Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byasaba ko uba uri Spiderman- Igisubizo Polisi yasubije uwayibajije ikibazo

radiotv10by radiotv10
27/08/2025
in MU RWANDA
0
Byasaba ko uba uri Spiderman- Igisubizo Polisi yasubije uwayibajije ikibazo
Share on FacebookShare on Twitter

Uwabajije Polisi y’u Rwanda icyakorwa mu gihe umuturage abonye imodoka yacitse feri itwaye abantu, uru rwego rwamusubije ko uwashaka gukora ubwo butabazi, byaba ari nko kwigira ‘Spiderman’ kuko ikibazo kimenywa n’utwaye ikinyabiziga.

Ni nyuma yuko umuturage ukoresha Konti yitwa Brotherwacu ku rubuga nkoranyambaga kuri X, anyujijeho ikibazo yageneye Polisi y’u Rwanda ku cyakorwa mu gihe umuturage abonye imodoka yabuze feri.

Ubu butumwa bugira buti “Nk’umuturage ubonye imodoka yacitse feri iri kwiruka mu muhanda, ni ubuhe butabazi bw’ibanze yakora kugira ngo atabare ubuzima bw’abarimo mu gihe police itari aho hafi?”

Polisi y’u Rwanda, mu gusubiza uyu muturage; yavuze ko iki gitekerezo cyahimbwe n’uyu muturage ubundi kidashoboka.

Uru rwego ruvuga ko ikinyabiziga cyacitse feri bimenywa n’umuntu ugitwaye, bityo ko kubimenya uri umuturage uri hanze, bidashoboka, kandi ko hari uburyo bwagenwe bwo kwirinda ko habaho iki kibazo.

Ubutumwa bwa polisi y’u Rwanda bugira buti “Ubundi iyo ikinyabiziga “cyacitse feri” bimenywa n’ugitwaye.”

Polisi yakomeje igira iti “Iyi “scene” watekereje kuyiyobora no kuyikina byasaba ko uba uri Spiderman [ibizwi muri filimi by’umuntu uba ari intwari itabara abari mu kaga].”

Uru rwego ruvuga ko uburyo bwo gusuzumisha ikinyabiziga busanzwe bukorwa mu gihe runaka cyagenwe ndetse no kuba umuntu yajya akigenzura uko umushoferi agiye gukora urugendo, ari bwo burinda ibibazo nka biriya byo kuba cyacika feri.

Polisi iti “Ubutabazi nyabwo ni uko ikinyabiziga kigomba guhora kigenzurwa neza, cyane cyane mbere yo kujya mu rugendo.”

Kimwe mu bizamini byibandwaho iyi ikinyabiziga kigiye gukorerwa isuzuma rizwi nka ‘Controle technique’, ni ukugenzura uburyo bw’imikorere ya feri yacyo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + ten =

Previous Post

Menya umubare w’aba mbere bamaze kwiyandikisha ngo bazahabwe Indangamuntu-Koranabuhanga y’u Rwanda

Next Post

Hatewe intambwe yo kurandura umuco wo kudahana mu bice byabohojwe AFC/M23

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatewe intambwe yo kurandura umuco wo kudahana mu bice byabohojwe AFC/M23

Hatewe intambwe yo kurandura umuco wo kudahana mu bice byabohojwe AFC/M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.