Sunday, October 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Nyuma yuko umuhanzi uzwi ku Isi agaragaye mu muhanda yambaye akenda k’imbere hakurikiyeho iki?

radiotv10by radiotv10
22/08/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Nyuma yuko umuhanzi uzwi ku Isi agaragaye mu muhanda yambaye akenda k’imbere hakurikiyeho iki?
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’Umuraperi w’Umunyamerika Lil Nas X wanegukanye ibihembo mu bizwi ku Isi bya Grammy Awards, yatawe muri yombi ahita anajyanwa mu bitaro nyuma yo kugaragara azerera mu muhanda i Los Angeles yambaye umwenda w’imbere.

Amakuru y’itabwa muri yombi no kujyanwa mu bitaro kuri uyu muraperi, yemejwe n’Ubuyobozi bw’i Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Polisi yo muri uyu Mujyi wo muri California, yavuze ko yahamagawe mu masaha ya saa 05:30’ kuri uyu wa Kane imenyeshwa ko muri Ventura Boulevard hari umugabo uri kugenda azerera mu muhanda yambaye umwenda w’imbere gusa.

Charles Miller, Umuvugizi wa Polisi yo muri uyu Mujyi, yatangaje ko ubwo Abapolisi bageraga aho uyu mugabo yari ari, uyu muhanzi yashatse kubarwanya, ubundi agahita atabwa muri yombi.

Yavuze ko nyuma yo kumufata, yahise ajyanwa kwa muganga kuvurwa, kuko hakekwa ko yaba yanyoye ibiyobyabwenge birengeje urugero.

Amashusho yiriwe akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga zirimo iz’igitangamza cy’imyidagaduro cya TMZ, agaragaza uyu muraperi ari mu mu muhanda yambaye akenda k’imbere agenda avuga mu ijwi rirangurura atumira abantu ngo “muze mu birori.”

Lil Nas X yagiye yegukana ibihembo binyuranye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

AMAFOTO: Perezida w’Inteko y’u Rwanda yishimiye gusura Pariki yabonyemo inyamaswa zirimo Inkura n’Impalage

Next Post

Menya amafaranga bivugwa ko yaguzwe myugariro w’Umunyarwanda wabonye ikipe muri Kenya

Related Posts

‘Bishop Gafaranga’ nyuma yo gufungurwa hari ubutumwa buvugwa afitiye abantu

‘Bishop Gafaranga’ nyuma yo gufungurwa hari ubutumwa buvugwa afitiye abantu

by radiotv10
11/10/2025
0

Umunyamakuru Julius William Niyitegeka uzwi nka Julius Chita, usanzwe ari inshuti ya Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga, wafunguywe nyuma...

The pressure to go out every Friday: Is staying home, okay?

The pressure to go out every Friday: Is staying home, okay?

by radiotv10
10/10/2025
0

In today’s social media age, Fridays have almost become a performance. As soon as the weekend hits, timelines fill with...

Why African parents struggle to understand “Influencer Jobs”

Why African parents struggle to understand “Influencer Jobs”

by radiotv10
10/10/2025
0

For many African parents, the idea of being an “influencer” sounds confusing, unserious, or even risky. To them, a job...

Igitaramo kizahuza abakunzi b’ikinyobwa gisembuye kimwe mu Rwanda bahishiwe agaseke k’ibanga

Igitaramo kizahuza abakunzi b’ikinyobwa gisembuye kimwe mu Rwanda bahishiwe agaseke k’ibanga

by radiotv10
10/10/2025
0

Abakunzi b’ikinyobwa kimwe gisembuye mu Rwanda, bagiye guhurira mu gitaramo kizanaririmbamo abahanzi bakomeye barimo Bruce Melodie ndetse n’Umuhanzi w’Umunyakenya Bien-Aimé...

Uwahoze ari umugore w’umuhanzi Safi aritegura kwibaruka ubuheta n’umugabo bamaze amezi atanu bakoranye ubukwe

Uwahoze ari umugore w’umuhanzi Safi aritegura kwibaruka ubuheta n’umugabo bamaze amezi atanu bakoranye ubukwe

by radiotv10
07/10/2025
0

Niyonizera Judithe wahoze ari umugore wa Safi Madiba, yagaragaje ko we n’umugabo we King Dust bakoranye ubukwe muri Gicurasi uyu...

IZIHERUKA

Abanyabigwi muri Volleyball mu Rwanda banakiniye Igihugu bongeye kugaragara bakina umukino ntangarugero
SIPORO

Abanyabigwi muri Volleyball mu Rwanda banakiniye Igihugu bongeye kugaragara bakina umukino ntangarugero

by radiotv10
11/10/2025
0

Supporting Young Women Entrepreneurs Builds Stronger Families, Communities, and Economies

Supporting Young Women Entrepreneurs Builds Stronger Families, Communities, and Economies

11/10/2025
‘Bishop Gafaranga’ nyuma yo gufungurwa hari ubutumwa buvugwa afitiye abantu

‘Bishop Gafaranga’ nyuma yo gufungurwa hari ubutumwa buvugwa afitiye abantu

11/10/2025
Nyuma y’ibyabaye Amavubi agiye muri Afurika y’Epfo gutegura umukino udafite igisobanuro

Nyuma y’ibyabaye Amavubi agiye muri Afurika y’Epfo gutegura umukino udafite igisobanuro

11/10/2025
Abatunze imbwa mu Bwongereza hari ikosa rishobora kuzajya ribacisha Miliyoni 9Frw

Abatunze imbwa mu Bwongereza hari ikosa rishobora kuzajya ribacisha Miliyoni 9Frw

11/10/2025
It’s time to stop expecting jobs and start creating jobs: A message to fresh graduates

It’s time to stop expecting jobs and start creating jobs: A message to fresh graduates

11/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya amafaranga bivugwa ko yaguzwe myugariro w’Umunyarwanda wabonye ikipe muri Kenya

Menya amafaranga bivugwa ko yaguzwe myugariro w’Umunyarwanda wabonye ikipe muri Kenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abanyabigwi muri Volleyball mu Rwanda banakiniye Igihugu bongeye kugaragara bakina umukino ntangarugero

Supporting Young Women Entrepreneurs Builds Stronger Families, Communities, and Economies

‘Bishop Gafaranga’ nyuma yo gufungurwa hari ubutumwa buvugwa afitiye abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.