanga mu Murenge wa Rusororo,...

Green Kigali: How youth are driving Eco-Innovation

Green Kigali: How youth are driving Eco-Innovation

by radiotv10
22/08/2025
0

Kigali is often praised as one of the cleanest and greenest cities in Africa. Streets are neat, plastic bags are...

IZIHERUKA

Imurikagurisha ry’Intara y’Iburasirazuba ryagarukanye impinduka zashyize igorora abamurika
MU RWANDA

Imurikagurisha ry’Intara y’Iburasirazuba ryagarukanye impinduka zashyize igorora abamurika

by radiotv10
24/08/2025
0

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kugerageza kuroga umugore we n’icyo bapfaga

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kugerageza kuroga umugore we n’icyo bapfaga

23/08/2025
Abafana ba APR bakwiye kugira impungenge cyangwa bikomeze byitwe Pre-Season?

Abafana ba APR bakwiye kugira impungenge cyangwa bikomeze byitwe Pre-Season?

23/08/2025
With the new Rwandan Digital ID, some services will be available within an hour instead of a month

With the new Rwandan Digital ID, some services will be available within an hour instead of a month

23/08/2025
Hasobanuwe imikorere y’icyaha cya ruswa gishinjwa batanu bakora mu nzego z’Ubutabera mu Rwanda

Amakuru agezweho: Umukozi mu Kigo cy’Igihugu cya WASAC yatawe muri yombi hanatangazwa icyo akurikiranyweho

22/08/2025
Green Kigali: How youth are driving Eco-Innovation

Green Kigali: How youth are driving Eco-Innovation

22/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma yuko umuhanzi uzwi ku Isi agaragaye mu muhanda yambaye akenda k’imbere hakurikiyeho iki?

Nyuma yuko umuhanzi uzwi ku Isi agaragaye mu muhanda yambaye akenda k’imbere hakurikiyeho iki?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imurikagurisha ry’Intara y’Iburasirazuba ryagarukanye impinduka zashyize igorora abamurika

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kugerageza kuroga umugore we n’icyo bapfaga

Abafana ba APR bakwiye kugira impungenge cyangwa bikomeze byitwe Pre-Season?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.