• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

IFOTO: Umuhanzi Andy Bumuntu yagaragaye mu isura nshya

radiotv10by radiotv10
26/08/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
IFOTO: Umuhanzi Andy Bumuntu yagaragaye mu isura nshya
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Kayigi Andy wamamaye nka Andy Bumuntu, wanigeze gukora umwuga w’itangazamakuru, wamenyerewe afite imisatsi miremire izwi nka Dreadlocks, yagaragaye yarogoshe umusatsi wose amaraho.

Uyu muhanzi yagaragaye ubwo yitabiraga imurika ry’igitabo cya Nisimwe Naomie wabaye Miss w’u Rwanda wa 2020 yise ‘’More than crown’.

Iki gikorwa cyabaye mu mpera z’icyumweru gishize, cyitabiriwe n’abantu batandukanye barimo ab’amazina azwi mu ruganda rw’imyidagaduro nka Andy Bumuntu.

Uyu muhanzi umaze igihe atagaragara cyane mu bikorwa by’imyidagaduro nk’ibitaramo, ubwo yitabiraga iki gikorwa, yagaragaye mu isura abantu batakunze kumubonamo, aho yamaze kogosha umusatsi wose akamaraho.

Ni mu gihe uyu muhanzi yakunze kugaragara yarashyizeho imisatsi miremire izwi nka Dreadlocks, benshi bakunze kwitiranya ko ari iy’Abarasita.

Andy Bumuntu wamenyekanye mu ndirimbo zinyuranye nka ‘On fire’, ‘My Valentine’ n’izindi zakunzwe na benshi, yanamenyekanye mu mwuga w’itangazamakuru, aho yakoreye Radio ya Kiss FM ikora ibiganiro by’imyidagaduro.

Uyu muhanzi yasezeye kuri iyi Radio muri Nzeri 2024, ubwo yavugaga ko yafashe iki cyemezo bitewe n’izindi nshingano nshya ndetse n’ubuzima bwe bwite.

Nyuma yo gusezera, mu kwezi k’Ukwakira uwo mwaka wa 2024 Andy Bumuntu yasinyanye amasezerano n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bana (UNICEF), agamije gukora ubuvugizi abakiri bato bafite ibibazo byo mu mutwe.

Andy Bumuntu yakunze kugaragara afite imisatsi miremire

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 19 =

Previous Post

Dore abakinnyi batagaragaye ku rutonde rw’abahamagawe mu Mavubi bikibazwaho

Next Post

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeye ko kiremerewe n’ibibazo biri mu rwego rw’Ubuzima

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Igihugu kimwe muri Afurika cyemeye ko kiremerewe n’ibibazo biri mu rwego rw’Ubuzima

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeye ko kiremerewe n'ibibazo biri mu rwego rw’Ubuzima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.