Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibirambuye ku cyatumye hoteli ‘Château le Marara’ ifatirwa icyemezo cyo gufungwa ukwezi kukaba kuzuye

radiotv10by radiotv10
22/08/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hoteli Château le Marara iherutse kugarukwaho cyane yafunzwe hatangazwa n’impamvu
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB ruratangaza ko mbere yuko Hoteli Château le Marara ifatirwa icyemezo cyo kuba ifunze, hari habanje gukorwa igenzura, igasurwa kenshi igaragarizwa ibyo igomba kuzuza ariko ntibikorwe, bikagera aho ifatirwa kiriya cyemezo.

Hashize ukwezi iyi Hoteli iteretse ku nkombe z’ikiyaga cya Kivu mu Karere ka Karongi ifatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo na RDB.

Icyemezo cyatangajwe n’uru Rwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda tariki 21 ariko kigatangira kubahirizwa ku ya 22 Nyakanga 2025, cyavugaga ko “Nyuma y’iperereza ryakozwe, byagaragaye ko iyi hoteli ikora nta ruhushya, bityo ikaba itarubahirije amategeko agenga ubukerarugendo mu Rwanda.” Bityo ko kuva kuri iriya tariki itari yemerewe kongera gukora.

Bamwe mu batanze ibitekerezo ku ifungwa ry’iyi Hoteli, bavugaga ko bitumvikana kuba igikorwa nka kiriya cyari kimaze igihe kingana kuriya gikora, ariko kidafite uruhushya.

Irène Murerwa, Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Ubukerarugendo muri uru Rwego rwafashe iki cyemezo, mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru cyitwa Igihe dukesha aya makuru, yavuze ko mbere yo gufunga iriya Hoteli, habanje gukorwa isuzuma mu bihe binyuranye.

Yavuze ko ubuyobozi bwa RDB bwasuye inshuro nyinshi iyi hoteli, bukagaragariza ubuyobozi bwayo ibyo bugomba kuzuza kugira ngo ikomeze gukora ariko bikagera aho biba ngombwa ko hafatwa kiriya cyemezo.

Yagize ati “Twarabasuye, tuganira na bo ariko bigera ahantu ukabona ko basa n’abatibuka ko ibyo bintu bisabwa ari itegeko.”

Ku kuba abantu baratunguwe n’icyemezo cyafatiwe iyi Hoteli kandi bayibona ko igezweho, ndetse ko uko byagenda kose ntakuntu yaba ikora itazwi, Irène Murerwa yavuze ko yari isanzwe izwi ko ikora ariko hari ibyo yagombaga kuzuza kugira ngo ikore nk’ishoramari.

Ati “Abantu rero baribajije bati ‘ko tuzi Château le Marara, ni ahantu heza cyane, abantu barabizi n’Akarere karabizi ni gute RDB batabazi?’ Icyo batari bafite ni uruhushya rwo gukora mu rwego rw’ubukerarugendo ariko bari bafite uburenganzira bwo gukora ishoramari.”

Uyu muyobozi avuga ko icyemezo cyafatiwe iriya Hoteli, gishingiye ku itegeko ryo muri 2014 rigenga urwego rw’Ubukerarugendo, aho uwinjiye mu ishoramari ryarwo, atangira agakora, akazahabwa uruhushya yaratangiye imirimo.

Avuga ko ubuyobozi bwa Hoteli Château le Marara bwandikishije ishoramari nk’uko abandi bose babikora mu buryo bworoshye bw’ikoranabuhanga, ariko ko haba hagomba kugenzurwa ishoramari na serivisi zitangwa.

Ati “Ushobora kwicara kuri mudasobwa yawe ugahita ubona icyemezo mu masaha atarenze atandatu, ariko se icyiciro urimo cy’ishoramari ni ikihe? Uri hoteli, uri restaurant, uri akabyiniro, uri apartment, aho ni ho uhererwa uruhushya rujyanye n’icyiciro cyawe rero bo barakoraga batarigeze basaba urwo ruhushya.”

Yavuze ko ubwo hasurwaga iyi Hoteli ikagaragarizwa ibyo igomba kuzuza, yagendaga igaragaza imbogamizi zinyuranye, igahabwa igihe cyo kubikosora.

Ati “Iyo tuje kugusura tukaguha igihe runaka, iyo minsi ukayirenza, tukakureka kuko utubwiye impamvu zawe tukumva zirumvikana turakureka. Hari abo usanga babikora inshuro zingahe. Ni cyo kibazo cyabayeho.”

Avuga ko mu rwego rw’Ubukerarugendo haba hari byinshi bisabwa kuzuza, ariko ko ubisabwa iyo agaragaje intege nke, hafatwa icyemezo kandi ko atari kuri iriya Hoteli byakozwe gusa, kuko hari n’irindi shoramari ryagiye ribifatirwa.

Ati “Niba mu bintu 20 birenga naguhaye, wujuje bitanu gusa, n’ubundi itegeko uba uri kuryica. Ikintu cya ngombwa nubwo mwibanze kuri Chateau Le Marara hari n’abandi benshi batabyuzuza ariko biba bigomba kumenyeshwa ubuyobozi.”

Irène Murerwa yavuze ko nyuma yuko hafashwe kiriya cyemezo, uwagifatiwe ashobora gukosora ibyo yagaragarijwe, ubundi akandika asaba gufungurirwa.

Mbere yo gufungurirwa, habanza gukorwa irindi genzura rikorwa n’amatsinda arimo abo muri RDB, Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego, ubundi byagaragara ko uwari wafungiwe yakosoye ibyo yasabwe, agahabwa uruhushya rutangwa na RDB rwishyurwa 80 000 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Menya amafaranga bivugwa ko yaguzwe myugariro w’Umunyarwanda wabonye ikipe muri Kenya

Next Post

Green Kigali: How youth are driving Eco-Innovation

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Green Kigali: How youth are driving Eco-Innovation

Green Kigali: How youth are driving Eco-Innovation

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.