• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Haravugwa iki ku biganiro by’imishyikirano bya AFC/M23 na Leta ya Congo byari byajemo imbogamizi

radiotv10by radiotv10
27/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Haravugwa iki ku biganiro by’imishyikirano bya AFC/M23 na Leta ya Congo byari byajemo imbogamizi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Qatar yatangaje ko yakiriye intumwa zihagarariye Ihuriro AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kugira ngo impande zombi zisubukure ibiganiro by’imishyikirano bibera i Doha.

Ni ibiganiro bisubukuwe mu gihe mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bikomeje kuberamo imirwano ihanganishije izi mpande zombi.

Isubukurwa ry’ibi biganiro ryemejwe na Majed al-Ansari, Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Qatar, wavuze ko intumwa z’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa na AFC/M23 zakiriwe i Doha kugira ngo zisuzume uko hari kubahirizwa icyemezo cyo gutanga agahenge cyafashwe mu kwezi gushize.

Yagize ati “Twakiriye impande zombi hano i Doha kugira ngo ziganire ku masezerano aherutse gusinywa mu minsi ishize.”

Amahame yashyizweho umukono mu kwezi gushize, yasabaga impande zombi guhagarika imirwano ndetse no gutegura amasezerano ya nyuma yo gushyirwaho umukono.

Byari biteganyijwe ko ibiganiro byo kwemeranya ku masezerano byagombaga gutangira tariki 08 Kanama bigasoza ku ya 18 Kanama 2025, ariko aya matariki yageze ntacyo impande zombi zirageraho, aho buri ruhande rwashinjaga urundi kurenga ku mahame basinyanye.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Qatar, Ansari yavuze ko ibiganiro biriho biba ubu, bigomba no gushyiraho urwego ruzagenzura agahenge kemejwe, kimwe n’icyemezo cyo guhererekanya imfungwa hagati y’impande zombi.

Yavuze kandi ko Leta Zunze Ubumwe za America na Komisiyo y’Umuryango utabara imbabare uzwi nka Red Cross, bari gutanga umusanzu muri ibi biganiro.

Ihuriro AFC/M23 ryari riherutse gutangaza ko nubwo uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku mabwiriza basinyanye, ariko rigishyize imbere ibiganiro bigamije gushaka umuti mu nzira z’amahoro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − seven =

Previous Post

Hatewe intambwe yo kurandura umuco wo kudahana mu bice byabohojwe AFC/M23

Next Post

Amashusho: Museveni w’imyaka 80 yatunguranye imbere y’imbaga agaragaza ko agifite imbaraga

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Amashusho: Museveni w’imyaka 80 yatunguranye imbere y’imbaga agaragaza ko agifite imbaraga

Amashusho: Museveni w’imyaka 80 yatunguranye imbere y’imbaga agaragaza ko agifite imbaraga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.