• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Cameroon: Abana bari bashimuswe n’umutwe w’iterabwoba ukabajyana mu kindi Gihugu bacyuwe

radiotv10by radiotv10
27/08/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Cameroon: Abana bari bashimuswe n’umutwe w’iterabwoba ukabajyana mu kindi Gihugu bacyuwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abana 13 bari bashimwe n’umutwe w’Iterabwoba wa Boko Haram ukabajyana muri Nigeria, ubakuye muri Cameroon, batabawe, basubizwe mu Gihugu cyabo.

Aba bana basubijwe iwabo nyuma y’ibyumweru bibiri bashimuswe n’abo bikekwa ko abarwanyi ba Boko Haram, babakuye ahitwa Zigague muri Cameroun.

Ubu basubijwe mu mujyi wa Maroua, umurwa mukuru w’Intara y’Amajyaruguru y’Igihugu cya Cameroon bari bakuwemo ubwo bashimutwaga.

Abana bari baraburiwe irengero ku itariki 13 Kanama ubwo bajyanwaga mu modoka itwara abagenzi. Nubwo Umwe muri bo yishwe nyuma yuko amafaranga yari yatswe umuryango we ngo arekurwe, atatanzwe ku gihe.

Abri barashimuswe, barimo bakomoka mu Gihugu cya Tchad n’abanyeshuri 13 b’Abanya-Cameroun, bose babohowe n’ingabo z’Igihugu cya Cameroon.

Midjiyawa Bakari, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru y’Igihugu, yagize ati “Abashimuswe bari bajyanywe mu Gihugu cya Nigeria mu bice byo kure y’umujyi, ariko kubera ubufatanye bw’ingabo zacu, ndetse n’abaturage ubwabo, buri wese yagize uruhare rwe, kandi twabashije kubabohoza.”

Bryan Bessala w’imyaka 19, umwe mu bashimuswe ntiyabashije kurokoka kuko yishwe n’abamushimuse, nyuma yuko amafaranga yo kumucungura atabonekeye igihe ntarengwa cy’aamasaha 24 cyari cyatanzwe.

Ababyeyi be, n’abaturage ba Cameroun bakaba bakomeje gusaba Leta gushakisha umurambo ugashyingirwa mu cyubahiro.

Muri Cameroon, byumwihariko mu Turere twa Logone na Chari, Mayo Sava na Mayi Tsanaga, bahanganye n’ibikorwa byo gushimuta, bikorwa n’umutwe witwaje intwaro wa Boko Haram, aho ikibazo gikomeje kwiyongera no gutera ubwoba abaturage bahatuye.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 4 =

Previous Post

Amakuru mashya: Abarimo abanyamakuru baregwa mu rubanza rumwe n’Abofisiye muri RDF bafatiwe icyemezo kibafungura

Next Post

Batswe amafaranga bizezwa inkunga none amaso yaheze mu kirere

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Batswe amafaranga bizezwa inkunga none amaso yaheze mu kirere

Batswe amafaranga bizezwa inkunga none amaso yaheze mu kirere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.